• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Uganda yijeje gukurikirana urupfu rw’Umunyarwanda witabye Imana kubera iyicarubozo

Uganda yijeje gukurikirana urupfu rw’Umunyarwanda witabye Imana kubera iyicarubozo

Ubwanditsi 19 Sep 2019 Mu Mahanga, POLITIKI

Minisitiri w’Ubutabera akaba n’intumwa nkuru ya Leta, Busingye Johnston, yavuze ko akomeje gukurikiranira hafi ubusabe u Rwanda ruheruka guha Uganda, bwo gukora iperereza ku rupfu rw’umunyarwanda uheruka kwitaba Imana, nyuma yo gukorerwa iyicarubozo muri kasho za Uganda.

Mu ibaruwa yanditswe ku wa 11 Nzeri igenewe intumwa nkuru ya leta ya Uganda, William Byaruhanga, Minisitiri Busingye yavuze ko Hategekimana Silas w’imyaka 43 yapfuye kandi ibimenyetso bikagaragaza ko yazize iyicarubozo yakorewe ubwo “yari afunzwe binyuranyije n’amategeko.”

Hategekimana yafashwe ku wa 25 Gicurasi 2019 n’inzego z’umutekano za Uganda, nyuma y’igihe ari muri kasho, aza kujugunywa ku mupaka wa Kagitumba ku wa 12 Kamena.

Isuzumwa yakorewe nyuma yo gushiramo umwuka ryerekanye ko yagize ikibazo cyo “kuvunika urubavu no kwangirika ibihaha.”

Mu gihe yari afunzwe, nyakwigendera ntiyigeze agezwa imbere y’urukiko ngo amenyeshwe ibyaha aregwa cyangwa ngo yemererwe gushaka umunyamategeko, gusurwa n’umuryango we cyangwa intumwa z’u Rwanda muri Uganda.

Nyuma yo kurekurwa nibwo uburibwe bwakomeje kwiyongera kuri Hategekimana, birangira yitabye Imana ku wa 31 Kanama. Raporo y’isuzuma yasinyweho n’abaganga b’inzobere batanu, igaragaza ko urupfu rwa Hategekimana atari ‘urusanzwe’, ko rwatewe no gukubitwa cyane mu gituza no mu nda.

Minisitiri Busingye yabwiye The New Times ko iki kibazo yakiganiriyeho na William Byaruhanga, wari i Kigali ku wa Mbere mu itsinda rya Guverinoma ya Uganda, mu biganiro bigamije kuzahura umwuka mubi umaze iminsi hagati y’ibihugu byombi.

Yagize ati “Yambwiye ko yagize icyo akora ku buryo yabimenyesheje inzego zirebwa kandi anyizeza ko amaperereza azakorwa akazampa igisubizo. Namuhaye amakuru menshi, namwoherereje raporo yakozwe nyuma yo Kwitaba Imana muha n’ibimenyetso nyakwigendera yaduhaye mbere yo gupfa.”

“Namubwiye ko numva ko Guverinoma ya Uganda ifite inshingano zo gukurikirana urupfu rwe. Yemeranyije nanjye kandi anyizeza ko azakurikirana ko bikorwa.”

Busingye yavuze ko na mbere y’uko inama ihuza komisiyo ihuriweho y’u Rwanda na Uganda iteganya guhurira i Kampala nyuma y’iminsi 30 iri imbere ibaho, azakomeza gukurikirana iki kibazo.

Hashize imyaka ibiri Abanyarwanda bakorera ingendo muri Uganda batabwa muri yombi, bagakorerwa ibikorwa by’iyicarubozo biviramo bamwe kuba ibisenzegeri, abandi bakabura ubuzima bwabo.

Ku wa 12 Nzeri 2019 Abanyarwanda 32 barimo abapasiteri 24 ba ADEPR mu rurembo rwa Uganda, abacungamutungo batatu n’umwarimu umwe n’abandi bane bari bafungiye muri iki gihugu bagejejwe ku mupaka wa Kagitumba.

Abayobozi ba ADEPR ngo batangiye guhigwa muri Gashyantare, aho ngo abayobozi ba Uganda bavugaga ko batifuza iri torero mu gihugu cyabo.

2019-09-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umukuru w’Ingabo za Kongo Lt Gen. Tshiwewe yabonanye n’abayobozi b’imitwe yitwaje intwaro harimo na FDLR ngo bategure igitero simusiga kuri M23

Umukuru w’Ingabo za Kongo Lt Gen. Tshiwewe yabonanye n’abayobozi b’imitwe yitwaje intwaro harimo na FDLR ngo bategure igitero simusiga kuri M23

Ubwanditsi 16 Jan 2023
Perezida Kagame yagejeje ijambo ku nteko rusange ya Loni

Perezida Kagame yagejeje ijambo ku nteko rusange ya Loni

Ubwanditsi 23 Sep 2016
Perezida Kagame mu bayobozi bo muri Afurika bakurikirwa n’abantu benshi kuri instagram

Perezida Kagame mu bayobozi bo muri Afurika bakurikirwa n’abantu benshi kuri instagram

Ubwanditsi 11 Dec 2018
Polisi y’u Rwanda yashyikirije moto yibwe muri Uganda ba nyirayo

Polisi y’u Rwanda yashyikirije moto yibwe muri Uganda ba nyirayo

Ubwanditsi 20 Apr 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyanza: Polisi ifunze umugabo ukekwaho kwiyita umukozi wa WASAC
Mu Rwanda

Nyanza: Polisi ifunze umugabo ukekwaho kwiyita umukozi wa WASAC

Ubwanditsi 30 Sep 2017
Rulindo:Polisi y’U rwanda mu gikorwa cyo kubungabunga no kurengera ibidukikje
Mu Mahanga

Rulindo:Polisi y’U rwanda mu gikorwa cyo kubungabunga no kurengera ibidukikje

Ubwanditsi 16 Nov 2016
Kizito Mihigo yitabye Urukiko rw’Ikirenga
INKURU NYAMUKURU

Kizito Mihigo yitabye Urukiko rw’Ikirenga

Ubwanditsi 14 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru