• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Uganda yijeje gukurikirana urupfu rw’Umunyarwanda witabye Imana kubera iyicarubozo

Uganda yijeje gukurikirana urupfu rw’Umunyarwanda witabye Imana kubera iyicarubozo

Ubwanditsi 19 Sep 2019 Mu Mahanga, POLITIKI

Minisitiri w’Ubutabera akaba n’intumwa nkuru ya Leta, Busingye Johnston, yavuze ko akomeje gukurikiranira hafi ubusabe u Rwanda ruheruka guha Uganda, bwo gukora iperereza ku rupfu rw’umunyarwanda uheruka kwitaba Imana, nyuma yo gukorerwa iyicarubozo muri kasho za Uganda.

Mu ibaruwa yanditswe ku wa 11 Nzeri igenewe intumwa nkuru ya leta ya Uganda, William Byaruhanga, Minisitiri Busingye yavuze ko Hategekimana Silas w’imyaka 43 yapfuye kandi ibimenyetso bikagaragaza ko yazize iyicarubozo yakorewe ubwo “yari afunzwe binyuranyije n’amategeko.”

Hategekimana yafashwe ku wa 25 Gicurasi 2019 n’inzego z’umutekano za Uganda, nyuma y’igihe ari muri kasho, aza kujugunywa ku mupaka wa Kagitumba ku wa 12 Kamena.

Isuzumwa yakorewe nyuma yo gushiramo umwuka ryerekanye ko yagize ikibazo cyo “kuvunika urubavu no kwangirika ibihaha.”

Mu gihe yari afunzwe, nyakwigendera ntiyigeze agezwa imbere y’urukiko ngo amenyeshwe ibyaha aregwa cyangwa ngo yemererwe gushaka umunyamategeko, gusurwa n’umuryango we cyangwa intumwa z’u Rwanda muri Uganda.

Nyuma yo kurekurwa nibwo uburibwe bwakomeje kwiyongera kuri Hategekimana, birangira yitabye Imana ku wa 31 Kanama. Raporo y’isuzuma yasinyweho n’abaganga b’inzobere batanu, igaragaza ko urupfu rwa Hategekimana atari ‘urusanzwe’, ko rwatewe no gukubitwa cyane mu gituza no mu nda.

Minisitiri Busingye yabwiye The New Times ko iki kibazo yakiganiriyeho na William Byaruhanga, wari i Kigali ku wa Mbere mu itsinda rya Guverinoma ya Uganda, mu biganiro bigamije kuzahura umwuka mubi umaze iminsi hagati y’ibihugu byombi.

Yagize ati “Yambwiye ko yagize icyo akora ku buryo yabimenyesheje inzego zirebwa kandi anyizeza ko amaperereza azakorwa akazampa igisubizo. Namuhaye amakuru menshi, namwoherereje raporo yakozwe nyuma yo Kwitaba Imana muha n’ibimenyetso nyakwigendera yaduhaye mbere yo gupfa.”

“Namubwiye ko numva ko Guverinoma ya Uganda ifite inshingano zo gukurikirana urupfu rwe. Yemeranyije nanjye kandi anyizeza ko azakurikirana ko bikorwa.”

Busingye yavuze ko na mbere y’uko inama ihuza komisiyo ihuriweho y’u Rwanda na Uganda iteganya guhurira i Kampala nyuma y’iminsi 30 iri imbere ibaho, azakomeza gukurikirana iki kibazo.

Hashize imyaka ibiri Abanyarwanda bakorera ingendo muri Uganda batabwa muri yombi, bagakorerwa ibikorwa by’iyicarubozo biviramo bamwe kuba ibisenzegeri, abandi bakabura ubuzima bwabo.

Ku wa 12 Nzeri 2019 Abanyarwanda 32 barimo abapasiteri 24 ba ADEPR mu rurembo rwa Uganda, abacungamutungo batatu n’umwarimu umwe n’abandi bane bari bafungiye muri iki gihugu bagejejwe ku mupaka wa Kagitumba.

Abayobozi ba ADEPR ngo batangiye guhigwa muri Gashyantare, aho ngo abayobozi ba Uganda bavugaga ko batifuza iri torero mu gihugu cyabo.

2019-09-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Intumwa ya Perezida Kagame Gen ( Rtd) James Kabarebe Yakiriwe na Dr Samoei Ruto

Intumwa ya Perezida Kagame Gen ( Rtd) James Kabarebe Yakiriwe na Dr Samoei Ruto

Ubwanditsi 17 Jul 2025
Ntabwo twagarura abo twatakaje, ariko dufite ubushobozi bwo kurinda ibyagezweho – Kagame

Ntabwo twagarura abo twatakaje, ariko dufite ubushobozi bwo kurinda ibyagezweho – Kagame

Ubwanditsi 12 Apr 2016
I Bethlehem hubatswe urukuta rushushanyijeho Trump na Netanyahu basomana

I Bethlehem hubatswe urukuta rushushanyijeho Trump na Netanyahu basomana

Ubwanditsi 30 Oct 2017
Obed Katurebe mu gihome kubera ibikorwa bye byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda afatanyije na Kayumba Nyamwasa

Obed Katurebe mu gihome kubera ibikorwa bye byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda afatanyije na Kayumba Nyamwasa

Ubwanditsi 07 Jul 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burera: Abayobozi mu Karere na Sembagare wahoze akayobora batawe muri yombi
ITOHOZA

Burera: Abayobozi mu Karere na Sembagare wahoze akayobora batawe muri yombi

Ubwanditsi 06 Jun 2018
‘Bukeye kubera ko yaje kuba iturufu n’igishoro kimeze nk’icy’ubucuruzi ku butegetsi buriho’, barabihindura ‘bati oya ni Jenoside gusa”  -Padiri Nahimana
Mu Mahanga

‘Bukeye kubera ko yaje kuba iturufu n’igishoro kimeze nk’icy’ubucuruzi ku butegetsi buriho’, barabihindura ‘bati oya ni Jenoside gusa” -Padiri Nahimana

Ubwanditsi 22 Nov 2016
Ababiligi bakuriye inzira k’umurima Jambo asbl yashakaga guhakanira Genocide yakorewe Abatutsi mu nteko nshingamategeko yabo
INKURU NYAMUKURU

Ababiligi bakuriye inzira k’umurima Jambo asbl yashakaga guhakanira Genocide yakorewe Abatutsi mu nteko nshingamategeko yabo

Ubwanditsi 22 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru