• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Impamvu abari ingabo za Kayumba Nyamwasa , Maj. (Rtd) Mudhatiru n’abo bareganwa badashobora gukurikiranwa bidegembya

Impamvu abari ingabo za Kayumba Nyamwasa , Maj. (Rtd) Mudhatiru n’abo bareganwa badashobora gukurikiranwa bidegembya

Ubwanditsi 29 Oct 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Kuba batagira aderesi zizwi babarizwaho mu Rwanda, kuba bashinjwa ibyaha bikomeye, ni bimwe mu mpamvu abacamanza bayobowe na Lt. Col. Charles Asiimwe Madudu, bashingiyeho kuri uyu wa Mbere, banga ko abantu 25 bakurikiranweho gukorana n’imitwe y’iterabwoba ya RNC na P5.

Urukiko rwa Gisirikare rwa Nyamirambo rukaba rwategetse ko aba bafungwa iminsi 30 mu gihe hategerejwe urubanza rwabo. Abakekwa bakaba barimo n’abanyamahanga bakomoka muri Uganda, u Burundi, na Malawi, bakaba barafatiwe muri Repubulika iharanira Demokarsai ya Congo aho bitorezaga banategura gutera u Rwanda.

Bose bashinjwa kurema cyangwa kwifatanya n’imitwe yitwaje ibirwanisho itemewe, kugambirira kugirira nabi guverinoma iriho, cyangwa Perezida wa Repubulika, kugirana imibanire na guverinoma y’amahanga hagamijwe gushoza intambara, no kurema cyangwa kwifatanya n’umutwe w’abagizi ba nabi.

Abucamanza bushyigikira impamvu zatanzwe n’ubushinjacyaha busaba ko abakekwa bakurikiranwa bafunze, bavuga ko hari impamvu zituma bizera ko abakekwa bishoye mu bikorwa by’ubugambanyi bigamije guhungabanya umutekano w’igihugu cyangwa kugirira nabi ubuyobozi bwacyo cyangwa guverinoma, bikaba bituma ibyaha bashinjwa biba ibyaha bikomeye bitatuma bemererwa gukurikirnwa bidegembya.

Abacamanza basanze kuba abashinjwa bariyemereye ibyo bashinjwa kandi bakemeza ko bari mu mitwe yitwaje ibirwanisho igamije guhungabanya igihugu, bihagije kutemererwa  gukurikiranwa badafunze hashingiye ku kuba kugeza ubwo bafatwaga, batari barigeze bagerageza kwitandukanya n’imitwe bari barimo ku bushake.

Bati: “Usibye Maj. (Rtd) Mudhatiru, abandi bavuga ko bari barasezeranyijwe ibintu byinshi n’ababinjije mu nyeshyamba, ariko iyo ntabwo ari impamvu ihagije kubera ko nta n’umwe muri bo wagerageje gucika P5.”Mu gihe abandi bose basanzwe nta mibanire bigeze bagirana na guverinoma y’amahanga hagamijwe gushoza intambara, Maj. (Rtd) Mudhatiru, wari warasezerewe mu gisirikare cy’u Rwanda (RDF) mu 2013, we aziregura kuri iki cyaha ubwo urubanza ruzasubukurwa.

Nk’uko byumvikanye basomerwa ibyaha bashinjwa, Mudhatiru yagendaga muri Uganda, mu Burundi no muri Congo ariko anabonana n’abo muri RNC ndetse na bamwe mu bashinzwe umutekano muri Uganda no mu Burundi bigira icyaha cyo kugambana n’igihugu cy’amahanga hagamijwe guhungabanya ikindi gihugu cyigenga.

Urukiko rukaba rwarasanze abashinjwa bagomba gukomeza gufungwa kugeza urubanza rutangiye mu mizi hashingiwe ko barekuwe bashobora gucika igihugu n’ubutabera.

Urukiko rwanavuze ko Maj. (Rtd) Mudhatiru ubwe yemeje iyo mibanire n’ibyo bihugu ariko asaba urukiko kuzamuha igihano cyoroheje hagendewe ku burwayi afite no kuba yiteguye kugororwa.

Abacamanza ariko bavuze ko abashinjwa bose mu buryo bumwe cyangwa ubundi hari aho bahuriye n’ibikorwa bya P5, kubw’ibyo bakaba bagomba kuburanishwa ku ruhare rwabo, nubwo baba barabyemeye.

Abacamanza bateye utwatsi kuba abashinjwa barahawe amasezerano y’ibinyoma, na RNC n’ibihugu byaboroherezaga nk’u Burundi na Uganda bo batabizi, bavuga ko kuba ntacyo bakoze ngo bave muri iyo mitwe kugeza ubwo bajya mu myitozo, ari ikimenyetso cy’ibyo bakurikiranweho.

Urukiko kandi rwasanze nta n’umwe ukwiriye  gukurikiranwa adafunze kubera uburemere bw’ibyaha  bashinjwa, byose bifite ibihano biri hejuru y’imyaka ibiri y’igifungo.

Ubusanzwe amategeko ateganya ko icyaha gihanishwa imyaka iri munsi y’ibiri gishobora gutuma uhita uhabwa uburenganzira bwo gukurikiranwa udafunze, mu gihe iyo birenze imyaka ibiri haba hagomba gukurikizwa ubushishozi bw’abacamanza.

Ku ruhande rwe, Maj. (Rtd) Mudhatiru ntiyigeze agira icyo arenzaho ku cyemezo cy’abacamanza ahubwo yashimiye minisiteri y’ingabo y’u Rwanda, kubera ukuntu bafashwe kimuntu aho bafungiye muri gereza ya gisirikare. Yavuze ko kuva bagera mu Rwanda batigeze bakorerwa iyicarubozo cyangwa ngo bimwe uburenganzira bwabo bw’ibanze.

Ati: “Mu bindi bihugu, iyo wamaze kumenyekana nk’umwanzi w’igihugu, ntabwo uba witeze gufatwa neza uko ari ko kwose ariko aho dufungiye na serivisi tubasha kubona, ndashaka gushima ubuyobozi bw’ingabo na perezida wa repubulika ku kudufata kimuntu hatitawe ku bikorwa byacu”.

Uyu wakomerekeye mu mirwano hagati y’inyeshyamba n’ingabo za leta mu burasirazuba bwa Congo, akaba agendera ku mbago, yageze mu rukiko afashijwe n’abasirikare batatu bo muri Military Police bamusindagizaga banamutwikiriye ngo atanyagirwa.

Mudhatiru yanemeje ko arimo aravurwa akaguru ke kangiritse. Abacamanza bakaba bategetse ko aba 25 bakomeza gukurikiranwa bafunze mu gihe iperereza rikomeje ngo batazacika ubutabera kuko nta aderesi zizwi bafite mu Rwanda.

Mudhatiru ufatwa nk’uwari ushinzwe kwinjiza abandi mu nyeshyamba kandi azakurikiranwaho ibindi byaha bibiri yihariye bitandukanye n’abandi basore bato bari basezeranyijwe ijuru nibamara gukuraho guverinoma y’u Rwanda. Bakaba baratawe muri yombi bava muri Kivu y’Amajyepfo bajya muri Kivu y’Amajyaruguru aho bateguriraga gutera u Rwanda.

Bose bari muri P5, ihuriro rigizwe n’amashyaka atandukanye atavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda nka AMAHORO-PC, FDU-inkingi, PDP-imanzi, PS-Imberakuri na RNC.

Raporo y’impuguke za Loni muri raporo yazo mu ntangiriro z’uyu mwaka yemeje ko iri huriro ribaho, ndetse Umunyamabanga Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, Col. Jeannot Ruhunga, yemeje ko ibitero biherutse kugabwa I Musanze na Burera bifite aho bihuriye na P5.

Src: Ktpress

2019-10-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nta munyarwanda wemerewe kwambuka umupaka ngo ajye muri Uganda abafungiyeyo bakorerwa iyicarubozo batarafungurwa

Nta munyarwanda wemerewe kwambuka umupaka ngo ajye muri Uganda abafungiyeyo bakorerwa iyicarubozo batarafungurwa

Ubwanditsi 22 Aug 2019
Urwango Kampala ifitiye uRwanda rukomeje kugira ingaruka ku bucuruzi bwa Uganda

Urwango Kampala ifitiye uRwanda rukomeje kugira ingaruka ku bucuruzi bwa Uganda

Ubwanditsi 02 Sep 2019
Urupfu rwa Sendashonga  na Col. Rizinde nk’intandaro y’amakimbirane hagati y’u Rwanda na Uganda

Urupfu rwa Sendashonga  na Col. Rizinde nk’intandaro y’amakimbirane hagati y’u Rwanda na Uganda

Ubwanditsi 10 Mar 2019
Misiri: Perezida Kagame mu bazayobora inama ku kwihangira imirimo mu rubyiruko

Misiri: Perezida Kagame mu bazayobora inama ku kwihangira imirimo mu rubyiruko

Ubwanditsi 09 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yashimye intambwe imaze guterwa mu mubano wa Afurika n’u Burayi
UBUKUNGU

Perezida Kagame yashimye intambwe imaze guterwa mu mubano wa Afurika n’u Burayi

Ubwanditsi 18 Dec 2018
Amavubi yaguye miswi na Benin ku mukino wa kane wo mu itsinda L wogushaka itike y’igikombe cya Afurika 2023
Amakuru

Amavubi yaguye miswi na Benin ku mukino wa kane wo mu itsinda L wogushaka itike y’igikombe cya Afurika 2023

Ubwanditsi 29 Mar 2023
Ishyaka DGPR rirasaba Leta y’u Rwanda  guhagarika abakora ibikorwa bigira ingaruka mbi kubidukikije
POLITIKI

Ishyaka DGPR rirasaba Leta y’u Rwanda guhagarika abakora ibikorwa bigira ingaruka mbi kubidukikije

Ubwanditsi 05 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru