• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Kagame yavuze ko Abanyarwanda bagomba kumva ko umutekano wabo urinzwe, kandi usesuye

Perezida Kagame yavuze ko Abanyarwanda bagomba kumva ko umutekano wabo urinzwe, kandi usesuye

Editorial 08 Nov 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Perezida Paul Kagame yagarutse ku mpamvu Minisiteri y’Umutekano yaherukaga kuvaho yasubijweho, ashimangira ko bitewe n’aho ibihe bigeze, aba ari ngombwa gufata ingamba bitewe n’ikibazo gihari cyangwa intego igihugu gifite.

Kuri uyu wa Gatanu nibwo Perezida Kagame yagiranye ikiganiro n’abanyamakuru, agaruka ku ngingo zitandukanye zireba ubuzima bw’igihugu.

Yakomoje ku mpamvu Minisiteri y’Umutekano yavanyweho mu 2016, isubizwamo mu mavugurura yakozwe muri Guverinoma muri uku kwezi, ndetse igaruka itandukanye n’iya mbere, kuko iyi minisiteri yahawe General Patrick Nyamvumba, wari umaze igihe ari Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda.

Yagize ati “Hariho ibintu bimwe unakora kubera ko hari impamvu zabyo cyangwa hari kibazo ushaka gukemura. Wagera ahantu bitewe n’ibyagiye biba ukaba wanavuga uti ibi ntabwo bikiri ngombwa, reka noneho tunagabanye n’icyo bidutwara ku kiguzi, nyuma yaho hashira igihe ukaza kubona uti hari ikintu gishya cyabaye cyangwa gishya kiriho, bikaba ngombwa ko, cyangwa, ibyo nibwiraga nshaka kugabanya nko ku kiguzi ntabwo nabibonye uko bikwiriye, ibyo nibyo bituma umuntu ashobora gusubira ku kintu kimwe cyangwa ikindi.”

Yahise anakomoza kuri Minisiteri y’Ibikorwa remezo yahoranye Minisitiri n’abanyamabanga ba leta babiri, ariko ubu isigaranye Minisitiri gusa.

Yavuze ko umuntu yanashyiramo abanyamabanga ba leta batatu cyangwa umwe, bitewe n’uko umuntu ateye cyangwa uko imirimo iteye.

Yakomeje ati “Iteka ugenda ureba igihe ugezemo, icyo ushaka, icyo bigusaba, ugahindura uburyo n’imikorere. N’ubu ngubu tuvuge nk’ibi by’umutekano mu gihugu cyangwa iki, bishobora kuba bitewe n’ibi tubona mu karere hose n’iki, ariko bitugiraho ingaruka. Ushobora kuvuga uti uwakongera imbaraga byafasha. Niho bigenda biva.”

Perezida Kagame yavuze ko Abanyarwanda bagomba kumva ko umutekano wabo urinzwe, kandi usesuye, ndetse ko ari umutekano urambye.

Yakomeje ati “Ariko nyine hari n’iyo mitwe, ni ibintu bizwi ntabwo ari ibanga, ariko ukuri ko ni ukuri nta kundi kuri kwa gatatu, ni uko nibwira ko igihugu umutekano wacyo ushingiye ku baturage kubera ko buri wese akeneye n’uwo mutekano, noneho n’izindi nzego zirebana n’umutekano, ubushake zifite, ubushobozi zifite, nibyo umutekano w’igihugu uzahora hari abawugerageza, ariko ntabwo nizera ko hari icyo byahindura.’’

Yakomoje ku bantu bari mu nkiko bafatiwe mu bikorwa byo guhungabanya umutekano w’igihugu, ashimangira ko ari ikimenyetso gikomeye cy’imbaraga igihugu gifite zigomba guha umutekano abaturage bacyo.

Src: IGIHE

2019-11-08
Editorial

IZINDI NKURU

Burundi : Imbonerakure  n’Interahamwe  nyinshi zambaye gisilikare zashyizwe ku mipaka y’u Burundi n’u Rwanda

Burundi : Imbonerakure n’Interahamwe nyinshi zambaye gisilikare zashyizwe ku mipaka y’u Burundi n’u Rwanda

Editorial 07 Mar 2018
Umurambo w’Umunyarwanda warasiwe i Nyagatare yambukana Magendu ukajyanwa muri Uganda wagaruwe mu Rwanda [ Yavuguruwe ]

Umurambo w’Umunyarwanda warasiwe i Nyagatare yambukana Magendu ukajyanwa muri Uganda wagaruwe mu Rwanda [ Yavuguruwe ]

Editorial 27 May 2019
Nyuma y’aho bamwihakaniye umunyapolitiki Chemisa yazanye ibigaragaza ko aziranye na perezida Kagame

Nyuma y’aho bamwihakaniye umunyapolitiki Chemisa yazanye ibigaragaza ko aziranye na perezida Kagame

Editorial 31 May 2018
Gatebuke Claude n’Ibinyoma ku Mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi agamije kuyihakana

Gatebuke Claude n’Ibinyoma ku Mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi agamije kuyihakana

Editorial 09 Sep 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Name Change Request
KWAMAMAZA

Name Change Request

Editorial 09 Oct 2023
Kiziba : Impunzi 23 z’Abanye-Congo zatawe muri yombi
INKURU NYAMUKURU

Kiziba : Impunzi 23 z’Abanye-Congo zatawe muri yombi

Editorial 02 May 2018
Miss Kundwa Doriane yanenzwe kwipfumuza izuru
Mu Rwanda

Miss Kundwa Doriane yanenzwe kwipfumuza izuru

Editorial 16 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru