• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Kagame yavuze ko Abanyarwanda bagomba kumva ko umutekano wabo urinzwe, kandi usesuye

Perezida Kagame yavuze ko Abanyarwanda bagomba kumva ko umutekano wabo urinzwe, kandi usesuye

Ubwanditsi 08 Nov 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Perezida Paul Kagame yagarutse ku mpamvu Minisiteri y’Umutekano yaherukaga kuvaho yasubijweho, ashimangira ko bitewe n’aho ibihe bigeze, aba ari ngombwa gufata ingamba bitewe n’ikibazo gihari cyangwa intego igihugu gifite.

Kuri uyu wa Gatanu nibwo Perezida Kagame yagiranye ikiganiro n’abanyamakuru, agaruka ku ngingo zitandukanye zireba ubuzima bw’igihugu.

Yakomoje ku mpamvu Minisiteri y’Umutekano yavanyweho mu 2016, isubizwamo mu mavugurura yakozwe muri Guverinoma muri uku kwezi, ndetse igaruka itandukanye n’iya mbere, kuko iyi minisiteri yahawe General Patrick Nyamvumba, wari umaze igihe ari Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda.

Yagize ati “Hariho ibintu bimwe unakora kubera ko hari impamvu zabyo cyangwa hari kibazo ushaka gukemura. Wagera ahantu bitewe n’ibyagiye biba ukaba wanavuga uti ibi ntabwo bikiri ngombwa, reka noneho tunagabanye n’icyo bidutwara ku kiguzi, nyuma yaho hashira igihe ukaza kubona uti hari ikintu gishya cyabaye cyangwa gishya kiriho, bikaba ngombwa ko, cyangwa, ibyo nibwiraga nshaka kugabanya nko ku kiguzi ntabwo nabibonye uko bikwiriye, ibyo nibyo bituma umuntu ashobora gusubira ku kintu kimwe cyangwa ikindi.”

Yahise anakomoza kuri Minisiteri y’Ibikorwa remezo yahoranye Minisitiri n’abanyamabanga ba leta babiri, ariko ubu isigaranye Minisitiri gusa.

Yavuze ko umuntu yanashyiramo abanyamabanga ba leta batatu cyangwa umwe, bitewe n’uko umuntu ateye cyangwa uko imirimo iteye.

Yakomeje ati “Iteka ugenda ureba igihe ugezemo, icyo ushaka, icyo bigusaba, ugahindura uburyo n’imikorere. N’ubu ngubu tuvuge nk’ibi by’umutekano mu gihugu cyangwa iki, bishobora kuba bitewe n’ibi tubona mu karere hose n’iki, ariko bitugiraho ingaruka. Ushobora kuvuga uti uwakongera imbaraga byafasha. Niho bigenda biva.”

Perezida Kagame yavuze ko Abanyarwanda bagomba kumva ko umutekano wabo urinzwe, kandi usesuye, ndetse ko ari umutekano urambye.

Yakomeje ati “Ariko nyine hari n’iyo mitwe, ni ibintu bizwi ntabwo ari ibanga, ariko ukuri ko ni ukuri nta kundi kuri kwa gatatu, ni uko nibwira ko igihugu umutekano wacyo ushingiye ku baturage kubera ko buri wese akeneye n’uwo mutekano, noneho n’izindi nzego zirebana n’umutekano, ubushake zifite, ubushobozi zifite, nibyo umutekano w’igihugu uzahora hari abawugerageza, ariko ntabwo nizera ko hari icyo byahindura.’’

Yakomoje ku bantu bari mu nkiko bafatiwe mu bikorwa byo guhungabanya umutekano w’igihugu, ashimangira ko ari ikimenyetso gikomeye cy’imbaraga igihugu gifite zigomba guha umutekano abaturage bacyo.

Src: IGIHE

2019-11-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gucika ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi, kuba waragize uruhare mu kuyihagarika, warangiza ukifatanya nabayiteguye bakanayishyira mu bikorwa, ni ugutatira igihango kandi gihana kihanukiriye

Gucika ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi, kuba waragize uruhare mu kuyihagarika, warangiza ukifatanya nabayiteguye bakanayishyira mu bikorwa, ni ugutatira igihango kandi gihana kihanukiriye

Ubwanditsi 06 Apr 2021
Urukiko Rukuru rwa Gisirikari rwakatiye Maj. (Rtd) Habibu Mudathiru igifungo cy’imyaka 25

Urukiko Rukuru rwa Gisirikari rwakatiye Maj. (Rtd) Habibu Mudathiru igifungo cy’imyaka 25

Ubwanditsi 26 Mar 2021
Inama y’Abakuru b’Ibihugu bya EAC yongeye gusubikwa

Inama y’Abakuru b’Ibihugu bya EAC yongeye gusubikwa

Ubwanditsi 20 Dec 2018
Perezida Kagame yasubije ibibazo binyuranye mu kiganiro yagiranye na RBA aho yagarutse ku ifatwa rya Kabuga, Rusesabagina n’ibindi

Perezida Kagame yasubije ibibazo binyuranye mu kiganiro yagiranye na RBA aho yagarutse ku ifatwa rya Kabuga, Rusesabagina n’ibindi

Ubwanditsi 07 Sep 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Judi Rever yajyanye mu nkiko inzu y’ubwanditsi yanze gusohora igitabo cye gipfobya Jenoside
HIRYA NO HINO

Judi Rever yajyanye mu nkiko inzu y’ubwanditsi yanze gusohora igitabo cye gipfobya Jenoside

Ubwanditsi 25 May 2019
Burundi: Abanyarwanda babiri batawe muri yombi n’inzego z’iperereza [ SNR ]
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Abanyarwanda babiri batawe muri yombi n’inzego z’iperereza [ SNR ]

Ubwanditsi 29 Oct 2018
Kwanga gufungurirana ikirere muri Afurika ni ukureba hafi -Perezida Kagame
UBUKERARUGENDO

Kwanga gufungurirana ikirere muri Afurika ni ukureba hafi -Perezida Kagame

Ubwanditsi 27 Feb 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru