• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

  • Bayaherewe mu Rwambariro, Rayon Sports yakiriye amafaranga nyuma yo gushimangira umwanya wa mbere   |   09 May 2025

  • Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless   |   08 May 2025

  • Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango   |   06 May 2025

  • Eric Bagiruwusa yashinze YouTube Channel ishinzwe ubuvugizi mu gushishikariza gusubirishamo imanza z’abajenosideri n’abarwanya ubutegetsi   |   05 May 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»U Rwanda rwashyikirije Uganda imibiri y’abaturage bayo barashwe bashaka kwinjiza magendu

U Rwanda rwashyikirije Uganda imibiri y’abaturage bayo barashwe bashaka kwinjiza magendu

Editorial 12 Nov 2019 HIRYA NO HINO, Mu Rwanda

Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Mushabe David Claudien ari kumwe n’Umuyobozi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, ACP Hatari Emmanuel bashyikirije abayobozi ba Uganda imirambo y’abaturage babiri barasiwe ku butaka bw’u Rwanda ubwo bageragezaga kwinjiza magendu bahagarikwa na Polisi bagashaka kuyirwanya.

Umuhango wo guha Uganda iyi mirambo wabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 12 Ugushyingo 2019, witabirwa na Komiseri w’Akarere ka Rukiga akanaba n’Umuyobozi w’Akanama k’Umutekano muri ako gace, Muhindo Pulkeria n’Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Rukiga, Sselunjoji Edda.

Byari biteganyijwe ko uyu muhango utangira saa Yine z’amanywa ariko watangiye saa Tanu zirenga kuko habanje kurebwa niba koko iyo mirambo ari iya Job Ebyayishanga w’imyaka 32 na Bosco Tuheirwe w’imyaka 35 bombi bafite ubwenegihugu bwa Uganda.

Nyuma habayeho impaka ku rupapuro rw’ihererekanwa ry’imirambo Uganda ivuga ko ishaka urupapuro rwa Polisi rwerekana ko abo baturage barasiwe mu Rwanda nyuma y’isaha urwo rupapuro rwabonetse impande zombi zirusinyaho ubundi Uganda itwara imirambo y’abaturage bayo.

Tariki ya 9 mu rukerera rushyira iya 10 Ugushyingo 2019 nibwo abapolisi b’u Rwanda ubwo bari ku burinzi ku mupaka ugabanya u Rwanda na Uganda mu Murenge wa Tabagwe muri Nyagatare, barashe bica abagabo babiri bashatse kurwanya inzego z’umutekano ubwo bageragezaga kwinjira mu Rwanda banyuze mu nzira zitemewe, bigakekwa ko bafite magendu.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Mushabe David Claudien, yavuze ko Polisi y’u Rwanda yabanje guhagarika abo baturage bari bazanye magendu mu Rwanda banayicishije mu nzira zitemewe ngo bashaka kuyirwanya mu rwego rwo kwitabara irarasa hapfamo babiri abandi basubira inyuma ku butaka bwa Uganda.

Yakomeje avuga ko ibyabaye byasigiye impande zombi amasomo.

Ati “Kuri njye navuga ko ibyabaye hari isomo twabyigiyemo abaturage bacu yaba abo mu Rwanda na Uganda, dufite inzira zemewe n’amategeko bakwiye gucamo ariko hari bamwe batabyubahiriza dukwiye kubashishikariza kuzikoresha.”

Yasabye abayobozi ba Uganda gukomeza kugira inama abaturage babo yo gukoresha inzira zemewe n’amategeko.

Umuyobozi wari uhagarariye Akarere ka Rukiga, Muhindo Pulkeria, yashimiye Leta y’u Rwanda ku bwo kubaha imirambo y’abaturage babo.

Yagize ati “Mbere na mbere twihanganishije abaturage ba Uganda n’abaturage ba Kamwezi ku bwo kubura abahungu babo gusa turashimira Leta y’u Rwanda yaduhaye imirambo yabo mu buryo bwiza tukaba twayakiriye mu buryo buzwi, gusa ntabwo kubica wari wo mwanzuro mwiza bari gufatwa bagafungwa.”

Yakomeje avuga ko ibihugu byombi bikwiye gukomeza gushyira imbere umubano mwiza nk’ibituranyi no gushishikariza abaturage babyo guhagarika ibikorwa bya magendu.

Si ubwa mbere inzego z’umutekano zirasa abantu bakekwaho kwambukana magendu bashaka kuyinjiza mu Karere ka Nyagatare nyuma yo gushaka kuzirwanya, kuko no muri Gicurasi hari abandi babiri barimo Umunyarwanda n’Umugande barasiwe Tabagwe bashaka kurwanya abashinzwe umutekano ubwo babahagarikaga batwaye magendu.

Ubwo Uganda yashyikirizwaga imirambo y’abaturage bayo barashwe bagerageza kurwanya inzego z’umutekano

Ubwo abayobozi ku ruhande rw’u Rwanda basinyaga ku rupapuro rwemeza ko abo baturage barasiwe mu Rwanda

Abayobozi ku ruhande rwa Uganda ubwo basinyaga ko bakiriye imirambo y’abaturage babo barashwe bashaka kwinjiza magendu mu Rwanda banyuze ahatemewe

Nyuma yo guhabwa imirambo y’abaturage barasiwe mu Rwanda bashaka kwinjira binyuranyije n’amategeko, abahagarariye Uganda bahise basubira mu gihugu cyabo.
Src: igihe

2019-11-12
Editorial

IZINDI NKURU

Burundi : Imyigaragambyo yo kwamagana u Rwanda

Burundi : Imyigaragambyo yo kwamagana u Rwanda

Editorial 16 Feb 2016
Ikiganiro “Isango na Muzika” cya Radiyo Isango Star kigiye gutanga ibihembo ku nshuro ya kabiri

Ikiganiro “Isango na Muzika” cya Radiyo Isango Star kigiye gutanga ibihembo ku nshuro ya kabiri

Editorial 02 Nov 2021
Perezida Museveni aratangira uruzinduko muri Tanzania

Perezida Museveni aratangira uruzinduko muri Tanzania

Editorial 24 Feb 2017
Amafoto – Imanishimwe Emmanuel uzwi nka Mangwende ukinira ikipe ya APR FC yerekeje mu gihugu cya Maroc

Amafoto – Imanishimwe Emmanuel uzwi nka Mangwende ukinira ikipe ya APR FC yerekeje mu gihugu cya Maroc

Editorial 01 Aug 2021
Burundi : Imyigaragambyo yo kwamagana u Rwanda

Burundi : Imyigaragambyo yo kwamagana u Rwanda

Editorial 16 Feb 2016
Ikiganiro “Isango na Muzika” cya Radiyo Isango Star kigiye gutanga ibihembo ku nshuro ya kabiri

Ikiganiro “Isango na Muzika” cya Radiyo Isango Star kigiye gutanga ibihembo ku nshuro ya kabiri

Editorial 02 Nov 2021
Perezida Museveni aratangira uruzinduko muri Tanzania

Perezida Museveni aratangira uruzinduko muri Tanzania

Editorial 24 Feb 2017
Amafoto – Imanishimwe Emmanuel uzwi nka Mangwende ukinira ikipe ya APR FC yerekeje mu gihugu cya Maroc

Amafoto – Imanishimwe Emmanuel uzwi nka Mangwende ukinira ikipe ya APR FC yerekeje mu gihugu cya Maroc

Editorial 01 Aug 2021
Burundi : Imyigaragambyo yo kwamagana u Rwanda

Burundi : Imyigaragambyo yo kwamagana u Rwanda

Editorial 16 Feb 2016
Ikiganiro “Isango na Muzika” cya Radiyo Isango Star kigiye gutanga ibihembo ku nshuro ya kabiri

Ikiganiro “Isango na Muzika” cya Radiyo Isango Star kigiye gutanga ibihembo ku nshuro ya kabiri

Editorial 02 Nov 2021
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru