• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Riek Machar agiye kongera kuba Visi Perezida wa Sudani y’Epfo

Riek Machar agiye kongera kuba Visi Perezida wa Sudani y’Epfo

Ubwanditsi 09 Jul 2018 HIRYA NO HINO

Dr Riek Machar utavuga rumwe na Leta ya Sudani y’Epfo yongeye guhabwa umwanya wa Visi Perezida muri Guverinoma nshya igiye gushyirwaho nyuma y’ibiganiro bigamije kugarura amahoro muri icyo gihugu.

Machar yabaye Visi Perezida wa Perezida Salva Kiir ubwo icyo gihugu cyabonagaga ubwigenge. Bashwanye mu 2013 ubwo Kiir yashinjaga Machar gushaka kumuhirika ku butegetsi.

Mu biganiro byabereye Entebbe muri Uganda ku buhuza bwa Perezida Yoweri Museveni na Omar Al Bashir wa Sudani, hemejwe ko Sudani y’Epfo igira ba Visi Perezida bane barimo babiri bo mu mashyaka atavuga rumwe na Leta, biyongera kuri babiri bari basanzweho.

Umwanya umwe urahabwa Machar w’ishyaka SPLM-IO mu gihe hagitegerejwe undi mwanya uzahabwa umugore.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Sudani, Al-Dierdiry al-Dhikheri , yabwiye abanyamakuru i Kampala ko mu bindi by’ingenzi byemejwe harimo kongera umubare w’abagize Guverinoma ukava kuri 30 bakaba 45. Abaminisitiri 15 baziyongeraho bazava mu mashyaka atavuga rumwe na Leta, SPLM-IO ifitemo imyanya 10.

Inteko Ishinga Amategeko izaba igizwe n’imyanya 400, aho imyanya 150 izahabwa abatavuga rumwe na Leta, ishyaka SPLM-IO rya Machar rifitemo imyanya ijana, naho 50 isigaye isaranganywe andi mashyaka n’imitwe itavuga rumwe na Leta.

Machar n’abandi batavuga rumwe na Leta bemeye ibiri muri ayo masezerano, icyakora banga guhita bayasinya, bavuga ko kuri iki Cyumweru ari bwo baratangaza umwanzuro wa nyuma bamaze kubyumvikanaho neza.

Umugore wa Machar, Angelina Teny, yavuze ko abatavuga rumwe na Leta bizeye ko ayo masezerano azashyirwaho umukono mu minsi ya vuba nkuko Daily Monitor yabitangaje.

Ibiganiro birakomeza kugeza kuri uyu wa Kabiri hategurwa amasezerano azasinyirwa i Nairobi muri Kenya mu minsi mike, bishoboka ko ari mu cyumweru gitaha.

Ukutumvikana kwa Machar na Kiir kwakuruye imvururu n’imirwano mu gihugu, bituma kimwe cya gatatu cy’abaturage bava mu byabo.

2018-07-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda barabaza Perezida Museveni inyungu afite mu gushotora Rwanda

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda barabaza Perezida Museveni inyungu afite mu gushotora Rwanda

Ubwanditsi 16 Jun 2020
Ikinyamakuru The New York Times cyikomye Trump wita abanyamakuru abanzi b’abaturage

Ikinyamakuru The New York Times cyikomye Trump wita abanyamakuru abanzi b’abaturage

Ubwanditsi 30 Jul 2018
Malawi: Umunyarwanda yiyahuriye muri kasho

Malawi: Umunyarwanda yiyahuriye muri kasho

Ubwanditsi 23 Aug 2018
Leta ya Uganda yashyikirije u Rwanda umurambo w’umuturage warwo wabonetse umanitswe mu giti

Leta ya Uganda yashyikirije u Rwanda umurambo w’umuturage warwo wabonetse umanitswe mu giti

Ubwanditsi 07 Feb 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunsi wa kabiri wa shampiyona y’ikiciro cya kabiri mu bagabo usize amakipe nka Kirehe FC, Amagaju FC na Sunrise FC zitwaye neza naho AS Muhanga yatakarije i Kigali
Amakuru

Umunsi wa kabiri wa shampiyona y’ikiciro cya kabiri mu bagabo usize amakipe nka Kirehe FC, Amagaju FC na Sunrise FC zitwaye neza naho AS Muhanga yatakarije i Kigali

Ubwanditsi 08 Nov 2021
Rwanda -Uganda: U Rwanda nk’akandi karere ka Uganda na RDF nka Diviziyo ya UPDF  [ Igice 3 ]
POLITIKI

Rwanda -Uganda: U Rwanda nk’akandi karere ka Uganda na RDF nka Diviziyo ya UPDF [ Igice 3 ]

Ubwanditsi 23 May 2019
Uganda: Abadepite bashyigikiye kuvugurura itegeko nshinga bahawe abarinzi barinda perezida
POLITIKI

Uganda: Abadepite bashyigikiye kuvugurura itegeko nshinga bahawe abarinzi barinda perezida

Ubwanditsi 20 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru