• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Intambara y’amagambo hagati ya Museveni na Kadaga bapfa amafaranga y’umurengera yiswe ko ari ayo kurwanya COVID19
Perezida Museveni n'Umukuru w'Inteko ishinga amategeko Kadaga

Intambara y’amagambo hagati ya Museveni na Kadaga bapfa amafaranga y’umurengera yiswe ko ari ayo kurwanya COVID19

Editorial 01 May 2020 INKURU NYAMUKURU

Isi yose yugarijwe n’icyorezo cya Virus ya Corona izwi nka COVID19, aho ibikorwa bitandukanye by’ubukungu byahagaze kurugero rwa 100% mu bihugu bimwe na bimwe, hamwe abaturage bagiye bagatungwa na Leta, abayobozi bakitanga mu bushobozi bwabo; ariko ntabwo ariko bimeze mu gihugu cya Uganda kuko wari umwanya w’inzego zitandukanye  uhereye ku Inteko Ishinga Amategeko iyobowe na Rebecca Kadaga wo kwigizwaho umutungo aho yemeje ko buri mu Depite muri Uganda ahabwa miliyoni 20 z’amashilingi naho ingano rusange yiyo ngengo y’imari ikaba miliyari zisaga 300.

Ibintu byaje gusakuza ubwo byagaragaye ko hari amafaranga menshi asaguka nyuma yo gukuba miliyoni 20 n’umubare w’abagize Inteko ishinga Amategeko ariko ntagaragazwe aho yagiye, akaba agera kuri miliyari 6 z’amashiringi. Nyuma yuko amafaranga agereye kuri kompti z’abadepite Perezida Museveni yavuzeko ayo mafaranga yohererezwa mu turere abo badepite bakomokamo ariko Umukuru w’Inteko ishinga amategeko Rebecca Kadaga nawe ararahira avugako ayo mafaranga atazahabwa uturere ahubwo abadepite be bazayakoresha. Yagize ati “kuki mureba amafaranga yahawe Inteko ishinga Amategeko gusa kandi namwe mwese mwarihaye amafaranga yo kurwanya COVID19? Ibi rwose ni ibikorwa bigamije kurwanya ndetse nokubangamira  ubutegetsi nshingamategeko ubusanzwe bwigenga”

Ibintu byaje gusubira urudubi ubwo Perezida Museveni yakoresheje umudepite witwa Gerald Karuhanga uhagarariye Akarere ka Ntungamo wasabye inteko (Petition) ko amafaranga bahawe bayasubiza; ibyo byatumye Perezida w’Urukiko rw’ikirenga Michael Elubu  abona nuko asaba Inteko kumva ubusabe bagasubiza amafaranga.

Kadaga ariko nawe ntiyacecetse yibukije abayobozi muri Uganda guha amahoro Inteko ishinga Amategeko abibutsa ko ibigo bitandukanye byagiye bifata amafaranga kandi bidafite umubare munini w’abayagenewe nk’Inteko ishinga Amategeko. Yagize ati “Ibiro bya Minisitiri w’intebe byahawe miliyari 59, Minisitiri w’ubuzima ihabwa miliyari 94, Minisiteri y’itumanaho ihabwa miliyari 6, buri karere gahabwa miliyari 169……..yashoje agira ati “nta kigo cya Leta na kimwe kitahawe Ingengo y’Imari, kuki mureba Inteko Ishinga Amategeko gusa kandi aritwe twatowe n’abaturage gusa?”

Kadaga yabaye nkukomoza ku kibazo cy’amatora ko NRM ishaka kwigwizaho imitungo bityo ikagaragaza ko ariyo iri gufasha gusa abaturage, mu gihe abagize Inteko ishinga Amategeko banakomoka mu mashyaka menshi atandukanye batemerewe kwegera abo bayobora muri ibi bibazo. Abashatse gufasha kubushake abo bahagarariye bagiye bafatwa bagafungwa bashinjwe kudakurikiza amategeko agenga COVID19 harimo no kuba bashinjwa kuyikwirakwiza.

Ikigaragara nkuko Speaker Kadaga abivuga, ikibazo ni ugushaka abo bazagerekaho ibi bibazo byabaye agahomamunwa byo kwigwizaho imitungo ya Leta byakozwe na NRM ishyaka rya Museveni bitwaje icyorezo cya COVID19.

2020-05-01
Editorial

IZINDI NKURU

Imodoka yari itwaye abasirikare ba Uganda yamaze iminsi ibiri mu ishyamba yabuze lisansi

Imodoka yari itwaye abasirikare ba Uganda yamaze iminsi ibiri mu ishyamba yabuze lisansi

Editorial 06 Jul 2019
Gahunda yo kureka abanyamahanga bakinjira mu Rwanda nta Viza yatangiye kubahirizwa

Gahunda yo kureka abanyamahanga bakinjira mu Rwanda nta Viza yatangiye kubahirizwa

Editorial 02 Jan 2018
Nyuma yo gukubitirwa iz’akabwana muri Kongo, abasirikari b’Afrika y’Epfo bakomeje koherezwa mu ibagiro!

Nyuma yo gukubitirwa iz’akabwana muri Kongo, abasirikari b’Afrika y’Epfo bakomeje koherezwa mu ibagiro!

Editorial 11 Feb 2025
Maj. Gen. Bayingana wagizwe Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira mu Kirere ni muntu ki ?

Maj. Gen. Bayingana wagizwe Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira mu Kirere ni muntu ki ?

Editorial 03 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amateka ya Nyakwigendera  Mazimpaka  Patrick  guhera u Rwanda rwabona ubwigenge .
POLITIKI

Amateka ya Nyakwigendera  Mazimpaka  Patrick  guhera u Rwanda rwabona ubwigenge .

Editorial 30 Jan 2018
Mu mpera ziki cyumweru abakekwaho Jenoside babiri bashyikirijwe ubutabera mu Rwanda no mu Bufaransa
Amakuru

Mu mpera ziki cyumweru abakekwaho Jenoside babiri bashyikirijwe ubutabera mu Rwanda no mu Bufaransa

Editorial 17 Apr 2021
Inkorabusa 50 zishyize hamwe ngo zikande u Rwanda zisanga rudakandika
Amakuru

Inkorabusa 50 zishyize hamwe ngo zikande u Rwanda zisanga rudakandika

Editorial 31 May 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru