• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Bamwe mu bo mu mitwe irwanya Leta y’u Rwanda barivugira ubwabo ko inzira y’intambara bahisemo idashoboka, ko igikwiye ari uguhindura imyumvire.

Bamwe mu bo mu mitwe irwanya Leta y’u Rwanda barivugira ubwabo ko inzira y’intambara bahisemo idashoboka, ko igikwiye ari uguhindura imyumvire.

Editorial 01 Nov 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Iyo urebye abantu iyi mitwe y’iterabwoba imaze gutakaza mu bitero igaba ku Rwanda, baba abapfuye n’abafashwe mpiri, wibaza impamvu batabona ko inzira y’intambara bahisemo ari iz’abarimbura, aho kubageza ku butegetsi nk’uko babyibeshya. Abasesenguzi ariko basanga nka ba Kayumba Nyamwasa bazi neza ko ibyo barimo ari ukwikirigita ugaseka, ko ntacyo bakora ku ngabo z’uRwanda, ubugome bwo kwicishiriza abantu mu mashyamba ya Kongo bakabukorera gushaka amaramuko, aho birirwa basaruza amafaranga mu mpunzi z’Abanyarwanda n’abandi banzi b’uRwanda, ngo bari ku rugamba.

Ibi rero hari na bagenzi babo batangiye kubibona, nka Sixbert Musangamfura uri no mu bashinze RNC, nyuma yo gushwana na Kayumba Nyamwasa akajya mu kitwa New RNC, nacyo cyaje guhinduka ISHAKWE, anabereye umunyamabanga mukuru. Mu kiganiro aherutse kugirana na kimwe mu bitangazamakuru byibasira uRwanda, Musangamfura yareruye avuga ko abibwira ko bazatsinda intambara bashaka gushoza ku Rwanda ari inzozi zidashoboka, kuko nta mbaraga bafite, zaba iza gisirikari zaba n’iz’ibitekerezo. Sixbert Musangamfura ubu utuye muri Finland, avuga ko bagerageje guhuza amashyaka ngo barebe ko hari akabaraga byabazanira, ariko ngo birananirana kubera abagifite imyumvire ishaje cyane, ndetse no kutumvikana hagati yabo.Ati”:Ntiwaba uremerewe n’umutwaro w’imyumvire ishaje, ngo ubashe gutera intambwe”.

Iyi mvugo irasa kandi n’ iy’ uwitwa Noble Marara watorotse igisirikari cy’uRwanda amaze gutahurwaho ubujura, ubu akaba akunze kumvikana asebya ubuyobozi bw’uRwanda. Marara rero yavuze ko abarwanya ubutegetsi bw’uRwanda bahuzagurika cyane, bikagaragazwa n’uko ntacyo bagezeho mu myaka isaga 26 bivuruguta mu bikorwa by’ubwiyahuzi. Mu nyandiko yashyize ku rubuga “Inyenyeri News” muri izi mpera z’icyumweru, Noble Marara aravuga ko…” inzira zose bagerageje ngo bashyire igitutu kuri Leta y’uRwanda, nk’intambara, imyigaragambyo kuri za ambasade z’uRwanda mu mahanga, ibitutsi no guharabika Ubuyobozi bw’uRwanda , ntacyo zatanze, uretse gutakaza umwanya no kwicisha abantu babohereza mu ntambara bazi neza ko batatsinda…”. Noble Marara ubu utuye mu Bwongereza , agaha inama ibigarasha yo kuyoboka Inama y’Umushyikirano iba buri mwaka, ndetse na “Rwanda Days” zihuza Abanyarwanda baba mu mahanga, ngo kuko ariho honyine basigaranye batangira “ibitekerezo”.

Tukimara kumva izi mvugo za Musangamfura na Marara, twahise dutekereza ko inama za Philippe Mpayimana zaba zaratangiye gutanga umusaruro muri ya gahunda ye yo kurwanya uwiyita umunyapolitiki wese wifuza gushoza intambara ku Rwanda. Philippe Mpayimana wigeze gutsindwa amatora ya Perezida wa Repubulika, ntibyamuteranyije n’Iguhugu nka ba Twagiramungu n’ibindi bigwiranda.

Ubu ari mu bukangurambaga yise”AMAHORO NO GUKUNDA IGIHUGU”, aho akangurira Abanyarwanda baba abo mu mahanga, baba n’abari mu Rwanda kuyoboka inzira y’uwumvikane no guhuza imbaraga mu kubaka Igihugu cyabo. Ukuri kuratinda ariko ntiguhera, n’ abagihanyanyaza, bazashyira babone ko kumena amaraso y’Abanyarwanda atari inzira ikwiye.

2020-11-01
Editorial

IZINDI NKURU

Umuhanzi  Kidum ngo yaba yararogewe mumujyi wa Bujumbura

Umuhanzi Kidum ngo yaba yararogewe mumujyi wa Bujumbura

Editorial 27 Mar 2018
CAF yatangaje ingengabihe y’umwaka w’imikino wa 2021-2022 inatangaza ibihugu bizahagararirwa n’amakipe ane mu marushanwa yayo.

CAF yatangaje ingengabihe y’umwaka w’imikino wa 2021-2022 inatangaza ibihugu bizahagararirwa n’amakipe ane mu marushanwa yayo.

Editorial 22 Jun 2021
Ntaganda Bernard wokamwe n’amacakubiri nawe ngo nagirwe “Umuziranenge”.

Ntaganda Bernard wokamwe n’amacakubiri nawe ngo nagirwe “Umuziranenge”.

Editorial 27 Feb 2024
FERWAFA yanze ubusabe bw’ikipe ya APR FC bwo kuba yasubikirwa umukino wayo na Rayon Sports ngo ibashe kwitegura neza RS Berkane mu mukino wa CAF Confederations Cup

FERWAFA yanze ubusabe bw’ikipe ya APR FC bwo kuba yasubikirwa umukino wayo na Rayon Sports ngo ibashe kwitegura neza RS Berkane mu mukino wa CAF Confederations Cup

Editorial 19 Nov 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yafunguje Se w’umwana yateruye  i Nyamirambo  mu gihe cyo kwiyamamaza
Mu Rwanda

Perezida Kagame yafunguje Se w’umwana yateruye i Nyamirambo mu gihe cyo kwiyamamaza

Editorial 17 Sep 2017
Umuryango wa Rayon Sports wahombeje ikipe miliyoni zireng a 250 mu mezi 8
IMIKINO

Umuryango wa Rayon Sports wahombeje ikipe miliyoni zireng a 250 mu mezi 8

Editorial 07 Mar 2016
Umunyabugeni yagaragaje abayobozi babatiza mu ndangagaciro z’ubutwari abatifuriza ibyiza u Rwanda
Mu Mahanga

Umunyabugeni yagaragaje abayobozi babatiza mu ndangagaciro z’ubutwari abatifuriza ibyiza u Rwanda

Editorial 25 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru