• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Igihugu cya Uganda cyarenze ku masezerano ya Luanda cyemerera gukora ku mugaragaro umuryango utegamiye kuri Leta Ugamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Igihugu cya Uganda cyarenze ku masezerano ya Luanda cyemerera gukora ku mugaragaro umuryango utegamiye kuri Leta Ugamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Editorial 05 Jan 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Mu nama yahuje abakuru b’ibihugu b’u Rwanda, Uganda, Kongo-Kinshasa na Angola yabaye tariki ya 21 Gashyantare 2020 yiga ku bibazo biri hagati ya Uganda n’u Rwanda, abari bahagarariye u Rwanda mu bibazo bagaragaje bibangamiye amasezerano ya Luanda harimo gusesa umuryango utegamiye kuri Leta Self-Worth Initiative(SWI) kuko ari ishami rya RNC ya Kayumba Nyamwasa bakitwaza uwo muryango bakora ibikorwa bigamije guhungabanya Leta y’u Rwanda.

Mu nama yakozwe binyuze mu ikoranabuhanga tariki ya 4 Kamena 2020 nyuma yiyabereye Gatuna, Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Uganda, Sam Kuteesa yatangaje muri iyo nama ko umuryango Self-Worth Initiative washeshwe ku mugaragaro tariki ya 16 Werurwe 2020 babimenyesha Leta y’u Rwanda ku munsi ukurikira. Iyi nkuru ya Kutesa yumvikanye nk’inkuru nziza ariko amakuru agera kuri Rushyashya nuko Prossy Boonabana wari ukuriye Self-Worth Initiative, yashinze undi muryango bikora kimwe witwa Self-Worth Development Initiative (SWDI) ukaba ufite inshingano nkuwasheshwe.

Prossy Boonabana na Sula Nuwamanya Wakabiligi bazwi nk’abahuzabikorwa ba RNC muri Uganda bitwaje imiryango itegamiye kuri Leta ariyo Self-Worth Development Initiative (SWDI) bakaba baha raporo Col CK Assimwe Umukuru wungirije w’Ibiro bya Uganda bishinzwe iperereza ubaha ibikenewe byose muri gahunda yo guteza umutekano muke mu Rwanda.

Uyu Prossy Boonabana ukuriye uyu muryango abarizwa no muri Komisiyo ishinzwe itangazamakuru ya RNC akaba ari nawe ushinzwe gukusanya amakuru asebya u Rwanda agashyirwa ku binyamakuru cya CMI aricyo Command Post and Chimp Reports

Guhera muri 2016, Boonabana yakoranye na Kayumba Rugema mubyara wa Kayumba Nyamwasa ushinzwe ubukangurambaga no kwinjiza abantu muri RNC ndetse no gufata Abanyarwanda muri icyo gihugu badashaka kujya muri RNC. Muri iki gihe Boonabana akorana na Frank Ntwali ushinzwe urubyiruko muri RNC na Serge Ndayizeye ushinzwe Radio Itahuka.

Prossy Boonabana nkuko ubuzima bwe bubyerekana ni mafiya yigendera hamwe na Sula Nuwamanya. Amateka ye agaragaza ko yavutse ku murundi witwaga Kaboyi akaba yari umushoferi mu gihe cya Obote. Ise umubyara nawe yahize abanyarwanda akorera Obote no gutoteza imiryango y’Abanyarwanda babaga bafite abana babarizwa muri NRM. Igihe NRM yafataga ibice bya Kampala, Kaboyi yarahunze asiga Boonabana na nyina ahungira ku mugore we wa kabiri I Nakasongola.

Ubwo yajyaga kureba Se I Nakasongola ari mu mashuri abanza mu mwaka wa gatanu, yafashwe ari gukora imibonano mpuzabitsina n’umuzamu w’ishuri bimuviramo ibihano bikakaye naho umuzamu arirukanwa. Yakomeje uburaya ku buryo ageze mu mwaka wa karindwi yafashwe yaryamanye n’umwarimu. Yabaye ikimwaro ku muryango kugeza igihe ababyeyi be bafatiye icyemezo cyo ku mwohereza mu Rwanda kubera ipfunwe baterwaga n’umwana wabo. Yigiye mu Rwanda ku ishuri ryitwaga International Academy-Kicukiro ava mu Rwanda mu gihe kitazwi ajya kwifatanya na RNC aho yitwaza imiryango itegamiye kuri Leta.

2021-01-05
Editorial

IZINDI NKURU

Amafoto – Umunya-Serbia Darko Nović yemejwe nk’umutoza mushya wa APR FC ku masezerano y’imyaka itatu

Amafoto – Umunya-Serbia Darko Nović yemejwe nk’umutoza mushya wa APR FC ku masezerano y’imyaka itatu

Editorial 21 Jun 2024
Nyuma yo gukora ibara, agafata ku ngufu umwana yibyariye w’imyaka 15 yasinze, Sergeant Major Robert Kabera yahise ahungira muri Uganda inzoga zimushizemo

Nyuma yo gukora ibara, agafata ku ngufu umwana yibyariye w’imyaka 15 yasinze, Sergeant Major Robert Kabera yahise ahungira muri Uganda inzoga zimushizemo

Editorial 23 Nov 2020
Perezida Kagame yitabiriye inama yiga ku mutekano mu Budage

Perezida Kagame yitabiriye inama yiga ku mutekano mu Budage

Editorial 16 Feb 2018
Abagaragu ba Rujugiro Triibert mu mazi abira kubera ubugome,ubujura n’ubugambanyi.

Abagaragu ba Rujugiro Triibert mu mazi abira kubera ubugome,ubujura n’ubugambanyi.

Editorial 14 Jul 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yashyizeho abasenateri bane barimo Uwizeyimana Evode na Prof Dusingizemungu wayoboraga Umuryango Ibuka
Amakuru

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yashyizeho abasenateri bane barimo Uwizeyimana Evode na Prof Dusingizemungu wayoboraga Umuryango Ibuka

Editorial 16 Oct 2020
Umunsi  wa 20 wa shampiyona y’u Rwanda usize Rayon Sports itsikiriye I Ngoma, Police FC na As Kigali zigabana amanota
Amakuru

Umunsi  wa 20 wa shampiyona y’u Rwanda usize Rayon Sports itsikiriye I Ngoma, Police FC na As Kigali zigabana amanota

Editorial 06 Mar 2022
Perezida Kagame yahawe igihembo cyo guteza imbere ishoramari
UBUKUNGU

Perezida Kagame yahawe igihembo cyo guteza imbere ishoramari

Editorial 04 Sep 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru