• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Ingabo z’u Rwanda ziri mu mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Santrafrika  zikomeje kuvugwa imyato

Ingabo z’u Rwanda ziri mu mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Santrafrika  zikomeje kuvugwa imyato

Editorial 22 Mar 2021 Amakuru, Mu Mahanga

Kuwa gatanu tariki 19 Werurwe 2021 nibwo i Bangui mu murwa mukuru wa Santarafrika habereye umuhango ukomeye, wari ugamije gushima umurava , urukundo n’ubuhanga abasirikari bari muri icyo gihugu bakomeje kugaragaza mu kugarura amahoro n’umutekano.

Muri uwo muhango waranzwe no gutanga imidari y’ishimwe ku basirikari b’u Rwanda bagize RwaBatt 7, Umugaba w’Ingabo za Loni ziri muri Santarafrika,Gen de Brig  Driss OKaddour,  yavuze ko ikinyabupfura, ubutwari n’ubushishozi biranga abasirikari b’uRwanda byatumye amahoro n’umutekano bigaruka mu bice byinshi by’icyo gihugu, none ubu abaturage bari mu bikorwa bibateza imbere mu mutuzo  baherukaga kera. Gen Okaddour, mu yagize ati:” Ubwo inyeshyamba zari zasizoye zishaka kuburizamo amatora y’Umuru w’Igihugu  yabaye mu mpera z’umwa ushize no kwigarurira umurwa mukuru Bangui, navuganye n’uyoboye ingabo z’u Rwanda muri Santrafrika, Lt Col JB Safari, maze ampa icyizere ko ibintu bitazatinda gusubira mu buryo. Niko byagenze kuko  amatora yagenze neza, kandi Bangui n’indi mijyi myinshi iratekanye kubera ubwitange bw’izi ngabo”.

Si kenshi ingabo z’amahanga zigera ku ntego iba yazijyanye aho zatabaye, kuko usanga zigerayo, aho guharanira amahoro n’umutekano, zikigira mu bikorwa by’ubucuruzi n’ibindi bihabanye n’inshingano zazo. Urugero rwa hafi ni ingabo za Loni, MONUSCO zimaze imyaka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, ariko zikaba zarananiwe guhashya imitwe y’iterabwoba yagize icyo gihugu indiri, ahubwo Monusco ikaba idasiba kuvugwa mu bikorwa by’urukozasoni.

Aha niho havuye gutangarira no gushima ingabo z’uRwanda zikora kinyamwuga. Kuva abasirikari b’uRwanda bagera muri Santarafrika bakoze ibikorwa byinshi bigamije gukoma mu nkokora ibitero by’ineshyamba , ndetse zihabwa inshingano zitoroshye, z irimo no kurinda Umukuru w’Igihugu.

Amakuru ava muri iki gihugu cyazahajwe n’intambara , arahamya ko  inyeshyamba zishyize hamwe  ngo zihirike ubutegetsi  zitinya bikomeye abasirikari b’uRwanda, dore ko ngo iyo bumvise ko Rwambatt 7 ihagurutse  zihita ziyabangira ingata.

Bivugwa ko izo nyeshyamba ari iza François Bozizé wigeze kuba Perezida w’icyo gihugu, ndetse amakuru afitiwe gihamya akemeza ko   afashwa ku rugamba n’ingabo za Uganda, dore ko ngo Perezida Yoweri Kaguta Museveni yijeje Bozizé kumusubiza ku butegetsi.

 

2021-03-22
Editorial

IZINDI NKURU

Rayon Sports na APR FC zaguye miswi 0-0,mu mukino ubanza wa 1/2 w’igikombe cy’Amahoro

Rayon Sports na APR FC zaguye miswi 0-0,mu mukino ubanza wa 1/2 w’igikombe cy’Amahoro

Editorial 11 May 2022
Miliyoni zisaga 21 z’Amarundi zaburiwe irengero  hakoreshejwe imbaraga z’imyuka mibi

Miliyoni zisaga 21 z’Amarundi zaburiwe irengero hakoreshejwe imbaraga z’imyuka mibi

Editorial 21 Feb 2018
Abapolisi bakuru biga iby’imiyoborere basuye inganda zo muri Etiyopiya

Abapolisi bakuru biga iby’imiyoborere basuye inganda zo muri Etiyopiya

Editorial 16 Jun 2016
Ibyanenzwe na Perezida Kagame m ‘Umushyikirano : ‘Imitangire ya serivisi mbi n’ abashima ibyagezweho  kandi umuntu adakwiye kubyirata’

Ibyanenzwe na Perezida Kagame m ‘Umushyikirano : ‘Imitangire ya serivisi mbi n’ abashima ibyagezweho kandi umuntu adakwiye kubyirata’

Editorial 19 Dec 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

REG ifite umuyobozi mushya. Mugiraneza yasimbuwe na Weiss
Mu Rwanda

REG ifite umuyobozi mushya. Mugiraneza yasimbuwe na Weiss

Editorial 17 May 2017
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Editorial 20 Mar 2023
Kicukiro: Abanyeshuri bo mu bigo bine bashyizeho amahuriro yo kurwanya ibyaha
Mu Mahanga

Kicukiro: Abanyeshuri bo mu bigo bine bashyizeho amahuriro yo kurwanya ibyaha

Editorial 11 May 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru