• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ibyo mutamenye ku buzima bwa Ingabire Victoire Umuhoza n’umuryango we

Ibyo mutamenye ku buzima bwa Ingabire Victoire Umuhoza n’umuryango we

Ubwanditsi 07 Jun 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Ingabire victoire wigira umunyapolitiki kandi yaramunzwe n’ingengabitekerezo ya Jenoside yavutse mu 1968 yiga amashuri abanza mu cyahoze ari komini Butamwa muri Kigali Ngali, ubu ni mu murenge wa mageragere mu karere ka Nyarugenge.

Ntabwo yigeze abasha gutsinda ikizamini cya leta, gisoza amashuri abanza, ibyo rero byatumye atiga amashuri yisumbuye ngo akomeze na Kaminuza.

Nyina wa Ingabire (Dusabe Theresa) wari umuyobozi w’ikigo nderabuzima cya Butamwa kuva mu 1979 kugeza 1994, yamusabiye kujya kwiga imyuga mu kigo cy’ababikira b’Abenebikira cyitwaga “Centre de Formation des Jeunes) mucyari komini Gishamvu Prefegitura ya Butare, ubu ni Umurege wa Gishamvu akarere ka Huye.

Muri icyo gihe icyo Kigo cyayoborwaga na Soeur Dosita, Ingabire yahize imyaka 4 maze ku 04/06/1987 ahakura “Certificat” muby’imyuga (Kuboha ibyibo n’uduseke, kudodesha icyarahani no gufuma ibitambaro)
Iri shuri ntiryari ishuri ryisumbuye, nk’ayandi, ryari ishuri Ababikira bashinze bagamije gutegura abana b’abakobwa ngo bazavemo ababikira, kuburyo abenshi mubo biganye babaye ababikira. Bityo rero iyo certificate ntabwo yari yemewe nka diplome kuburyo bamwe mubaharangije baje gusubira mu ishuri ngo babone diplome.

Burya rero ngo ntawubura ubwenge hose, Muri iryo shuri mubanyeshuri 40, Ingabire niwe wabaye uwa mbere.

Nyuma yo kuva Gishamvu, ntahandi hantu hazwi Ingabire yaba yarize, nyamara ntibyamubujije kubona akazi muri ministeri y’Imari muri service za duwani. Muti se byagenze gute? Nyina wa Ingabire, Dusabe Thereza yari inshoreke izwi ya Dr. Akingeneye Emmanuel wari muganga wihariye wa Perezida Habyarimana ndetse babyaranye n’umwana w’umukobwa witwa Uwineza Regine. Akaba ari we rero wafashije Ingabire Victoire gushaka diplome ya A2 mu buryo butemewe n’amategeko nyamara atarigeze yiga secondaire. Ninawe kandi wamufashije kubona akazi muri iriya ministeri twavuze haruguru.

Nyina wa Ingabire yamubyaye ntamugabo uzwi babana. Yamubyaranye na Gakumba Pascal wigeze kuba Burugumestri wa komini Kibilira.

Ni nako byaje kugendekera Ingabire Victoire, kuko yaje guterwa inda n’uwari Veternaire wa komini butamwa ariwe Lin Muyizere ukomoka mu karere ka Kamonyi ariko kuko nyina yari aziranye n’ibikomerezwa birimo Dr. Akingeneye, uwo Veternaire bamutegetse gushyingiranwa na Ingabire Victoire mu 1989, nuko babana gutyo. Ninayo mpamvu byamworoheye kumuta mu Buholandi kandi arwaye akigarukira mu Rwanda ngo aje muri politike.

Nyina wa Ingabire, Dusabe, yabanje kuba mu nzu y’abakozi ba Centre de santé, aza kwimukira mu nzu ye. Ababanye nawe n’abakoranye nawe ngo yari umugore w’umunyamwaga wakunze kugirana amakimbirane n’abaturanyi be ndetse n’abakozi be ndetse k’uburyo bajyaga banamushinja amarozi. Mu 1979, uwitwa Bapfaguheka Appolinaire wayoboraga Ikigonderabuzima cya butwamwa yarapfuye muburyo butunguranye, bivugwa ko ari Dusabe wamuroze kugirango amusimbure kumwanya w’ubuyobozi bw’icyo kigo, ndetse koko niko byagenze ahita amusimbura muri uwo mwaka kugeza 1994 ubwo yahungaga.

Bigaragara ko mu muryango wo kwa Ingabire nta n’umwe wabashije gutsinda ikizamini cya leta gisoza amashuri yisumbuye, kuko na murumuna we Uwineza Regine cyamunaniye.

Mu gihe Ingabire akomeje gusaza imigeri ngo arakora Politiki yuzuyemo amacakubiri, haribazwa uburyo umuntu nk’uyu ukoresha diplome atatsindiye, akaba afite nyina, se ndetse n’umugabo we baregwa ibyaha bya Jenoside n’ingengabitekerezo yayo, nawe ubwe akaba yarakatiwe n’inkiko kubera ibyaha birimo iby’amacakubiri n’ingengabitekerezo ya genocide, yazayobora igihugu ntagisubize mu icuraburindi cyavuyemo.
Ingabire ararota ku manywa y’ihangu ntaziko politiki agenderaho yarangiranye na MRND.

2021-06-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Lambert Dushimimana niwe wagizwe Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba

Lambert Dushimimana niwe wagizwe Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba

Ubwanditsi 05 Sep 2023
Ku munsi wa 13 wa PNL, APR FC yatsikiye, Police FC itsindwa na Bugesera FC, Rayon irakira Muhazi United

Ku munsi wa 13 wa PNL, APR FC yatsikiye, Police FC itsindwa na Bugesera FC, Rayon irakira Muhazi United

Ubwanditsi 06 Dec 2023
Nyuma y’iminsi 23 atangajwe nk’umukinnyi wongereye amasezerano, APR FC yatandukanye na Niyonzima Olivier Seif kubera imyitwarire mibi

Nyuma y’iminsi 23 atangajwe nk’umukinnyi wongereye amasezerano, APR FC yatandukanye na Niyonzima Olivier Seif kubera imyitwarire mibi

Ubwanditsi 04 Aug 2021
Umuhanzi Ruhumuriza James uzwi nka King James agiye gushyira hanze Album ye ya Karindwi yise “Ubushobozi” izaba iriho indirimbo zisaga 15

Umuhanzi Ruhumuriza James uzwi nka King James agiye gushyira hanze Album ye ya Karindwi yise “Ubushobozi” izaba iriho indirimbo zisaga 15

Ubwanditsi 20 Sep 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rwanda-Uganda: Ukuri guca mu ziko ntigushye
ITOHOZA

Rwanda-Uganda: Ukuri guca mu ziko ntigushye

Ubwanditsi 08 Mar 2019
Nyamasheke : Umuyobozi w’ikigo nderabuzima cya Gisakura yaburiwe irengero
ITOHOZA

Nyamasheke : Umuyobozi w’ikigo nderabuzima cya Gisakura yaburiwe irengero

Ubwanditsi 13 May 2017
Gatsibo: Abacukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranyije n’amategeko bari mu maboko ya Polisi
Mu Rwanda

Gatsibo: Abacukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranyije n’amategeko bari mu maboko ya Polisi

Ubwanditsi 22 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru