• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»“Nta muntu waturemye, nta n’uwaturemeye, twaremwe n’Imana” – Perezida Paul Kagame

“Nta muntu waturemye, nta n’uwaturemeye, twaremwe n’Imana” – Perezida Paul Kagame

Ubwanditsi 07 Nov 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Teta Gisa na Marvin Manzi bakoreye ubukwe muri Serena Hotel

Ubwo kuri uyu wa gatandatu tariki 06 Ugushyingo yitabiraga ubukwe bw’umukobwa wa Nyakwigendera Gen. Fred Gisa Rwigyema, Teta Gisa, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yagarutse ku mateka yaranze ubucuti bwe na Nyakwigendera Rwigema kuva mu bwana, aho bari mu buhungiro mu gihugu cya Uganda. Yahishuye ko umutima n’ubushake bwo kubohora u Rwanda, bakava mu buzima bubi bw’ubuhunzi, we na Fred Rwigema babikomoye ahanini ku musaza ”Mariko”, wari wararwanye intambara y’inyenzi.

Gen Fred Rwigema yatabarukiye ku rugamba rwo kubohora u Rwanda, mu Kwakira 1990, afite imyaka 33 y’amavuko. Mu bihe binyuranye Perezida Kagame yahishuye ko yashenguwe n’urupfu rw’uwo yafataga nk’umuvandimwe, ndetse no muri ubu bukwe ijambo yahavugiye rikaba ryazamuye amarangamutima y’abantu benshi cyane, kuko ryongeye kugaragaza ko koko izi ntwari zombi zari inshuti z’akadasohoka.

Muri ubwo bukwe, Eric Gisa Junior, umwe mu bana ba Nyakwigendera ntiyahabonetse, Perezida Kagame akaba yaravuze ko byamubabaje cyane, ndetse ahishura ko bikomoka ku kagambane k’abaturanyi” bahora bivanga mu mibereho y’Abanyarwanda, kugera n’aho binjira mu buzima bwite bw’umuryango we n’uwa Fred Rwigyema.

Nubwo Perezida Kagame ateruye ngo avuge amazina y’abo “baturanyi”, abasesenguzi bemeza ko abo “baturanyi” ari abategetsi b’igihugu cya Uganda, kuko aribo bahora bashakira inabi u Rwanda. Amakuru yizewe ndetse avuga ko bamwe mu bayobozi bakuru b’icyo gihugu aribo bashyize umutima mubi mu muhugu wa Rwigyema, Eric Gisa Junior, bituma agabanya urukundo ku Rwanda afitanye isano narwo.

Perezida Kagame yiyamye abavuga ko aribo Abanyarwanda bakesha kuba bariho, maze agira ati:’ Nta muntu waturemye, nta n’uwaturemeye, twaremwe n’Imana.” Abo basesenguzi twaganiriye basobanura nubwo atavuzwe mu izina, ko ariko ko Perezida wa Uganda, Yoweri K. Museveni, ari we wakomeje kugaragaza ko iyo Abanyarwanda batamugira batari kubohora Igihugu cyabo, ngo bave mu bimeze nk’ubucakara. Muri make ngo yumva ariwe waremye Abanyarwanda, abagira abo bari bo uyu munsi.

Ibi ni nabyo bitera uwo mukambwe kumva yagenera u Rwanda uko rubaho. Perezida Kagame akaba yongeye kuvuga ko nta munyamahanga uzemererwa kwivanga muri politiki y’u Rwanda, akurira inzira ku murima “abaturanyi” bafasha bamwe mu Banyarwanda kwigomeka ku Buyobozi, babizeza kuzabagira ibikomerezwa mu Rwanda.

Perezida Kaguta Museveni amaze igihe mu bikorwa byo gufasha imitwe y’iterabwoba nka RNC ya Kayumba Nyamwasa n’ibindi bigarasha, FDLR y’abicanyi basize bahekuye u Rwanda muri Jenoside yakorewe Abatutsi, n’utundi dutsiko tw’ibyihebe bihora birota kwigarurira u Rwanda.

Nubwo Perezida Kagame atigeze amuvuga mu izina, ibikorwa bya Museveni n’ibyegera bye birasa neza neza n’ubyo Perezida wa Repubulika Paul Kagame yamaganye. Ikibabaje bafite amaso ariko ntibabone, bakagira amatwi ntibumve.

2021-11-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Manchester united yongereye amasezerano y’umwaka umwe rutahizamu Edinson Cavani.

Manchester united yongereye amasezerano y’umwaka umwe rutahizamu Edinson Cavani.

Ubwanditsi 11 May 2021
Afrika y’Epfo : Perezida Zuma yabujijwe kuvuga Ijambo ubwo bizihizaga Umunsi w’Abakozi

Afrika y’Epfo : Perezida Zuma yabujijwe kuvuga Ijambo ubwo bizihizaga Umunsi w’Abakozi

Ubwanditsi 01 May 2017
Entebbe : Indege y’u Burusiya yafatanywe intwaro zari zigiye kujyanwa  ahantu hataramenyekana

Entebbe : Indege y’u Burusiya yafatanywe intwaro zari zigiye kujyanwa ahantu hataramenyekana

Ubwanditsi 01 Sep 2017
Ange Kagame yagaragaje ishema aterwa no kwitwa izina rya se

Ange Kagame yagaragaje ishema aterwa no kwitwa izina rya se

Ubwanditsi 24 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amafoto – Nyuma y’imyaka ibiri ari muri APR FC, kapiteni wayo Manzi Thierry yerekeje ku mu gabane w’i Burayi mu ikipe ya FC Dila Gori yo muri Georgia
Amakuru

Amafoto – Nyuma y’imyaka ibiri ari muri APR FC, kapiteni wayo Manzi Thierry yerekeje ku mu gabane w’i Burayi mu ikipe ya FC Dila Gori yo muri Georgia

Ubwanditsi 10 Jul 2021
Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda
Amakuru

Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda

RUSHYASHYA 24 Apr 2026
Diamond yatawe muri yombi aryozwa amashusho yasakaje asomana n’inkumi
HIRYA NO HINO

Diamond yatawe muri yombi aryozwa amashusho yasakaje asomana n’inkumi

Ubwanditsi 17 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru