• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Abanyekongo baba mu Rwanda barashima uRwanda rutaguye mu mutego w’ubushotoranyi bwa Kongo.

Abanyekongo baba mu Rwanda barashima uRwanda rutaguye mu mutego w’ubushotoranyi bwa Kongo.

Editorial 05 Nov 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Itangazo ryashyizweho umukono na Dr AWAZI BOHWA Raymond, Perezida w’ Umuryango w’Abanyekongo baba mu Rwanda, riravuga ko abo Banyekongo bishimiye uko bafashwe mu Rwanda, mu gihe abategetsi n’abaturage b’igihugu cyabo cya Kongo barangwa n’ubushotoranyi bukorerwa u Rwanda, haba mu mvugo haba no mu bikorwa.

Iryo tangazo rikomeza rivuga ko ubuyobozi bw’u Rwanda bwaranzwe n’ubushishozi, bwirinda gufata ibyemezo bishingiye ku mujinya no kwihimura, cyane cyane ubwo Abanyarwanda batuye cyangwa bakorera muri Kongo bo babuzwaga amahwemo, bamwe baricwa, abandi barafungwa n’imitungo yabo irangizwa indi irasahurwa.

Abanyekongo baba mu Rwanda  barasaba abavandimwe babo bari muri Kongo guhagarika ibikorwa byose bituma ubushyamirane hagati y’ibihugu byombi burushaho gukaza umurego, birimo ubugizi bwa nabi bukorerwa Abanyarwanda n’abasa nabo, ahubwo bakibuka ko ari abaturanyi basangiye byinshi birimo no guhahirana.

Mu rwego rwo guhagarika intambara hagati ya leta ya Kongo n’imitwe iyirwanya irimo M23, Abanyekongo baba mu Rwanda barasaba abategetsi b’igihugu cyabo kuyoboka inzira y’imishyikirano, no gushyira mu bikorwa ibikubiye mu mishyikirano yabereye i Naïrobi muri Kenya n’ i Luanda muri Angola.

Kuva intambara yakubura mu burasirazuba bwa Kongo, abategetsi b’icyo gihugu bakwije ibinyoma ko u Rwanda rufasha umutwe wa M23, bahitamo inzira y’ibitutsi n’imvugo z’urwango. Byageze n’abo bafatanya n’umutwe w’abajenosideri wa FDLR kurasa ibisasu mu Rwanda, byica abantu, bikomeretsa abandi, binangiza imitungo yabo.

Hari hitezwe ko uRwanda ruha Kongo isomo ryo kubaha abaturanyi, ariko ruhitamo kwifata kugeza igihe Kongo izarengera umurongo utukura.

Abanyekongo baba mu Rwanda bikomereje ibikorwa byabo ntawe ubahoye imyitwarire igayitse y’ubutegetsi bw’iwabo, ibintu byongeye kugaragaza ko Abanyarwanda n’ubuyobozi bwabo birinda guhubuka  nk’abaturanyi bo muri Kongo. 

Si ubwa mbere u Rwanda rutsinze abashaka kurugusha mu mutego wo kwihorera, kuko n’igihe muri Uganda batotezaga Abanyarwanda , nta Munyarwanda wariye n’urwara umuturage wa Uganda uba mu Rwanda. Ngubwo “ubukure”(maturité) muri politiki duhiga abatwigimba.

2022-11-05
Editorial

IZINDI NKURU

Umuhanzi Yves Kana Trezzor yashyize hanze imwe mu ndirimbo izagaragara k’umuzingo w’indirimbo zizagaruka ku rukundo rwe n’umugore we baherutse kubana.

Umuhanzi Yves Kana Trezzor yashyize hanze imwe mu ndirimbo izagaragara k’umuzingo w’indirimbo zizagaruka ku rukundo rwe n’umugore we baherutse kubana.

Editorial 19 May 2021
Uko Urukiko muri Zimbabwe  rwanze ikirego cy’uko Mugabe atakwemererwa gukomeza gutegeka

Uko Urukiko muri Zimbabwe rwanze ikirego cy’uko Mugabe atakwemererwa gukomeza gutegeka

Editorial 09 Feb 2017
Ubutumwa nageneye Interahamwe yashatse gutera ubwoba Jay Squeezer kuri Telephone 

Ubutumwa nageneye Interahamwe yashatse gutera ubwoba Jay Squeezer kuri Telephone 

Editorial 12 May 2022
Rwanda – Uganda :  Nta banyarwanda bahawe rugari ngo bajye muri Uganda nkuko biherutse gutangazwa

Rwanda – Uganda :  Nta banyarwanda bahawe rugari ngo bajye muri Uganda nkuko biherutse gutangazwa

Editorial 22 Apr 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma yo gusezererwa muri CHAN2018, Antoine Hey yasezeye
IMIKINO

Nyuma yo gusezererwa muri CHAN2018, Antoine Hey yasezeye

Editorial 25 Jan 2018
Kaboneka – U Rwanda ruyobowe na Perezida Kagame ntabwo ari urw’akajagari
POLITIKI

Kaboneka – U Rwanda ruyobowe na Perezida Kagame ntabwo ari urw’akajagari

Editorial 25 Apr 2017
Umunyamabanga Mukuru wa Ferwafa yeguye
IMIKINO

Umunyamabanga Mukuru wa Ferwafa yeguye

Editorial 16 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru