• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

  • Bayaherewe mu Rwambariro, Rayon Sports yakiriye amafaranga nyuma yo gushimangira umwanya wa mbere   |   09 May 2025

  • Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless   |   08 May 2025

  • Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango   |   06 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»SIDA: Abana banywera Imiti ku Ishuri bafite Imbogamizi y’Akato bahabwa na bagenzi babo

SIDA: Abana banywera Imiti ku Ishuri bafite Imbogamizi y’Akato bahabwa na bagenzi babo

Editorial 15 May 2024 Amakuru, Mu Rwanda, UBUZIMA

Barasekwa, baravugwa, bahabwa akato, batinywa na bagenzi babo kuko baba bamenye ko bafata imiti ya Virusi itera Sida ku ishuri! Ibi byose ni bimwe mu bikubiye mu kato gahabwa abana bafite Virusi itera Sida bafatira imiti umunsi ku munsi ku mashuri aho biga.

Ni ibintu bihangayikishije, binatuma bamwe batinya kwiga baba mu kigo bagahitamo kwiga bataha, kubera gutinya aka kato bahabwa na bagenzi babo cyangwa abarimu nyuma yo kumenya ko bafite Virusi itera Sida.

Ubushakashatsi bwakozwe mu Rwanda mu mwaka wa 2020 bugakorwa na Minisiteri y’Ubuzima, bugaragaza ko akato gakorerwa abafite Virusi itera Sida kari kari kuri 13% bigaragara ko mu baturage gahari.

Umuyobozi w’Urugaga rw’Abafite Virusi itera Sida, Muneza Sylivie, yabwiye IGIHE ko aka kato aho gateje ikibazo cyane ari mu mashuri, iyo abana bagiye ku mashuri babanza kubasaka bareba ibyo bazanye, ngo hari umwana ufite Virusi itera Sida basangana agacupa karimo ibinini ugasanga umusatse aramwikanze cyangwa n’abandi bagahita babibona.

Muneza yakomeje avuga ko n’iyo umwana ufite Virusi itera Sida agiye kunywera ibinini ku ishuri, usanga yihisha hagira mugenzi we umubona akamuteza abandi ugasanga hari n’abatangiye kumutinya cyangwa bagatangira kwirinda kugendana nawe kuburyo asigara wenyine.

Ati “ Icyo dusaba Minisiteri y’Uburezi rero ndetse na RBC, ni uko bakongera amahugurwa menshi ku bigo by’amashuri, bagasubizaho na club Anti- Sida kugira ngo abana basobanukirwe neza ko batagomba guha umunyeshuri mugenzi wabo akato.”

Ubuhamya bw’abahawe akato ku mashuri

Inkuru dukesha Ikinyamakuru IGIHE yaganiriye n’umwe mu bana b’abakobwa ufite Virusi itera Sida wiga mu kigo cyo mu Karere ka Nyagatare. Uyu mukobwa yavuze ko kuri ubu amaze kwiga ku kigo cya kane ngo kuko iyo abonye bagenzi be bamenye ko afata imiti ya Virusi itera Sida batangira kumutinya na we bikamutera ikibazo.

Ati “ Ubu hano niga ntabwo biramenyekana bizwi na Animatrice gusa, asa n’uwambikiye ibanga ariko aho navuye mu wa Kane, nabibwiye Animatrice ahita abibwira abarimu bose batangira kuntinya no kumfata mu buryo bwihariye kuburyo igihembwe cya kabiri cyagiye kurangira inkuru yaramenyekanye mu kigo hose, inshuti zinshiraho nsigara njyenyine mpitamo kuhava, akato karahari rwose kandi birabangama.”

Umwe mu bakobwa bari kwifashishwa mu bukangurambaga bwo kurwanya Sida wayandujwe n’umuntu amuhohoteye, yavuze ko yamenye ko yanduye yiga mu mashuri yisumbuye ahita atangira gufata imiti, kuri ubu ari mu rubyiruko 30 rufite Virusi itera Sida rwishyize hamwe rurwanya akato rukanashishikariza abanduye gufata imiti.

Ati “Iyo wiga mu mashuri yisumbuye ufite Virusi itera Sida, usanga n’abayobozi ubwabo baguha akato. Nahawe akato ariko kuko nari nifitiye icyizere, nakomeje ubuzima bwanjye mfata imiti, mbereka ko ari ibintu bisanzwe, ababimenye bose bampaye akato bumva ko ngiye gupfa.”

Umusore wo mu Karere ka Kicukiro ufite Virusi itera Sida, yabwiye IGIHE ko hari inshuro nyinshi yagiye asiba kunywa imiti kubera gutinya ko bagenzi be bayibona bigatuma bamuha akato.

Yavuze ko kimwe mu bintu byamubabaje atazibagirwa ari uko yabwiye ubuyobozi bw’ikigo ko afata imiti ya Virusi itera Sida bugahitamo kumusaba kujya yiga ataha.

Ati “ Nagiye ku kigo imiti kuyibika birangora kurushaho, kuyihisha biba uko, Animateur yari ikibazo kuba wabimubwira. Nasabaga uruhushya buri wa Gatanu aza kumbaza impamvu, mwicaza ku ruhande ndabimubwira mu ibanga. Umuyobozi w’ikigo yaje kumpamagara kuko animateur yabimubwiye ahita anshyira externe ambwira ngo sinaba mu kigo mfite virusi itera Sida, kwiga ntaha byarangoye bituma mpava ndahindura.”

Uyu musore yavuze ko yize ku bigo bitanu kubera guhabwa akato n’abayobozi b’amashuri babaga bamenye ko yanduye virusi itera Sida.

Yasabye Leta ko abanyeshuri n’abayobozi bahabwa amakuru menshi kuri virusi itera Sida kugira ngo bumve ko umwana uyifite ufata imiti ari umwana nk’abandi.

Umwe mu bayobozi b’ikigo cy’ishuri mu Karere ka Nyagatare yabwiye IGIHE ko abana bafite Virusi itera Sida abenshi bakunze kuza kwiga bagahisha ko bafite ubwandu, ababyeyi babo nabo ngo banga kubibwira ubuyobozi bigatuma babafata nk’abandi kandi bakagombye kubamenya ntibabakoreshe imirimo nk’iy’abandi.

Yavuze ko kuri ubu batangiye gusubizaho Clubs zirwanya Sida ku mashuri kandi ko n’abana bigisha bagenda babasobanurira uko bataha bagenzi babo bafite Virusi itera Sida kuko abenshi baba baranayanduye abatabigizemo uruhare.

Umuyobozi w’ishami rishinzwe kurwanya Virusi itera Sida mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima, RBC, Dr Ikuzo Basile, yavuze ko mu ngamba bafite harimo kwigisha abarimu, abayobozi b’ibigo by’amashuri n’abandi bafite aho bahuriye n’uburezi kugira ngo aka kato kagabanuke.

Ati “Ubu tugenda dukora amahugurwa tugahugura abarimu uko bafasha abana bafite Virusi itera Sida bari mu bigo byabo […] yego karacyahari ariko turi kugerageza gukorana na Minisiter y’Uburezi kugira ngo dufashe abo bana baba mu mashuri kuba batakorerwa ako kato.”

Kugeza ubu mu Rwanda abarenga ibiumbi 219 bafata imiti ya Virusi itera Sida, ugereranyije n’umubare w’abipimishije bakayisanganwa, abafata imiti ni 92%.

2024-05-15
Editorial

IZINDI NKURU

Ibyemezo bya Komisiyo y’imyitwarire ku makipe atarubahirije amabwiriza yo kurwanya Covid-19

Ibyemezo bya Komisiyo y’imyitwarire ku makipe atarubahirije amabwiriza yo kurwanya Covid-19

Editorial 22 Dec 2020
Ikiganiro “Isango na Muzika” cya Radiyo Isango Star kigiye gutanga ibihembo ku nshuro ya kabiri

Ikiganiro “Isango na Muzika” cya Radiyo Isango Star kigiye gutanga ibihembo ku nshuro ya kabiri

Editorial 02 Nov 2021
Abahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi biyamamarizaga ubudepite Iburayi no mu Bubiligi batashye amaramasa

Abahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi biyamamarizaga ubudepite Iburayi no mu Bubiligi batashye amaramasa

Editorial 10 Jun 2024
Urubanza rw’ubujurire rwa Lt. Col. Rugigana uvukana na Kayumba Nyamwasa rwashyizwe mu muhezo

Urubanza rw’ubujurire rwa Lt. Col. Rugigana uvukana na Kayumba Nyamwasa rwashyizwe mu muhezo

Editorial 30 Apr 2018
Ibyemezo bya Komisiyo y’imyitwarire ku makipe atarubahirije amabwiriza yo kurwanya Covid-19

Ibyemezo bya Komisiyo y’imyitwarire ku makipe atarubahirije amabwiriza yo kurwanya Covid-19

Editorial 22 Dec 2020
Ikiganiro “Isango na Muzika” cya Radiyo Isango Star kigiye gutanga ibihembo ku nshuro ya kabiri

Ikiganiro “Isango na Muzika” cya Radiyo Isango Star kigiye gutanga ibihembo ku nshuro ya kabiri

Editorial 02 Nov 2021
Abahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi biyamamarizaga ubudepite Iburayi no mu Bubiligi batashye amaramasa

Abahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi biyamamarizaga ubudepite Iburayi no mu Bubiligi batashye amaramasa

Editorial 10 Jun 2024
Urubanza rw’ubujurire rwa Lt. Col. Rugigana uvukana na Kayumba Nyamwasa rwashyizwe mu muhezo

Urubanza rw’ubujurire rwa Lt. Col. Rugigana uvukana na Kayumba Nyamwasa rwashyizwe mu muhezo

Editorial 30 Apr 2018
Ibyemezo bya Komisiyo y’imyitwarire ku makipe atarubahirije amabwiriza yo kurwanya Covid-19

Ibyemezo bya Komisiyo y’imyitwarire ku makipe atarubahirije amabwiriza yo kurwanya Covid-19

Editorial 22 Dec 2020
Ikiganiro “Isango na Muzika” cya Radiyo Isango Star kigiye gutanga ibihembo ku nshuro ya kabiri

Ikiganiro “Isango na Muzika” cya Radiyo Isango Star kigiye gutanga ibihembo ku nshuro ya kabiri

Editorial 02 Nov 2021
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru