• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Julien Mette wari umaze amezi 5 ari Umutoza wa Rayon Sports yayisezeyeho nyuma yo kubuzwa gutoza umukino bahuye na APR FC

Julien Mette wari umaze amezi 5 ari Umutoza wa Rayon Sports yayisezeyeho nyuma yo kubuzwa gutoza umukino bahuye na APR FC

Ubwanditsi 17 Jun 2024 Amakuru, IMIKINO

Ku wa Gatandatu, tariki ya 15 Kamena, ubwo Rayon Sports yakinaga na APR FC mu mukino wa gishuti wo kuganura Stade Amahoro, byari byitezwe ko uyu Mufaransa ari we uza gutoza Gikundiro yari yakoresheje imyitozo iminsi itatu.

Umufaransa Julien Mette wari umaze amezi atanu ari Umutoza wa Rayon Sports yayisezeyeho nyuma yo kubuzwa gutoza umukino wa Rayon Sports na APR FC muri Stade Amahoro Nshya.

Ku wa Gatandatu, tariki ya 15 Kamena, ubwo Rayon Sports yakinaga na APR FC mu mukino wa gishuti wo kuganura Stade Amahoro, byari byitezwe ko uyu Mufaransa ari we uza gutoza Gikundiro yari yakoresheje imyitozo iminsi itatu.

Icyatunguranye ni uko Umutoza Julien Mette atawugaragayeho kuko yashatse gukinisha bamwe mu bakinnyi bakiri bato barimo n’uwo yashakaga kubanza mu izamu yari akuye mu ikipe y’abato yari amaze igihe atoza muri iki gihe cy’ibiruhuko.

Abandi bakinnyi ba Rayon Sports barimo Muhire Kevin ndetse n’abayobozi ntibemeye iki cyemezo, bamusaba kugihindura gusa birangira abyanze, bahitamo kumukura ku mukino bashyiraho Rwaka Claude usanzwe atoza Ikipe y’Abagore.

Mette yatanze impamvu z’uko ataza gutoza umukino kuko arwaye mu nda, ariko Kapiteni wa Rayon Sports, Muhire Kevin yemereye itangazamakuru ko banze icyifuzo cye.

Ku mugoroba wo ku Cyumweru, Julien Mette yanditse ku mbuga nkoranyambaga ze agaragaza ko yamaze gutandukana na Rayon Sports.

Ati: “Mwarakoze ku bwo kunyakira neza n’icyubahiro buri mufana yanyeretse. Igihugu cyiza, Umujyi mwiza wa Kigali, amezi atanu agoranye kuri njye. Kwiheba cyane bijyanye n’ibibazo byo mu ikipe kuva naza. Nakoze uko nshoboye ntari kumwe n’abatoza bungiriza ndetse nta n’abakinnyi bashoboka bagurwa. Ibyo ari byo byose…ndi Gikundiro.”

Uyu mutoza ukomoka mu Bufaransa, wamaze gusubira iwabo, yari yarageze muri Rayon Sports muri Mutarama uyu mwaka.

Yayifashije gusoreza ku mwanya wa kabiri muri Shampiyona no kugarukira muri 1/2 cy’Igikombe cy’Amahoro aho yasezerewe na Bugesera FC.

Mette yari mu biganiro na Rayon Sports kugira ngo yongere amasezerano yo gukomeza gutoza iyi kipe yambara ubururu n’umweru dore ko yari afite ay’igihe gito yarangiranye n’umwaka w’imikino ushize.

Mu yandi makipe yatoje harimo Tongo FC Jambon na Association Sportive Otohô zo muri Congo Brazzaville ndetse yanatoje Djibouti.

2024-06-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ikipe ya Chelsea yasezereye Manchester City igera ku mukino wa nyuma wa FA Cup aho izahura na Leicester City yo yasezereye ikipe ya Southampton.

Ikipe ya Chelsea yasezereye Manchester City igera ku mukino wa nyuma wa FA Cup aho izahura na Leicester City yo yasezereye ikipe ya Southampton.

Ubwanditsi 19 Apr 2021
Perezida Paul Kagame yashyize mu kiruhuko cy’izabukuru abarimo CG Emmanuel K.Gasana

Perezida Paul Kagame yashyize mu kiruhuko cy’izabukuru abarimo CG Emmanuel K.Gasana

Ubwanditsi 27 Sep 2023
MTN yateguye igitaramo cy’imbaturamugabo yatumiyemo bamwe mu bahanzi b’ibyamamare

MTN yateguye igitaramo cy’imbaturamugabo yatumiyemo bamwe mu bahanzi b’ibyamamare

Ubwanditsi 01 Jun 2016
Champions League: FC Barcelone yasezereye Man Utd iyinyagiye, Juventus ikurwamo na Ajax (Amafoto)

Champions League: FC Barcelone yasezereye Man Utd iyinyagiye, Juventus ikurwamo na Ajax (Amafoto)

Ubwanditsi 17 Apr 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kirehe: Abahoze ari abanyabyaha bitandukanye n’inzererezi  biyemeje kubireka no gufasha abandi kubivamo
Mu Mahanga

Kirehe: Abahoze ari abanyabyaha bitandukanye n’inzererezi biyemeje kubireka no gufasha abandi kubivamo

Ubwanditsi 04 Apr 2016
Polisi y’u Rwanda yakomereje ubukangurambaga bwo kurwanya ibiyobyabwenge mu Ntara y’Amajyepfo
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yakomereje ubukangurambaga bwo kurwanya ibiyobyabwenge mu Ntara y’Amajyepfo

Ubwanditsi 08 Jul 2016
Miss Mutesi Jolly mu nama yitabiriwe na Moussa Fakki Mahamat na Perezida wa Angola
HIRYA NO HINO

Miss Mutesi Jolly mu nama yitabiriwe na Moussa Fakki Mahamat na Perezida wa Angola

Ubwanditsi 18 Sep 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru