• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • BNR yazamuye urwunguko rwayo ruva kuri 6,75% rwari rwashyizweho mu mezi atatu ashize, rushyirwa kuri 7,25%   |   20 Feb 2026

  • Ubumwe n’Ubudaherwa bw’abanyarwanda niyo soko y’Umubano uhoraho i Rwanda n’Imahanga   |   20 Feb 2026

  • Gen MK Mubarakh Muganga yasuye APR FC yitegura guhura na Police FC muri shampiyona y’u Rwanda   |   20 Feb 2026

  • Ibaruwa ifunguye yandikiwe Perezida Évariste Ndayishimiye uri ku buyobozi bushya bwa AU   |   19 Feb 2026

  • Ishoramari mvamahanga ryageze kuri miliyari 1.598,3 Frw mu mwaka umwe   |   19 Feb 2026

  • Urukundo Interahamwe zize gukunda Kizito, zitamukunze zica abe muri Jenoside zakoreye Abatutsi zirukura he?   |   19 Feb 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ubumwe n’Ubudaherwa bw’abanyarwanda niyo soko y’Umubano uhoraho i Rwanda n’Imahanga

Ubumwe n’Ubudaherwa bw’abanyarwanda niyo soko y’Umubano uhoraho i Rwanda n’Imahanga

RUSHYASHYA 20 Feb 2026 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, Mu Rwanda, POLITIKI

Ubumwe n’Ubudaheranwa ni gahunda y’igihugu yimakaza ubumwe bw’Abanyarwanda, kwiyumva nk’umwe, no gufatanya guhangana n’imbogamizi (ubudaheranwa) kugira ngo hubakwe igihugu giteye imbere. Iyi ndangagaciro ishingiye kuri Ndi Umunyarwanda, kurengera abahuye n’ibibazo, kurwanya ingengabitekerezo ya jenoside, no gukunda igihugu.

Imiterere n’Intego by’Ubumwe n’Ubudaheranwa:
  • Ubumwe bw’Abanyarwanda: Kwiyumva nk’Umunyarwanda mbere y’ibindi byose, kubana nta rwicyekwe, no gushyira inyungu rusange imbere.
  • Ubudaheranwa: Gukomera, kutadohoka, no guhangana n’ibibazo n’inzitizi bikigaragara mu muryango nyarwanda.
  • Gusigasira Ibyagezweho: Kwimakaza umuco w’ubutore, kuremera abatishoboye, no kwigira kw’Abanyarwanda.
  • Uruhare rwa Buri Muntu: Ni inshingano ya buri Munyarwanda gukumira no kurwanya icyo ari cyo cyose gishobora gutanya abantu. 
Ibi bikorwa bishimangira umuco Nyarwanda no gukomeza ubumwe nk’ishingiro ry’iterambere rirambye

Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE), yateguye ibiganiro bizayihuza n’Abanyarwanda baba mu Burayi bigaruka ku kwimakaza ubumwe n’ubudaheranwa.

Ni ibiganiro biteganyijwe kuzaba ku wa 21 Gashyantare 2026, bikazabera i Paris mu Bufaransa. Bizahuriramo n’Abanyarwanda biganjemo abakiri bato bavukiye mu mahanga cyangwa abavuye mu Rwanda bakiri bato ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yabaga.

Ibi biganiro kandi bizitabirwa n’abahagarariye imiryango y’Abanyarwanda baba mu bihugu bitandukanye by’u Burayi.

Igikorwa cyateguwe nk’ahantu ho gusangira no guhana ibitekerezo, no gusangira amakuru, kikaba kizatanga amahirwe yo gusobanukirwa neza urugendo rw’u Rwanda mu guharanira ubumwe, guhangana n’ibibazo byagiye bigaragara mu myaka yatambutse no kugaragariza ababa mu mahanga amahirwe ashobora gutuma bakomeza gukorana bya hafi n’igihugu cyabo.

Ni ibiganiro kandi bifatwa nk’umwanya mwiza wo guha buri wese urubuga rwo kugaragaza uburyo abayeho, isano afitanye n’u Rwanda n’uburyo ababa mu mahanga bakomeza gukomera ku muco n’indangagaciro by’u Rwanda mu Burayi.

Ibiganirwaho kandi harimo uruhare rw’urubyiruko mu kubungabunga umuco, uruhare rw’amahuriro atandukanye mu gukomeza ubumwe, uruhare rw’umuryango mu gutanga amakuru ya nyayo n’ibindi.

Ni igikorwa kizatangirwamo imbwirwaruhame zitandukanye, ibiganiro bizahuriramo inzobere zitandukanye, ubuhamya n’ibindi.

Byitezweho gufasha Abanyarwanda baba mu mahanga kurushaho kunga ubumwe, indangagaciro z’u Rwanda, kwigisha urubyiruko umuco wo gushyigikirana, kubahana no kudaheranwa.

Minisitiri Bizimana hamwe n'abakozi b'ibigo bishanikiye kuri MINUBUMWE, bari ku Gicumbi cy'Intwari z'i Nyange muri Ngororero

2026-02-20
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

P. Kagame na Museveni  bahuriye muri Sheraton Hotel i Addis [ Bageze kuki ? ]

P. Kagame na Museveni bahuriye muri Sheraton Hotel i Addis [ Bageze kuki ? ]

Ubwanditsi 30 Jan 2018
Polisi mu karere ka Rulindo yagaruje byinshi byibwe mu ikamyo itwara ibinyobwa

Polisi mu karere ka Rulindo yagaruje byinshi byibwe mu ikamyo itwara ibinyobwa

Ubwanditsi 13 Jan 2016
Icyegeranyo cy’itsinda ry’impuguke za Loni kirashinja igisirikari cya Kongo kwica, gusahura abaturage no gusambanya abagore ku ngufu. Nta ruhare rw’u Rwanda mu bibera muri Kongo rwagaragajwe.

Icyegeranyo cy’itsinda ry’impuguke za Loni kirashinja igisirikari cya Kongo kwica, gusahura abaturage no gusambanya abagore ku ngufu. Nta ruhare rw’u Rwanda mu bibera muri Kongo rwagaragajwe.

Ubwanditsi 25 Jun 2022
Mpayimana agiye kwiyamamariza kuba umudepite nyuma yo gutsindwa amatora ya Perezida

Mpayimana agiye kwiyamamariza kuba umudepite nyuma yo gutsindwa amatora ya Perezida

Ubwanditsi 22 Sep 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuhanzi Yves Kana Trezzor yashyize hanze imwe mu ndirimbo izagaragara k’umuzingo w’indirimbo zizagaruka ku rukundo rwe n’umugore we baherutse kubana.
Amakuru

Umuhanzi Yves Kana Trezzor yashyize hanze imwe mu ndirimbo izagaragara k’umuzingo w’indirimbo zizagaruka ku rukundo rwe n’umugore we baherutse kubana.

Ubwanditsi 19 May 2021
FARDC yavumbuye ububiko bw’intwaro za FDLR na RUD Urunana nyuma yo kwivugana abayobozi b’iyo mitwe
INKURU NYAMUKURU

FARDC yavumbuye ububiko bw’intwaro za FDLR na RUD Urunana nyuma yo kwivugana abayobozi b’iyo mitwe

Ubwanditsi 13 Nov 2019
James Munyandinda wiyise Jackson Munyeragwe ashinja ingabo zahoze ari iza APR, uruhare mu ihanurwa ry’indege ya Habyarimana  ni muntu ki ?
ITOHOZA

James Munyandinda wiyise Jackson Munyeragwe ashinja ingabo zahoze ari iza APR, uruhare mu ihanurwa ry’indege ya Habyarimana ni muntu ki ?

Ubwanditsi 20 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru