• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ruharwa Ntabakuze azaguma muri gereza: IRMCT yatesheje agaciro ubusabe bwe bwo gufungurwa mbere y’igihe
Former Rwanda army's Brigadier-General Gratien Kabiligi (L) talks with his lawyer after he was acquitted of charges of genocide on December 18, 2008 in Arusha at the International Criminal Tribunal for Rwanda (ICTR), where his co-accused, Colonel Theonese Bagosora, Lieutenant-Colonel Anatole Nsengiyumva and Major Aloys Ntabakuze were convicted to life in prison on similar charges. The ICTR convicted to life in prison the on charges of genocide during the 1994 Rwanda massacre at which more than 800,000 Tutsi's and moderate Hutu's were murdered. AFP PHOTO/Tony KARUMBA (Photo credit should read TONY KARUMBA/AFP via Getty Images)

Ruharwa Ntabakuze azaguma muri gereza: IRMCT yatesheje agaciro ubusabe bwe bwo gufungurwa mbere y’igihe

RUSHYASHYA 27 Jun 2026 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha (IRMCT) rwatesheje agaciro ubusabe bwa Major Aloys Ntabakuze bwo gufungurwa mbere y’uko arangiza igihano yakatiwe, bityo akomeza kuguma muri gereza yo muri Bénin aho afungiye.

Mu cyemezo cyashyizwe ahagaragara ku wa 26 Kamena 2026, Perezida wa IRMCT, Umucamanza Graciela Gatti Santana, yavuze ko ubusabe bwa Ntabakuze butubahirije amabwiriza agenga uburebure bw’inyandiko zitangwa muri uru rwego, bityo bukaba butemewe mu mategeko.

Major Aloys Ntabakuze wahoze ayobora Batayo y’Abaparakomando mu ngabo zari iza Leta ya Habyarimana (Ex-FAR) zakoze Jenoside , yakatiwe imyaka 35 y’igifungo nyuma yo guhamwa n’ibyaha bya Jenoside, gutsemba no gutoteza nk’ibyaha byibasiye inyokomuntu. Ubu ari kurangiriza igihano cye muri Bénin nyuma yo koherezwayo n’Urwego rw’Umuryango w’Abibumbye rushinzwe inkiko mpuzamahanga.

Tariki ya 22 Kamena 2026, Ntabakuze yari yatanze ubusabe bwo gufungurwa mbere y’igihe, ashingiye ku kuba yararangije bibiri bya gatatu by’igihano cye, kimwe mu bisabwa kugira ngo umuntu asuzumirwe kurekurwa mbere y’igihe.

Icyakora, IRMCT yagaragaje ko inyandiko y’ubusabe bwe yari igizwe n’amagambo 4,636, mu gihe amabwiriza y’uru rwego ateganya ko ubusabe nk’ubwo budakwiye kurenza amagambo 3,000. Umuntu ushaka kurenza uwo mubare asabwa kubanza gusaba uburenganzira no gusobanura impamvu zidasanzwe zabimuteye, ibintu Ntabakuze atakoze.

Umucamanza Gatti Santana yavuze ko kubera kutubahiriza ayo mabwiriza, ubusabe bwa Ntabakuze bufatwa nk’ubwatanzwe mu buryo bunyuranyije n’amategeko, bityo bukaba “nta gaciro bufite.”

Iki cyemezo gisobanuye ko Ntabakuze adahita afungurwa nk’uko yari abyifuza, ahubwo agomba gukomeza igifungo cye kugeza igihe azongera gutanga ubusabe bukurikije amategeko n’amabwiriza ya IRMCT.

Kugeza ubu, nta gihindutse ku gihano cya Major Aloys Ntabakuze, kandi azakomeza kuguma muri gereza ya Bénin mu gihe ategereje indi myanzuro ishobora gufatwa ku busabe bwe bwo kurekurwa mbere y’igihe.

2026-06-27
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Tuyishime Placide uzwi nka Trump yakoze ihererekanyabubasha na Nsengiyumva Richard umusimbuye mu kuyobora Musanze FC

Tuyishime Placide uzwi nka Trump yakoze ihererekanyabubasha na Nsengiyumva Richard umusimbuye mu kuyobora Musanze FC

Ubwanditsi 25 Jun 2025
Burundi: Ntagitunguranye CNDD-FDD yihaye imyanya yose mu matora atarimo abo bari bahanganye

Burundi: Ntagitunguranye CNDD-FDD yihaye imyanya yose mu matora atarimo abo bari bahanganye

Ubwanditsi 12 Jun 2025
Uganda: Kubera imyenda yabeshye ko yashimuswe ngo abone ayo yishyura

Uganda: Kubera imyenda yabeshye ko yashimuswe ngo abone ayo yishyura

Ubwanditsi 22 May 2018
Shampiyona y’u Rwanda yo gusiganwa ku magare yari iteganyijwe mu mpera z’iki cyumweru yasubitswe kubera Koronavirusi.

Shampiyona y’u Rwanda yo gusiganwa ku magare yari iteganyijwe mu mpera z’iki cyumweru yasubitswe kubera Koronavirusi.

Ubwanditsi 17 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yatangaje ko u Rwanda rwatanze ubusabe bwo kwakira Formula 1 ndetse ko ibiganiro biri kugenda neza
Amakuru

Perezida Kagame yatangaje ko u Rwanda rwatanze ubusabe bwo kwakira Formula 1 ndetse ko ibiganiro biri kugenda neza

Ubwanditsi 13 Dec 2024
Inama nyunguranabitekerezo ku gusubukurwa kwa shampiyona y’u Rwanda, yanzuye ko amakipe ajya mu mwiherero ndetse agapimwa incuro ebyiri mu cyumweru
Amakuru

Inama nyunguranabitekerezo ku gusubukurwa kwa shampiyona y’u Rwanda, yanzuye ko amakipe ajya mu mwiherero ndetse agapimwa incuro ebyiri mu cyumweru

Ubwanditsi 05 Jan 2022
Undi Munyarwandakazi yahawe igihembo n’umwamikazi w’u Bwongereza
Mu Rwanda

Undi Munyarwandakazi yahawe igihembo n’umwamikazi w’u Bwongereza

Ubwanditsi 04 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru