Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha (IRMCT) rwatesheje agaciro ubusabe bwa Major Aloys Ntabakuze bwo gufungurwa mbere y’uko arangiza igihano yakatiwe, bityo akomeza kuguma muri gereza yo muri Bénin aho afungiye.
Mu cyemezo cyashyizwe ahagaragara ku wa 26 Kamena 2026, Perezida wa IRMCT, Umucamanza Graciela Gatti Santana, yavuze ko ubusabe bwa Ntabakuze butubahirije amabwiriza agenga uburebure bw’inyandiko zitangwa muri uru rwego, bityo bukaba butemewe mu mategeko.
Major Aloys Ntabakuze wahoze ayobora Batayo y’Abaparakomando mu ngabo zari iza Leta ya Habyarimana (Ex-FAR) zakoze Jenoside , yakatiwe imyaka 35 y’igifungo nyuma yo guhamwa n’ibyaha bya Jenoside, gutsemba no gutoteza nk’ibyaha byibasiye inyokomuntu. Ubu ari kurangiriza igihano cye muri Bénin nyuma yo koherezwayo n’Urwego rw’Umuryango w’Abibumbye rushinzwe inkiko mpuzamahanga.
Tariki ya 22 Kamena 2026, Ntabakuze yari yatanze ubusabe bwo gufungurwa mbere y’igihe, ashingiye ku kuba yararangije bibiri bya gatatu by’igihano cye, kimwe mu bisabwa kugira ngo umuntu asuzumirwe kurekurwa mbere y’igihe.
Icyakora, IRMCT yagaragaje ko inyandiko y’ubusabe bwe yari igizwe n’amagambo 4,636, mu gihe amabwiriza y’uru rwego ateganya ko ubusabe nk’ubwo budakwiye kurenza amagambo 3,000. Umuntu ushaka kurenza uwo mubare asabwa kubanza gusaba uburenganzira no gusobanura impamvu zidasanzwe zabimuteye, ibintu Ntabakuze atakoze.
Umucamanza Gatti Santana yavuze ko kubera kutubahiriza ayo mabwiriza, ubusabe bwa Ntabakuze bufatwa nk’ubwatanzwe mu buryo bunyuranyije n’amategeko, bityo bukaba “nta gaciro bufite.”
Iki cyemezo gisobanuye ko Ntabakuze adahita afungurwa nk’uko yari abyifuza, ahubwo agomba gukomeza igifungo cye kugeza igihe azongera gutanga ubusabe bukurikije amategeko n’amabwiriza ya IRMCT.
Kugeza ubu, nta gihindutse ku gihano cya Major Aloys Ntabakuze, kandi azakomeza kuguma muri gereza ya Bénin mu gihe ategereje indi myanzuro ishobora gufatwa ku busabe bwe bwo kurekurwa mbere y’igihe.



