• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • APR BBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona ku nshuro ya kane yikurikiranya   |   25 Aug 2026

  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»APR BBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona ku nshuro ya kane yikurikiranya

APR BBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona ku nshuro ya kane yikurikiranya

RUSHYASHYA 25 Aug 2026 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

APR BBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya Basketball ku nshuro ya Kane yikurikiranya nyuma yo gutsinda Patriots BBC amanota 114 -76.

Ikipe y’Ingabo yabigezeho nyuma yo gutsinda umukino wa nyuma wa kane wa Play-offs, wakinwe ku wa Mbere, tariki ya 24 Kanama 2026.

Ni umukino watangiye wegeranye cyane icyakora uko iminota yicumaga, APR yongeraga ikinyuranyo ibifashijwemo na Craig Randall na Adonis Filer.

Igice cya mbere cyarangiye APR BBC iyoboye umukino n’amanota 56 kuri 43 ya Patriots BBC.

Mu gice cya kabiri, umukino wakomeje kugenda muri uwo mujyo, Patriots icika imbaraga, umukino wiharirwa cyane na APR yanahinduye abakinnyi igashyiramo abadakunze kubona umwanya wo gukina.

Umukino warangiye APR BBC yatsinze Patriots amanota 114-76, yegukana Igikombe cya Shampiyona ku nshuro ya kane yikurikiranya, inahembwa miliyoni 15 Frw.

REG BBC yegukanye umwanya wa gatatu nyuma yo gutsinda RSSB Tigers imikino 2-1.

Umutoza mwiza w’umwaka yabaye Niyomugabo Munyandamutsa Sunny utoza Patriots BBC.

Umukinnyi wazamuye urwego kurusha abandi yabaye Kwizera Sage Hubert. Myugariro mwiza yabaye Garba Chingka Kennedy wa Patriots.

Umukinnyi watsinze amanota atatu menshi yabaye Eliott Cole wa REG BBC watsinze angana na 63. Umukinnyi watsinze amanota menshi kurusha abandi muri shampiyona ni Damaria Franklin wa Patriots watsinze angana na 504.

Umukinnyi wahize abandi muri shampiyona isanzwe (Regular season) yabaye Garba Chingka Kennedy ukinira Patriots BBC.

Ni mu gihe umukinnyi wahize abandi mu mikino ya kamarampaka yabaye Craig Randall wa APR BBC. Uyu mukinnyi yagize umwaka udasanzwe kuko yanabaye MVP wa BAL 2026.
ImageImageImageImageImageImageImageImageImageImageImageImageImageImageImageImageImageImageImage

2026-08-25
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Mu burezi budaheza buzira ikandamiza n’iringaniza Abanyeshuri basaga Ibihumbi 220 basoje Amashuri Abanza batangiye ibizamini bya Leta

Mu burezi budaheza buzira ikandamiza n’iringaniza Abanyeshuri basaga Ibihumbi 220 basoje Amashuri Abanza batangiye ibizamini bya Leta

Ubwanditsi 01 Jul 2025
50% y’Amafaranga azava ku mikino ya nyuma y ‘lgikombe cy’Amahoro 2023 azafasha abagizweho ingaruka n’ibiza

50% y’Amafaranga azava ku mikino ya nyuma y ‘lgikombe cy’Amahoro 2023 azafasha abagizweho ingaruka n’ibiza

Ubwanditsi 24 May 2023
Kiyovu Sports yasinyanye amasezerano y’ubufatanye na Kipharma akubiyemo guhabwa imiti ndetse n’ibindi bikoresho.

Kiyovu Sports yasinyanye amasezerano y’ubufatanye na Kipharma akubiyemo guhabwa imiti ndetse n’ibindi bikoresho.

Ubwanditsi 04 May 2021
Perezida Kagame yahaye impanuro Abaminisitiri  zizabafasha kwihutisha amavugururwa mu iterambere Abanyarwanda bakeneye

Perezida Kagame yahaye impanuro Abaminisitiri zizabafasha kwihutisha amavugururwa mu iterambere Abanyarwanda bakeneye

Ubwanditsi 13 Sep 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uburyo ASP Kirumira yishwe
ITOHOZA

Uburyo ASP Kirumira yishwe

Ubwanditsi 04 Oct 2018
Uko Museveni yababariye abo yahemukiye
INKURU NYAMUKURU

Uko Museveni yababariye abo yahemukiye

Ubwanditsi 04 Jun 2019
Uganda: Insoresore 40 zari zijyanywe na RNC gutorezwa muri Congo zatawe muri yombi mu gisa no kutumvikana hagati ya polisi na CMI
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Insoresore 40 zari zijyanywe na RNC gutorezwa muri Congo zatawe muri yombi mu gisa no kutumvikana hagati ya polisi na CMI

Ubwanditsi 12 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru