• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ababyeyi barasabwa kudaha inzoga no kujyana abana mu tubari

Ababyeyi barasabwa kudaha inzoga no kujyana abana mu tubari

Editorial 15 May 2017 Mu Rwanda

Ubu butumwa bwatanzwe nyuma y’umukwabu wakozwe na Polisi y’u Rwanda wo kureba abana baba bari mu tubari. Uyu mukwabu wakozwe mu ijoro ryo kuri uyu wa gatanu tariki ya 12 Gicurasi mu gihugu hose.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Assistant Commissioner of Police (ACP) Theos Badege, ubwo yasobanuriraga itangazamakuru ibyavuye muri uwo mukwabu, yavuze ko wabaye mu rwego rwo kubahiriza amategeko no kureba niba ubutumwa bwatanzwe n’abayobozi b’igihugu bwo kubuza abantu guha abana inzoga n’ibisindisha bwubahirizwa.

ACP Badege yavuze ati:”Muri uyu mukwabu wakozwe mu gihugu hose, twasanze abana batari bacye mu tubari, ba nyiratwo bane ubu bakaba bari mu maboko ya Polisi bakurikiranyweho icyaha cyo guha inzoga n’ibisindisha abana batarageza ku myaka y’ubukure.”

Yasabye ba nyir’utubari kureba abana binjira mu tubari twabo, bakareba n’uwinjiranye n’umwana ko ari umubyeyi we cyangwa umurera byemewe n’amategeko kandi ko nawe atagomba kumuha inzoga, byaba ngombwa akabaka n’ibyangombwa .

Yasoje asaba kandi abafite utubari gushyira ibyapa bikangurira abantu kwirinda guha inzoga abana batarageza imyaka y’ubukure, kandi bakabishyira ahantu hagaragara.

-6584.jpg

Aba bana bafashwe bari mu tubari dutandukanye

Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu Uwamariya Odette, yashimiye Polisi y’u Rwanda kubera iki gikorwa yakoze, anavuga ko guha abana inzoga bibagiraho ingaruka nyinshi.

Yavuze ati:”Guha abana inzoga bibagiraho ingaruka nyinshi zirimo kwishora mu busambanyi bishobora kubaviramo gutwara inda batateguye, kwandura indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina idakingiye zirimo na SIDA, ndetse no gutakaza icyizere cy’ubuzima bwabo bw’ejo hazaza.”

Yakomeje avuga ati:”Uyu mukwabu n’indi myinshi izkorwa uje nyuma y’inama ku itariki 9 Gicurasi yarebaga uko ikibazo cyo guha inzoga abana no kubajyana mu tubari gihagaze, ikaba yarasanze gikwiye guhagurukirwa, tukaba dusaba ababyeyi by’umwihariko, n’abanyarwanda muri rusange ko bakumva ko iki ari ikibazo cyahagurukiwe ku rwego rw’igihugu, kandi ko nabo bakwiye kukigira icyabo, bagakurikirana abana babo umunsi ku munsi.”

Yanahamagariye itangazamakuru kugeza ubu butumwa ku bantu benshi, rigakangurira buri munyarwanda kuba ijisho rya mugenzi we, kuko aba bana bashorwa mu businzi no mu busambanyi birangira bajyanywe mu icuruzwa ry’abantu.

Amategeko avuga ko nta mwana uri munsi y’imyaka 18 werewe kujya mu kabari atari kumwe n’ababyeyi be cyangwa abamurera bemewe n’amategeko.

Ingingo ya 219 yo mu gitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda ivuga ko umuntu wese uha cyangwa ugurisha umwana inzoga cyangwa umukoresha mu icuruzwa ryazo, ahanishwa igifungo kuva ku mezi atatu (3) ariko kitageze ku mezi atandatu (6), n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda kuva ku bihumbi magana atatu (300.000) kugeza kuri miliyoni imwe (1.000.000), cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

2017-05-15
Editorial

IZINDI NKURU

Abarwayi ba Coronavirus mu Rwanda bageze kuri 70

Abarwayi ba Coronavirus mu Rwanda bageze kuri 70

Editorial 30 Mar 2020
Guhanwa bikomeye  no gucibwa ihazabu bishobora ku gabanya gukoresha mu rugo imirimo ivunanye abana bakiri bato.

Guhanwa bikomeye  no gucibwa ihazabu bishobora ku gabanya gukoresha mu rugo imirimo ivunanye abana bakiri bato.

Editorial 08 Feb 2018
U Rwanda n’ikipe ya Bayern Munich yo mu Budage bongereye amasezerano y’ubufatanye azageza 2028

U Rwanda n’ikipe ya Bayern Munich yo mu Budage bongereye amasezerano y’ubufatanye azageza 2028

Editorial 08 Aug 2025
Kagame yasobanuye impamvu Abanyarwanda bagira uruhare mu bukerarugendo

Kagame yasobanuye impamvu Abanyarwanda bagira uruhare mu bukerarugendo

Editorial 29 Aug 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abakobwa 20 bari mu mwiherero i Nyamata babuze uko bahura n’abakunzi babo kuri St valentin
SHOWBIZ

Abakobwa 20 bari mu mwiherero i Nyamata babuze uko bahura n’abakunzi babo kuri St valentin

Editorial 15 Feb 2018
Mu Bubiligi hari insengero z’abahutu n’iz’abatutsi- Umukobwa wa Col. Nsekarije
ITOHOZA

Mu Bubiligi hari insengero z’abahutu n’iz’abatutsi- Umukobwa wa Col. Nsekarije

Editorial 05 Jul 2018
Uko isoko ry’abakinnyi rihagaze ku mugabane w’uburayi
IMIKINO

Uko isoko ry’abakinnyi rihagaze ku mugabane w’uburayi

Editorial 17 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru