• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Abakinnyi 4 ba banyarwanda berekeje gukina muri Slovakia

Abakinnyi 4 ba banyarwanda berekeje gukina muri Slovakia

Editorial 07 Jul 2016 IMIKINO

Abakinnyi bane bakinaga mu cyiciro cya mbere mu Rwanda , babiri b’APR FC, umwe wa Police n’undi wa Kiyovu Sports bamaze kunvikana n’ikipe yo mu gihugu cya Slovakia.

-3223.jpg
Iranzi ,Rwatubyaye ,Kalisa Rachid,Ombalenga Fitina

Iranzi Jean Cluade, Rwatubyaye Abdul bakiniraga APR FC, Kalisa Rachid wakiniraga ikipe ya Police FC na Ombalenga Fitina wakiniraga ikipe ya Kiyovu Sports, bamaze bose kugurwa n’ikipe ya MFK TOPVAR TOPOLCANY yo mu gihugu cya Slovakia ku mugabane w’iburayi.

Umunyamabanga mukuru w’ikipe ya APR FC Kalisa Adolphe yemeje aya makuru atangaza ko ku ruhande rwabo bamaze kurekura aba basore b’abanyarwanda bitwara neza muri shampiyona. Yagize ati :” Ni byo koko aba bakinnyi twamaze kubaha uburenganzira bwo kwerekeza muri iyi kipe.Abayobozi bayo baje kutureba, tugirana ibiganiro, bigenda neza. baciye mu nzira nziza, biza kurangira i by’ingenzi tubyunvikanyeho.”

Umuyobozi w’iyi kipe witwa Abdelaziz Benaoudia usanzwe anakorera ubucurizi mu gihugu cya Kenya , amaze iminsi ari mu Rwanda aho yaragiranye ibiganiro n’abayobozi b’amakipe yari afite aba bakinnyi, biza kurangira bose ababonye.Aba basore kuri uyu wa kabiri nibwo bashyize umukono ku masezerano, aho buri umwe yasinye gukinira iyi kipe mu gihe cy’amezi 18.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa kabiri Ombalenga Fitina, Iranzi Jean Claude, Rwatubyaye Abdul na Rachid Kalisa berekeje mu gihugu cya Kenya gusaba visa, bakaba bagaruka mu Rwanda kuri uyu wa kane.

Aba bakinnyi uko ari bane bakaba bagomba kujya muri iyi kipe yo mu cyiciro cya gatatu muri Slovakia mu mpera z’uku kwezi, bamaze kurangiza imikino ya shampiyona y’icyiciro cya mbere hano mu Rwanda.

Umuyobozi w’iyi kipe Abdelaziz Benaoudia afite icyizere ko aba basore mu gihe gito cyane araza kuba yababoneye ikipe mu cyiciro cya mbere muri Slovakia, cyangwa akabajyana mu gihugu cy’Ububiligi.

Aba bakinnyi nta mafaranga iyi kipe irabatangaho mu kugenda,ariko mu masezerano amakipe azagirana n’iyi kipe, harimo kuzabona ibigera kuri 30 ku ijana y’amafaranga bazagurishwa.Aba bakinnyi baratangirira ku mushahara uri hejuru ya miliyoni 2 n’igice z’amafaranga y’u Rwanda.

2016-07-07
Editorial

IZINDI NKURU

Gianni Infantino yongeye gutorerwa kuyobora FIFA mu gihe cy’imyaka ine iri imbere, ni amatora abereye muri BK Arena

Gianni Infantino yongeye gutorerwa kuyobora FIFA mu gihe cy’imyaka ine iri imbere, ni amatora abereye muri BK Arena

Editorial 16 Mar 2023
Umuryango wa Rayon Sports wahombeje ikipe miliyoni zireng a 250 mu mezi 8

Umuryango wa Rayon Sports wahombeje ikipe miliyoni zireng a 250 mu mezi 8

Editorial 07 Mar 2016
CAN U20: UGANDA na GHANA zageze ku mukino wa nyuma muri Mauritania

CAN U20: UGANDA na GHANA zageze ku mukino wa nyuma muri Mauritania

Editorial 02 Mar 2021
AMAFOTO – Ikipe ya Rayon Sports yamuritse imyambaro mishya izakoresha mu mwaka utaha w’imikino wa 2025-2026

AMAFOTO – Ikipe ya Rayon Sports yamuritse imyambaro mishya izakoresha mu mwaka utaha w’imikino wa 2025-2026

Editorial 11 Aug 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amashirakinyoma : Abadipolomate bakorera mu Rwanda bigereye muri Pariki ya Nyungwe
UBUKERARUGENDO

Amashirakinyoma : Abadipolomate bakorera mu Rwanda bigereye muri Pariki ya Nyungwe

Editorial 18 May 2019
Nkurunziza yagize icyo avuga ku Rwanda na Kagame
Mu Rwanda

Nkurunziza yagize icyo avuga ku Rwanda na Kagame

Editorial 02 Jan 2016
Ese icyiswe umugambi wo guhirika ubutegetsi bwa Tshisekedi, si ikinamico nka bya bitero byo mu Burundi?
Amakuru

Ese icyiswe umugambi wo guhirika ubutegetsi bwa Tshisekedi, si ikinamico nka bya bitero byo mu Burundi?

Editorial 19 May 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru