• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Abapolisi biga iby’ubuyobozi mu Ishuri Rikuru rya Polisi y’u Rwanda (NPC) batangiye urugendoshuri

Abapolisi biga iby’ubuyobozi mu Ishuri Rikuru rya Polisi y’u Rwanda (NPC) batangiye urugendoshuri

Ubwanditsi 08 May 2018 Mu Rwanda

Icyiciro cya 6 cy’abapolisi bakuru 28 baturuka mu bihugu 8 bya Afurika biga iby’ub’ubuyobozi mu Ishuri Rikuru rya Polisi y’u Rwanda (National Police College (NPC) riri mu karere ka Musanze mu Ntara y’Amajyaruguru, kuri uyu wa mbere tariki ya 7 Gicurasi batangiye urugendo shuri mu gihugu hagati, rukaba rugamije kubongerera ubumenyi, bagahuza ibyo bize mu ishuri n’ukuri kw’ibikorerwa aho bazakorera akazi kabo.

Ibihugu aba bapolisi baturukamo ni Ethiopia, Kenya, Namibia, South Sudan, Sudan, Tanzania, Uganda, n’u Rwanda rwabakiriye.
Urugendo shuri rwabo bakaba barutangiye basura Ikigo cy’Igihugu gishinzwe imiyoborere (Rwanda Governance Board-RGB) na Komisiyo y’igihugu y’ubumwe n’ubwiyunge (National Unity and Reconciliation Commission -NURC).
Ubwo basuraga Ikigo cy’Igihugu gishinzwe imiyoborere, bakiriwe n’umuyobozi wacyo wungirije Dr Usta Kayitesi, wabasobanuriye uruhare rw’imiyoborere myiza mu iterambere ry’igihugu.
Nyuma y’aho, bahuriye n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge Fidèle Ndayisaba ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru, abasobanurira muri make amateka yaranze igihugu cyacu, n’uburyo abanyawanda bari baraciwemo ibice, ariko kuva nyuma ya Jenoside yakorewe batutsi mu 1994, ubu u Rwanda rukaba ari igihugu kirangwamo ubumwe n’ubwiyunge kandi gikataje mu iterambere.
Yanabasobanuriye uburyo inzego z’umutekano zagize uruhare rukomeye muri ubwo bumwe n’ubwiyunge abanyarwanda bagezeho.
Mu bindi Ndayisaba yasangije aba bapolisi, ni uko u Rwanda rwishatsemo ibisubizo, byanatumye u Rwanda rugera aho rugeze ubu mu iterambere.

Nyuma y’ibi biganiro, Superintendent of Police (SP) Jane Nakityo waturutse muri Uganda yavuze ati:”Ubumenyi n’ubunararibonye tuzakura mu masomo duhabwa ndetse n’izi ngendo shuri, ntibizadufasha gutsinda neza amasomo yacu gusa, ahubwo bizanadufasha mu mirimo yacu ya buri munsi nk’abantu bakora mu nzego zishinzwe umutekano, dufata ibyemezo bikwiye, tunareba ko amategeko yubahirizwa.”

Biteganyijwe ko aba banyeshuri bazasura ingeri zitandukanye z’bigo bigera kuri 15 birimo iby’inzego zishinzwe kubahiriza amategeko, imiyoborere, umutekano, ububanyi n’amahanga, iterambere ry’igihugu n’ibindi.

2018-05-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Volkswagen izajya iteranyiriza mu Rwanda imodoka 1000 ku mwaka

Volkswagen izajya iteranyiriza mu Rwanda imodoka 1000 ku mwaka

Ubwanditsi 05 Sep 2017
Perezida  Mugabe asimbuwe burundu ku butegetsi

Perezida Mugabe asimbuwe burundu ku butegetsi

Ubwanditsi 18 Jan 2016
Ababitsa mu Ikigo cy’imali ‘Letshego Rwanda Ltd’  bararira ayo kwarika

Ababitsa mu Ikigo cy’imali ‘Letshego Rwanda Ltd’ bararira ayo kwarika

Ubwanditsi 26 Jun 2017
Iya 16 Gicurasi 1994: Abatutsi amagana biciwe i Kabgayi

Iya 16 Gicurasi 1994: Abatutsi amagana biciwe i Kabgayi

Ubwanditsi 16 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Ubwoba ni bwose mu nzego z’umutekano kubera amakuru k’uruhare rwa Uganda ari gutangwa na Bazeye hamwe na Abega
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Ubwoba ni bwose mu nzego z’umutekano kubera amakuru k’uruhare rwa Uganda ari gutangwa na Bazeye hamwe na Abega

Ubwanditsi 26 Feb 2019
Inzigo n’amakimbirane muri FDLR byaba aribyo byagambaniye umugaba mukuru wayo Mudacumura?
INKURU NYAMUKURU

Inzigo n’amakimbirane muri FDLR byaba aribyo byagambaniye umugaba mukuru wayo Mudacumura?

Ubwanditsi 15 Nov 2019
Mushikiwabo yagaragaje isomo Abanyarwanda bakuye mu matora yo muri Amerika
Mu Mahanga

Mushikiwabo yagaragaje isomo Abanyarwanda bakuye mu matora yo muri Amerika

Ubwanditsi 10 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru