• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Abashatse kutugirira nabi ni bo bahombye- Kagame avuga kuri Uganda

Abashatse kutugirira nabi ni bo bahombye- Kagame avuga kuri Uganda

Editorial 17 Feb 2020 POLITIKI

Perezida Kagame yagaragaje ko ibibazo u Rwanda rwanyuzemo mu myaka ibiri ishize birimo no kwangwa n’Abanya-Uganda byatumye igihugu gikomeza gutera imbere mu gihe umuturanyi washoje intambara yabihombeyemo.

Yabigarutseho kuri uyu wa 16 Gashyantare 2020, atangiza Umwiherero wa 17 w’abayobozi bakuru b’igihugu mu Kigo cy’Imyitozo cya Gisirikare i Gabiro.

Mu mpanuro ze, Umukuru w’Igihugu yabwiye abayobozi mu nzego za Leta, abikorera n’abandi ko ibibazo bahura nabyo by’imikorere idahwitse kandi yisubiramo bikwiye kugira iherezo.

Yagaragaje ko mu 2018-2019, u Rwanda rwagize amahirwe mu iterambere ry’ubukungu bw’igihugu kandi mu 2020 biteganyijwe gutumbagira.

Ati ‘‘Kubona byaragenze neza bitewe n’ibibazo twagize, ndashaka ko mubyumva neza. Hari ibintu twagiye tunyuramo mu 2018-2019 na n’ubu tukinyuramo by’ibibazo ariko byaduhaye gukora neza no gutera intambwe kuko twarakangutse turabibona.’’

Mu kumvisha abayobozi ko hari amakosa bakora buri gihe, yabahaye urugero rw’uburyo Uganda ihora ishaka kuyobora u Rwanda nyamara ari inzozi zidashobora kuba impamo.

Ati ‘‘Abanya-Uganda bahora bashaka ko tuba uko babishaka, ngo bategeke Uganda, bategeke n’u Rwanda. Nabo ntibumva ni nkamwe. Iyaba bumvaga bari bakwiye kumva ko ibyo bidashoboka. Turaziranye, baratuzi, turabazi. Bazi ko bidashoboka. Bafasha abaza gutera igihugu, ubu turabafite, mujya mubabona bajya mu nkiko. Bamwe bari mu nkiko, abandi ntibagize amahirwe yo kugera mu nkiko, urubanza rwaciriwe aho bari bari.’’

U Rwanda rushinja Uganda gushimuta Abanyarwanda no kubakorera iyicarubozo, gukorana n’imitwe y’iterabwoba irwanya ubutegetsi bwarwo irimo RNC ya Kayumba Nyamwasa no kubangamira ubucuruzi bwarwo.

Mu ntangiriro za 2019, u Rwanda rwasabye abaturage barwo guhagarika kujya muri Uganda kubera impungenge z’umutekano wabo ari naho iki gihugu gihera kivuga ko rwafunze imipaka.

Perezida Kagame yabwiye abayobozi ko nubwo Abanya-Uganda basaba u Rwanda gufungura imipaka, ngo nibo bayifunze ubwabo.

Ati “Igihe buri Munyarwanda wese wambuka umupaka, azafatwa agakubitwa, akicwa, […] kuko twageze aho tubwira Abanyarwanda bati uko mufatwa muri Uganda, ntitwabwira Abanya-Uganda uko bafata Abanyarwanda muri Uganda. Nagiyeyo kenshi, namwe mbibabwiye kenshi.’’

Yongeyeho ko icyo adafite ari uburenganzira bwo gutegeka Abanya-Uganda uko bagenza Abanyarwanda ariko ashobora kubwira Abanyarwanda kureka kujya muri Uganda.

Ati “Abantu babanga, batabashaka murajya he? Mwe mwicaye aha hari abari barishwe n’agahinda ko batagishobora kujya muri Uganda. Kwicwa n’agahinda ko kutajya aho batagushaka, ako gahinda ni bwoko ki?’’

Perezida Kagame yavuze ko iki kibazo cyatumye abayobozi bakanguka batangira guhaza ibyifuzo by’Abanyarwanda ngo babone serivisi z’uburezi, ubuvuzi no guhaha muri Uganda n’i Burundi.

Ati “Aho abantu bakangukiye, mbese Abanya-Uganda batangira kuvuga ngo aba Banyarwanda bihaye kutaza hano kandi twari tubatunze, nimubahe amezi abiri gusa baraba barize batakambye, baza kudupfukamira barira kuko baraza gusonza.’’

“Mu 2019 nibwo ubukungu bwakuze kuruta ubusanzwe. Uyu mwaka tuzagera hejuru ya 10%. Kuki se kandi dufite ibibazo ku mipaka, ni gute wabisobanura? Abashatse kutugirira nabi ni bo bahombye kuko iyo urebye mu kinyuranyo mu bicuruzwa, igihugu cy’igituranyi cyahombye hagati ya miliyoni 200-300 z’amadolari. Muri ayo amwe niyo yagarutse iwacu, aho akwiriye kuba ari. Hari abikorera, abakozi ba leta bari baribagiwe abaturage n’isoko turaza kubishyiramo umwete.’’

Yabwiye abayobozi ko bitari bikwiye ko ibikorwaremezo bitinda kwegerezwa abaturage kandi hari n’ibyari mu ngengo y’imari. Yavuze ko byabaye ngombwa ko abantu bari baratawe bongera kwegerwa bituma ibirimo ibicuruzwa byongera gutwarwa ku mipaka n’ibindi.

Yashimangiye ko bidakwiye ko umuntu ahaha icyo ashobora kwiha, cyane ko aba anizigamira.

Mu mpera za Mutarama 2020, Perezida Kagame ubwo yakiraga ku meza abahagarariye ibihugu byabo n’imiryango mpuzamahanga mu Rwanda, anabifuriza umwaka mushya wa 2020, yavuze ko Uganda yamusabye kubwira Abanyarwanda kongera gutemberera muri icyo gihugu, akabyanga.

Ni ubusabe bwakurikiye irekurwa ry’Abanyarwanda icyenda bari bafungiye muri Uganda.

Icyo gihe Perezida Kagame yavuze ko mu gihe udashaka ko umuturanyi wawe agera iwawe, uba wamaze gushyiraho umupaka ubatandukanya.

Ku wa 14 Gashyantare 2020, Intumwa z’u Rwanda na Uganda zemeranyije ku myanzuro itandatu igamije kwihutisha gukemura ibibazo hagati y’ibihugu byombi, mbere y’uko Perezida Paul Kagame na Yoweri Museveni bahurira mu nama ku wa 21 Gashyantare 2020, izabera ku mupaka wa Gatuna.

2020-02-17
Editorial

IZINDI NKURU

Icyatumye Gen. Kabarebe acika kukintu cyo kuririmba burundu

Icyatumye Gen. Kabarebe acika kukintu cyo kuririmba burundu

Editorial 13 Jan 2020
Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC

Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC

Editorial 12 May 2025
Uko Perezida Kagame yasubije umukobwa w’ Umunya Mali wibaza niba yabona Ubunyarwanda

Uko Perezida Kagame yasubije umukobwa w’ Umunya Mali wibaza niba yabona Ubunyarwanda

Editorial 12 Jun 2017
Impamvu batatu batemerewe kuziyamamariza kuba Perezida w’igihugu cy’u Rwanda

Impamvu batatu batemerewe kuziyamamariza kuba Perezida w’igihugu cy’u Rwanda

Editorial 08 Jul 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abashakashatsi basuye Polisi y’u Rwanda bishimira imikoranire yayo n’abaturage nyuma ya Jenoside
Mu Mahanga

Abashakashatsi basuye Polisi y’u Rwanda bishimira imikoranire yayo n’abaturage nyuma ya Jenoside

Editorial 25 Mar 2016
Byumvuhore nanone ati “Naririmbye Muvoma Ntabwo Naririmba Ibyiza u Rwanda Rugezeho, Akabi Gasekwa nk’Akeza
Uncategorized

Byumvuhore nanone ati “Naririmbye Muvoma Ntabwo Naririmba Ibyiza u Rwanda Rugezeho, Akabi Gasekwa nk’Akeza

Editorial 04 Sep 2020
Ubukungu bw’u Rwanda bwiyongereye ku kigero cya 1.7% mu gihembwe cya mbere cya 2017
UBUKUNGU

Ubukungu bw’u Rwanda bwiyongereye ku kigero cya 1.7% mu gihembwe cya mbere cya 2017

Editorial 10 Jul 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru