• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abatwara abagenzi basabwe gushishoza ngo badatwara ibintu bitemewe n’amategeko

Abatwara abagenzi basabwe gushishoza ngo badatwara ibintu bitemewe n’amategeko

Editorial 28 Jun 2016 Mu Mahanga

Mu gihe hakomeje ubukangurambaga ngo hatagira abashora abatwara abagenzi mu gutwara ibintu bitemewe n’amategeko, tariki 25 Polisi y’u Rwanda mu turere twa Rubavu na Musanze yagiranye inama n’abatwara abagenzi kuri moto n’amagare bagera ku 1100 baganira uko bashimangira ubufatanye busanzweho mu gukumira no kurwanya ibyaha.

Muri ibyo biganiro, abo banyonzi n’abamotari bibukijwe kurangwa n’ubushishozi no kudatiza umurindi inkozi z’ibibi, birinda gutwara abagiye gukora ibyaha cyangwa abafite ibintu bitemewe n’amategeko nk’ibiyobyabwenge na magendu.

Ibi biganiro biri muri gahunda za Polisi zo gukangurira abaturage kwicungira umutekano, aho ihuriza hamwe abantu bahurira mu mashyirahamwe runaka n’abaturage muri rusange ikabakangurira gukumira no kwirinda ibyaha.

Aganira n’abamotari bo muri Rubavu bagera kuri 400 bibumbiye mu ishyirahamwe ryabo ryitwa Union des Cooperatives de Taxi Motos de Rubavu (UCOTMRU) , Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda muri aka karere, Senior Superintendent of Police (SSP) Callixte Kalisa, yabasabye gukorana neza n’inzego z’umutekano, batanga amakuru y’ikintu cyose badashira amakenga cyangwa babona cyahungabanya ituze rya rubanda.

Yarababwiye ati:”Bamwe mu bakwirakwiza ibiyobyabwenge nk’urumogi bakunze kwifashisha abamotari igihe bashaka kuruvana ahantu runaka barujyana ahandi. Mumenye ko uwo muntu nafatwa yari ari kuri moto yawe nawe uzafatwa kandi ufungwe nk’umufatanyacyaha.”

Yakomeje ababwira ati:”Kugirango umuntu yirinde ibi, ni ukwitondera abantu n’imizigo mutwara, mwagira uwo mugiraho amakenga mugaha amakuru yihuse Polisi y’u Rwanda kugirango abantu nkabo bafatwe.”

Aha yatanze urugero rw’umuturage watanze amakuru yatumye ku itariki 7 Kamena hafatwa ibiro 400 by’urumogi byari bitwawe n’imodoka yo mu bwoko bwa Fuso ifite nomero ziyiranga RAB 721W.

Umuyobozi w’Impuzamashyirahamwe yabo (UCOTMRU) Sentibagwe Gafora, mu izina rya bagenzi be yijeje ko bagiye gukomeza kuba abafatanyabikorwa ba Polisi y’u Rwanda mu kubumbatira umutekano, yongeraho ko kuwubumbatira bireba abanyarwanda bose n’abamotari barimo.

Muri Musanze, umuyobozi wa Polisi muri aka karere Senior Superintendent of Police (SSP) Benoit Nsengiyumva, nawe yahuye n’abamotari n’abanyonzi bagera kuri 700, abasaba buri gihe kubahiriza amategeko y’umuhanda.
Uretse ibyo kandi yabasabye kumenya uwo batwaye uwo ariwe mu rwego rwo kwirinda gutiza umurindi abanyabyaha, aho gukora nk’abagamije kwibonera amafaranga gusa.

Umuyobozi wa Cooperative Velo Musanze (CVM) Ngayaberura Casimir, yashimiye Polisi y’u Rwanda ku nama yabahaye, asaba bagenzi be kuzizirikana no kuzikukiza.

-3072.jpg

Iki ni igitekerezo cy’umuyobozi w’ishami rishinzwe amahugurwa muri Polisi y’u Rwanda

2016-06-28
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yatangije inama y’Umushyikirano,atangaza aho u Rwanda ruhagaze

Perezida Kagame yatangije inama y’Umushyikirano,atangaza aho u Rwanda ruhagaze

Editorial 16 Dec 2016
Nyuma y’imyaka 11 ikipe ya Inter de Milan yo mu Butaliyani yegukanye igikombe cya shampiyona habura imikino 4 ngo umwaka w’imikino wa 2020-2021 usozwe.

Nyuma y’imyaka 11 ikipe ya Inter de Milan yo mu Butaliyani yegukanye igikombe cya shampiyona habura imikino 4 ngo umwaka w’imikino wa 2020-2021 usozwe.

Editorial 03 May 2021
Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda yakiriye abapolisi bavuye mu butumwa bw’amahoro

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda yakiriye abapolisi bavuye mu butumwa bw’amahoro

Editorial 26 Feb 2016
Amarozi aravuza ubuhuha muri CNDD-FDD: Ndikuriyo mu bitaro by’indembe i Dubai azira kwifuza intebe ya Ndayishimiye

Amarozi aravuza ubuhuha muri CNDD-FDD: Ndikuriyo mu bitaro by’indembe i Dubai azira kwifuza intebe ya Ndayishimiye

Editorial 18 Feb 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Urugo rwa Gen Tumukunde rwagoswe n’inzego z’umutekano harasakwa miliyoni 40$ ateganya kuzakoresha mu matora
HIRYA NO HINO

Uganda: Urugo rwa Gen Tumukunde rwagoswe n’inzego z’umutekano harasakwa miliyoni 40$ ateganya kuzakoresha mu matora

Editorial 18 Mar 2020
Polisi y’u Rwanda irasaba abantu kwirinda ubwambuzi bushukana no gutanga amakuru y’ababukora
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda irasaba abantu kwirinda ubwambuzi bushukana no gutanga amakuru y’ababukora

Editorial 10 Jun 2016
Volleybal : Urukiko rwafunguye abayobozi batawe muri yombi bakekwaho ruswa
Mu Rwanda

Volleybal : Urukiko rwafunguye abayobozi batawe muri yombi bakekwaho ruswa

Editorial 02 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru