• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abatwara abagenzi basabwe gushishoza ngo badatwara ibintu bitemewe n’amategeko

Abatwara abagenzi basabwe gushishoza ngo badatwara ibintu bitemewe n’amategeko

Ubwanditsi 28 Jun 2016 Mu Mahanga

Mu gihe hakomeje ubukangurambaga ngo hatagira abashora abatwara abagenzi mu gutwara ibintu bitemewe n’amategeko, tariki 25 Polisi y’u Rwanda mu turere twa Rubavu na Musanze yagiranye inama n’abatwara abagenzi kuri moto n’amagare bagera ku 1100 baganira uko bashimangira ubufatanye busanzweho mu gukumira no kurwanya ibyaha.

Muri ibyo biganiro, abo banyonzi n’abamotari bibukijwe kurangwa n’ubushishozi no kudatiza umurindi inkozi z’ibibi, birinda gutwara abagiye gukora ibyaha cyangwa abafite ibintu bitemewe n’amategeko nk’ibiyobyabwenge na magendu.

Ibi biganiro biri muri gahunda za Polisi zo gukangurira abaturage kwicungira umutekano, aho ihuriza hamwe abantu bahurira mu mashyirahamwe runaka n’abaturage muri rusange ikabakangurira gukumira no kwirinda ibyaha.

Aganira n’abamotari bo muri Rubavu bagera kuri 400 bibumbiye mu ishyirahamwe ryabo ryitwa Union des Cooperatives de Taxi Motos de Rubavu (UCOTMRU) , Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda muri aka karere, Senior Superintendent of Police (SSP) Callixte Kalisa, yabasabye gukorana neza n’inzego z’umutekano, batanga amakuru y’ikintu cyose badashira amakenga cyangwa babona cyahungabanya ituze rya rubanda.

Yarababwiye ati:”Bamwe mu bakwirakwiza ibiyobyabwenge nk’urumogi bakunze kwifashisha abamotari igihe bashaka kuruvana ahantu runaka barujyana ahandi. Mumenye ko uwo muntu nafatwa yari ari kuri moto yawe nawe uzafatwa kandi ufungwe nk’umufatanyacyaha.”

Yakomeje ababwira ati:”Kugirango umuntu yirinde ibi, ni ukwitondera abantu n’imizigo mutwara, mwagira uwo mugiraho amakenga mugaha amakuru yihuse Polisi y’u Rwanda kugirango abantu nkabo bafatwe.”

Aha yatanze urugero rw’umuturage watanze amakuru yatumye ku itariki 7 Kamena hafatwa ibiro 400 by’urumogi byari bitwawe n’imodoka yo mu bwoko bwa Fuso ifite nomero ziyiranga RAB 721W.

Umuyobozi w’Impuzamashyirahamwe yabo (UCOTMRU) Sentibagwe Gafora, mu izina rya bagenzi be yijeje ko bagiye gukomeza kuba abafatanyabikorwa ba Polisi y’u Rwanda mu kubumbatira umutekano, yongeraho ko kuwubumbatira bireba abanyarwanda bose n’abamotari barimo.

Muri Musanze, umuyobozi wa Polisi muri aka karere Senior Superintendent of Police (SSP) Benoit Nsengiyumva, nawe yahuye n’abamotari n’abanyonzi bagera kuri 700, abasaba buri gihe kubahiriza amategeko y’umuhanda.
Uretse ibyo kandi yabasabye kumenya uwo batwaye uwo ariwe mu rwego rwo kwirinda gutiza umurindi abanyabyaha, aho gukora nk’abagamije kwibonera amafaranga gusa.

Umuyobozi wa Cooperative Velo Musanze (CVM) Ngayaberura Casimir, yashimiye Polisi y’u Rwanda ku nama yabahaye, asaba bagenzi be kuzizirikana no kuzikukiza.

-3072.jpg

Iki ni igitekerezo cy’umuyobozi w’ishami rishinzwe amahugurwa muri Polisi y’u Rwanda

2016-06-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda yegukanye CECAFA U18 2023, u Rwanda rutahana umwanya wa Kane mu irushanwa ryaberaga muri Kenya

Uganda yegukanye CECAFA U18 2023, u Rwanda rutahana umwanya wa Kane mu irushanwa ryaberaga muri Kenya

Ubwanditsi 08 Dec 2023
REG BBC yabonye itike yo gukina imikino ya 1/4 ya BAL 2022 izabera muri Kigali Arena, ni nyuma yo gutsinda US Monastir yo muri Tunisia

REG BBC yabonye itike yo gukina imikino ya 1/4 ya BAL 2022 izabera muri Kigali Arena, ni nyuma yo gutsinda US Monastir yo muri Tunisia

Ubwanditsi 15 Mar 2022
Etienne Gatanazi noneho yagize umwere ruharwa Kabuga Félicien

Etienne Gatanazi noneho yagize umwere ruharwa Kabuga Félicien

Ubwanditsi 29 Sep 2025
Kaminuza yigenga ya Kigali ULK irakataje mu gutanga ubumenyi

Kaminuza yigenga ya Kigali ULK irakataje mu gutanga ubumenyi

Ubwanditsi 11 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Jean Sayinzoga yashyinguwe mu cyubahiro (Amafoto)
Amakuru

Jean Sayinzoga yashyinguwe mu cyubahiro (Amafoto)

Ubwanditsi 21 Apr 2017
Rulindo: Abacuruzi bamenyeshejwe ibinyobwa byashyizwe ku rutonde rw’ibiyobyabwenge
Mu Mahanga

Rulindo: Abacuruzi bamenyeshejwe ibinyobwa byashyizwe ku rutonde rw’ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 27 Feb 2016
Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire
Amakuru

Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire

Ubwanditsi 04 Jun 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru