• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abatwara abagenzi basabwe gushishoza ngo badatwara ibintu bitemewe n’amategeko

Abatwara abagenzi basabwe gushishoza ngo badatwara ibintu bitemewe n’amategeko

Ubwanditsi 28 Jun 2016 Mu Mahanga

Mu gihe hakomeje ubukangurambaga ngo hatagira abashora abatwara abagenzi mu gutwara ibintu bitemewe n’amategeko, tariki 25 Polisi y’u Rwanda mu turere twa Rubavu na Musanze yagiranye inama n’abatwara abagenzi kuri moto n’amagare bagera ku 1100 baganira uko bashimangira ubufatanye busanzweho mu gukumira no kurwanya ibyaha.

Muri ibyo biganiro, abo banyonzi n’abamotari bibukijwe kurangwa n’ubushishozi no kudatiza umurindi inkozi z’ibibi, birinda gutwara abagiye gukora ibyaha cyangwa abafite ibintu bitemewe n’amategeko nk’ibiyobyabwenge na magendu.

Ibi biganiro biri muri gahunda za Polisi zo gukangurira abaturage kwicungira umutekano, aho ihuriza hamwe abantu bahurira mu mashyirahamwe runaka n’abaturage muri rusange ikabakangurira gukumira no kwirinda ibyaha.

Aganira n’abamotari bo muri Rubavu bagera kuri 400 bibumbiye mu ishyirahamwe ryabo ryitwa Union des Cooperatives de Taxi Motos de Rubavu (UCOTMRU) , Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda muri aka karere, Senior Superintendent of Police (SSP) Callixte Kalisa, yabasabye gukorana neza n’inzego z’umutekano, batanga amakuru y’ikintu cyose badashira amakenga cyangwa babona cyahungabanya ituze rya rubanda.

Yarababwiye ati:”Bamwe mu bakwirakwiza ibiyobyabwenge nk’urumogi bakunze kwifashisha abamotari igihe bashaka kuruvana ahantu runaka barujyana ahandi. Mumenye ko uwo muntu nafatwa yari ari kuri moto yawe nawe uzafatwa kandi ufungwe nk’umufatanyacyaha.”

Yakomeje ababwira ati:”Kugirango umuntu yirinde ibi, ni ukwitondera abantu n’imizigo mutwara, mwagira uwo mugiraho amakenga mugaha amakuru yihuse Polisi y’u Rwanda kugirango abantu nkabo bafatwe.”

Aha yatanze urugero rw’umuturage watanze amakuru yatumye ku itariki 7 Kamena hafatwa ibiro 400 by’urumogi byari bitwawe n’imodoka yo mu bwoko bwa Fuso ifite nomero ziyiranga RAB 721W.

Umuyobozi w’Impuzamashyirahamwe yabo (UCOTMRU) Sentibagwe Gafora, mu izina rya bagenzi be yijeje ko bagiye gukomeza kuba abafatanyabikorwa ba Polisi y’u Rwanda mu kubumbatira umutekano, yongeraho ko kuwubumbatira bireba abanyarwanda bose n’abamotari barimo.

Muri Musanze, umuyobozi wa Polisi muri aka karere Senior Superintendent of Police (SSP) Benoit Nsengiyumva, nawe yahuye n’abamotari n’abanyonzi bagera kuri 700, abasaba buri gihe kubahiriza amategeko y’umuhanda.
Uretse ibyo kandi yabasabye kumenya uwo batwaye uwo ariwe mu rwego rwo kwirinda gutiza umurindi abanyabyaha, aho gukora nk’abagamije kwibonera amafaranga gusa.

Umuyobozi wa Cooperative Velo Musanze (CVM) Ngayaberura Casimir, yashimiye Polisi y’u Rwanda ku nama yabahaye, asaba bagenzi be kuzizirikana no kuzikukiza.

-3072.jpg

Iki ni igitekerezo cy’umuyobozi w’ishami rishinzwe amahugurwa muri Polisi y’u Rwanda

2016-06-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda : Uwiyita umuhungu wa Perezida Museveni yahuye n’uruva gusenya

Uganda : Uwiyita umuhungu wa Perezida Museveni yahuye n’uruva gusenya

Ubwanditsi 17 Jan 2019
Wazalendo yarahiye ko nta mututsi ukwiye gutura muri Uvira

Wazalendo yarahiye ko nta mututsi ukwiye gutura muri Uvira

Ubwanditsi 22 Sep 2025
Umunyarwanda warekuwe na Uganda yatanze ubuhamya bw’ubucakara yakoreshejwe n’uko hari abishwe n’uburozi

Umunyarwanda warekuwe na Uganda yatanze ubuhamya bw’ubucakara yakoreshejwe n’uko hari abishwe n’uburozi

Ubwanditsi 16 Sep 2019
Kuva Perezida Tshisekedi yaburirwa irengero, ubutegetsi muri kongo bwandaraye mu mayirabiri.

Kuva Perezida Tshisekedi yaburirwa irengero, ubutegetsi muri kongo bwandaraye mu mayirabiri.

Ubwanditsi 12 Apr 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yahuye na mugenzi we w’u Bufaransa Emmanuel Macron
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yahuye na mugenzi we w’u Bufaransa Emmanuel Macron

Ubwanditsi 26 Sep 2018
Nyuma yo gusoza amashuri yisumbuye mu ishuri rya Deerfield Academy muri leta ya Massachusetts Brian Kagame yerekeje mu Itorero ry’Igihugu
Mu Mahanga

Nyuma yo gusoza amashuri yisumbuye mu ishuri rya Deerfield Academy muri leta ya Massachusetts Brian Kagame yerekeje mu Itorero ry’Igihugu

Ubwanditsi 30 Jun 2016
Denmark: Twagirayezu uregwa Jenoside araburana ku koherezwa mu Rwanda
Mu Mahanga

Denmark: Twagirayezu uregwa Jenoside araburana ku koherezwa mu Rwanda

Ubwanditsi 08 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru