• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Umunyarwanda warekuwe na Uganda yatanze ubuhamya bw’ubucakara yakoreshejwe n’uko hari abishwe n’uburozi

Umunyarwanda warekuwe na Uganda yatanze ubuhamya bw’ubucakara yakoreshejwe n’uko hari abishwe n’uburozi

Ubwanditsi 16 Sep 2019 HIRYA NO HINO, Mu Mahanga

Umunyarwanda witwa Benimana uheruka kurekurwa n’inzego z’umutekano za Uganda nyuma y’umwaka afunze azira akarengane, yatanze ubuhamya bw’uko yagiye gushakisha akazi muri Uganda ariko akaza gufungwa ndetse agakoreshwa imirimo y’uburetwa ashinjwa kutagira ibyangombwa, abo bari kumwe bikabaviramo urupfu.

Benimama w’imyaka 19 y’amavuko akomoka mu Karere ka Musanze Umurenge wa Kinigi, avuga ko ku wa 14 Nzeri 2018 aribwo yavuye iwabo yerekeza muri Uganda gushaka akazi ageze ku mupaka bamuha urupapuro rumwemerera gukomeza.

Nyuma yaje guhura n’abasirikare bo muri icyo gihugu bamusaba ibyangombwa, abereka rwa rupapuro bahita baruca, abandi bari babafatanye 30, abagera kuri 20 batanga amafaranga barabarekura, babasigarana ari 10 babajyana kubafunga.

Yasobanuye ko iyo bamaraga kubafata bababeshyaga ko nibemera ibyo bashinjwa bazahita babasubiza mu Rwanda nyamara ari amayeri yo kugira ngo babone uko urukiko rubakatira.

Nyuma babajyanye mu rukiko bashinjwa kwinjira muri icyo gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko, bakatirwa gufungwa amezi 18 ariko ushoboye kwishyura miliyoni 1.5 y’amashilingi bakamurekura.

Bamaze gukatirwa bajyanywe muri Gereza ya Kisoro ariko hashize ukwezi baza kuhabakura bajyanwa aho bita Kiburara batangira gukoreshwa imirimo isa n’ubucakara ari naho Benimana ku wa 14 Nzeri 2019 yarangirije igifungo cy’umwaka yakatiwe ahita yoherezwa mu Rwanda.

Ati “Tuhageze batangira kuduhingisha, abo twahasanze bakanadukubita batubwira ko ‘akazi twaje gushaka ko guhinga twakabonye’ ngo dutangire. Hari ahantu hari amashyamba arimo amahwa y’imishubi gusa bakatujyanamo ngo tubirandure n’intoki, bamwe bagapfiramo.”

Benimana yavuze ko uwagiraga Imana ntapfiremo byanamugoraga kubaho ubuzima bwaho kubera kutabumenyera ariko abahamaze igihe hari ubwo babahinduriraga bagahabwa akazi ko kuragira inka ariko kadahemberwa.

Yasobanuye ko birirwaga bahinga umubyizi w’umunsi umwe Leta ya Uganda ikawubarira amashilingi 100 igihe umuntu agiye gutaha mu Rwanda akaba aribwo ayahabwa akayakoresha nk’itike imucyura.

Ati “Bankubitaga aho babonye, abandi twari kumwe babavanaga aho bakabajyana i Mbarara bameze nabi ntabwo namenya niba barakize cyangwa barapfaga ariko nabonye abantu nk’umunani babakura aho bameze nabi.”

Benimana avuga ko muri Gereza ya Kisoro yabanje gufungirwamo, yayisizemo abanyarwanda barenga 30, Gereza ya Kabare yimuriwemo ayisangamo abandi banyarwanda 40 naho iya Kiburaro yagiyemo bwa nyuma yayisizemo abasaga 20.

Benimana avuga ko abanyarwanda baba bafungiye muri Gereza za Uganda babaho nabi ku buryo hari n’abapfa bishwe n’ibikoresho byogeshwa amasafurika bagaburirwa n’abandi bagororwa.

Ati “Uwapfiriyeyo bashatse ibyo bogesha amasafuriya barabivungura bamushyirira mu biryo arabirya arapfa. Amaze gupfa umurambo we barawupakira ntitwamenye aho bawujyanye.”

Benimana yasobanuye ko uwo munyarwanda yishwe n’abagororwa b’abanya-Uganda bamuhora ko agerageza gufasha abanyarwanda babaga bagejejwe muri iyo Gereza bwa mbere.

Ati “Iyo ugiye gutaha bakujyana ku bitaro bakaguha imiti ku buryo utaha nta kibazo ariko inkovu nko ku kibuno ziba ziriho.”

U Rwanda rwakomeje kugaragaza ko hari abaturage barwo bakorerwa iyicarubozo aho bafungiye muri Uganda kandi bigakorwa n’inzego z’umutekano.

2019-09-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Karongi: Abantu 112 bahawe ubumenyi ku kwirinda inkongi z’imiriro

Karongi: Abantu 112 bahawe ubumenyi ku kwirinda inkongi z’imiriro

Ubwanditsi 25 Apr 2016
Abagize Komite zo kwicungira umutekano  mu turere twa Burera na Kamonyi basabwe kuba inyangamugayo

Abagize Komite zo kwicungira umutekano mu turere twa Burera na Kamonyi basabwe kuba inyangamugayo

Ubwanditsi 27 Jan 2016
Umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru yasabye abayituyemo gufatanya kurwanya ibyaha

Umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru yasabye abayituyemo gufatanya kurwanya ibyaha

Ubwanditsi 16 Jul 2016
Gen. Kabarebe yavuze ko Nyamwasa ari igisambo

Gen. Kabarebe yavuze ko Nyamwasa ari igisambo

Ubwanditsi 27 Oct 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rujugiro, yatamaje  Museveni wabwiye Perezida Kagame ko atamuzi !
INKURU NYAMUKURU

Rujugiro, yatamaje  Museveni wabwiye Perezida Kagame ko atamuzi !

Ubwanditsi 18 Mar 2019
Amafoto: Musanze FC yakoze imyitozo ya mbere yibanze yo kongerera abakinnyi imbaraga, Seninga uyitoza avuga ko bafite akazi gakomeye we n’abasore be.
Amakuru

Amafoto: Musanze FC yakoze imyitozo ya mbere yibanze yo kongerera abakinnyi imbaraga, Seninga uyitoza avuga ko bafite akazi gakomeye we n’abasore be.

Ubwanditsi 20 Apr 2021
Umutoza António Conceição utoza ikipe y’igihugu ya Cameroon akoze impinduka mu rutonde rw’abakinnyi 25 bitegura imikino ya Cap-Vert n’u Rwanda
Amakuru

Umutoza António Conceição utoza ikipe y’igihugu ya Cameroon akoze impinduka mu rutonde rw’abakinnyi 25 bitegura imikino ya Cap-Vert n’u Rwanda

Ubwanditsi 19 Mar 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru