• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abayobozi b’inzego z’ibanze mu karere ka Kamonyi basabwe gukangurira abaturage kurengera ibidukikije

Abayobozi b’inzego z’ibanze mu karere ka Kamonyi basabwe gukangurira abaturage kurengera ibidukikije

Ubwanditsi 21 Jan 2016 Mu Mahanga

​Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda mu karere ka Kamonyi, Superintendent of Police (SP) Donath Kinani , yasabye abayobozi b’inzego z’ibanze bagera kuri 30 bo mu murenge wa Kayenzi, wo muri aka karere, kurushaho gukangurira abaturage kurengera ibidukikije mu gihe barimo gukora imirimo yabo ya buri munsi.

Ibi SP Kinani yabibasabye mu nama yagiranye na bo mu kagari ka Bugarama ku itariki 19 Mutarama.

Yabibabwiye agira ati: “Kwangiza ibidukikije bigira ingaruka mbi ku binyabuzima muri rusange. Ni yo mpamvu buri wese akwiriye kwirinda no kurwanya ibikorwa byose bishobora kubyangiza.”

SP Kinani yabwiye abo bayobozi kujya bakangurira abaturage kutaragira amatungo ku gasozi, kubahiriza amategeko agenga guhinga no gutura hafi y’ibiyaga n’imigezi, no kwirinda gusarura amashyamba cyangwa gucana amakara mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Yababwiye kujya kandi bakangurira abaturage gutera ibiti, kwirinda ibikorwa bishobora gutera inkongi y’umuriro ku gasozi, kwirinda uburobyi bunyuranyije n’amategeko, kurwanya isuri, no kwirinda gucukura amabuye y’agaciro, imicanga, ndetse n’amabuye asanzwe mu buryo butubahirije amategeko.

Yakomeje ababwira ati:”Mujye musobanurira abaturage ko kurengera ibidukikije bitareba gusa Polisi y’u Rwanda n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe kurengera ibidukikije (Rwanda Environmental Management Authority-REMA), n’izindi nzego, ahubwo ko bireba buri wese, kuko inyungu zo kubirengera ari rusange.”

SP Kinani yabwiye kandi abo bayobozi ati:”Imigezi, ibiyaga, inzuzi , amashyamba, n’ibindi bigize urusobe rw’ibinyabuzima bigomba kubungwabungwa. Ibikorwa byose bishobora kubyangiza bikwiriye kwirindwa no kurwanywa.”

Mu rwego rwo kurushaho kurengera ibidukikije, ku itariki 11 Kamena umwaka ushize, Polisi y’u Rwanda yashyizeho agashami gashinzwe kurwanya no gukumira ibyaha bijyanye no kubyangiza ((EPU).

Na none Polisi y’u Rwanda imaze gutera ibiti kuri hegitari zisaga 500 mu bice bitandukanye by’igihugu.

Yasinyanye kandi amasezerano y’ubufatanye mu kubungabunga ibidukikije na REMA.

Umwaka ushize REMA yahaye Polisi y’u Rwanda imashini eshatu zo gupima isakara ry’imyuka ihumanya ikirere.

Umwe muri abo bayobozi b’inzego z’ibanze witwa Niyonagize Moise yagize ati:”Nungutse ubumenyi bwinshi muri iyi nama mu bijyanye no kurengera ibidukikije. Buzamfasha gusohoza neza ibyo nshinzwe.”

Yashimiye Polisi y’u Rwanda muri aka karere ku nama yabagiriye , maze ayizeza ko igihe cyose azajya agirana inama n’abaturage azajya abakangurira kwirinda kwangiriza ibidukikije.

RNP

2016-01-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

RDC: Umupadiri yishwe arashwe nyuma y’igitambo cya misa

RDC: Umupadiri yishwe arashwe nyuma y’igitambo cya misa

Ubwanditsi 09 Apr 2018
Village Urugwiro : Perezida Kagame yakiriye Talon wa Benin

Village Urugwiro : Perezida Kagame yakiriye Talon wa Benin

Ubwanditsi 29 Aug 2016
Umugororwa Rugamba Jovin arashakishwa uruhindu  kubera gutoroka gereza nshya ya Mageragere

Umugororwa Rugamba Jovin arashakishwa uruhindu kubera gutoroka gereza nshya ya Mageragere

Ubwanditsi 26 Feb 2017
Tanzaniya yanze inkunga ya Banki y’Isi

Tanzaniya yanze inkunga ya Banki y’Isi

Ubwanditsi 04 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Abaturage batangiye kwiba ibyo kurya,Polisi imaze gufunga 14
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Abaturage batangiye kwiba ibyo kurya,Polisi imaze gufunga 14

Ubwanditsi 27 Mar 2020
Perezida Kagame yasubije ibibazo binyuranye mu kiganiro yagiranye na RBA aho yagarutse ku ifatwa rya Kabuga, Rusesabagina n’ibindi
Amakuru

Perezida Kagame yasubije ibibazo binyuranye mu kiganiro yagiranye na RBA aho yagarutse ku ifatwa rya Kabuga, Rusesabagina n’ibindi

Ubwanditsi 07 Sep 2020
Ibikorwa bya siporo biteganyijwe mu gihe cya CHOGM, Haringingo Francis yerekeje muri Raayon Sports nk’umutoza mukuru, Babua Samson yasinye muri Sunrise FC
Amakuru

Ibikorwa bya siporo biteganyijwe mu gihe cya CHOGM, Haringingo Francis yerekeje muri Raayon Sports nk’umutoza mukuru, Babua Samson yasinye muri Sunrise FC

Ubwanditsi 21 Jun 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru