• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Abitabiriye inama ya ECCAS barimo na Perezida Kagame baganiriye ku bucuruzi n’umutekano

Abitabiriye inama ya ECCAS barimo na Perezida Kagame baganiriye ku bucuruzi n’umutekano

Editorial 02 Dec 2016 Mu Rwanda

Mu nama y’umunsi umwe, abayobozi b’ibihugu na za Guverinoma biri mu muryango w’Ubukungu w’ibihugu byo muri Afurika yo hagati (ECCAS) baganiriye ku bibazo by’umutekano muke ndetse n’uburyo bwo kunoza ubucuruzi hagati yabyo.

Iyi nama yabereye mu gihugu cya Gabon kuri uyu wa 30 Ugushyingo 2016, iyoborwa na Perezida wa Gabon, Ali Bongo, ari na we uyobora uyu muryango.

Yitabiriwe n’abantu batandukanye baturutse mu bihugu 11 binyamuryango birimo, u Rwanda, Angola, u Burundi, Cameroon, Repubulika ya Centrafrique, Congo Brazzaville, Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, Gabon, Equatorial Guinea, Tchad na Sao Tome & Principe.

Ibibazo by’umutekano muke muri aka karere byafashe umwanya munini muri iyi nama

Mu by’ingenzi byaganiriweho mu bijyanye n’umutekano, harimo ibikorwa by’iterabwoba muri aka karere nk’ imitwe y’inyeshyamba muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, Repubulika ya Centrafrique n’u Burundi; igamije guhungabanya umutekano n’amahoro muri aka karere.

Abitabiriye iyi nama kandi barebeye hamwe amatora yabaye muri uyu mwaka ndetse n’ibibazo byayagaragayemo birimo n’ibibazo by’umutekano muke byagiye biba nyuma y’amatora.

Ubucuruzi na bwo bwahawe umwanya munini muri iyi nama.

Banaganiriye no ku bucuruzi hagati y’ibihugu bya Afurika n’ubwambukiranya imipaka n’iterambere ry’ubwikorezi bwo mu mazi no mu kirere muri aka karere.

Mu rwego rwo guteza imbere ubucuruzi mu bihugu binyamuryango bya ECCAS, ibihugu byasabwe ko byatanga urutonde rw’ibicuruzwa byazajya byohereza mu bihugu bigenzi byabyo mu rwego rwo gutangiza ubucuruzi bwisanzuye bwambukiranya imipaka nta misoro yatswe.

Kugirango uwo mushinga w’ubwo bucuruzi ushoboke, Abaminisitiri b’Ubucuruzi n’Imari muri aka karere, bemeranyijwe ku biciro byihariye bizashyirwa ku bicuruzwa byinjizwa mu bihugu by’uyu muryango ariko byarakorewe hanze yawo.

Imisoro izajya iva mu bicuruzwa byakorerwe hanze y’aka karere izajya atangwa nk’inkunga yo kuziba icyuho kizaba cyagaragaye mu misoro aho 50% by’azinjira azafasha mu kuziba icyuho cyizagaragara mu misoro bitewe no koroshya ibiciro by’ubucuruzi n’imisoro mu bihugu bigize uyu muryango wa ECCAS.

Iyi nama yemeje ko ibihugu bizajya bitanga 0,4% by’imisoro y’ibicuruzwa biturutse hanze yawo nk’inkunga yo guteza imbere uyu muryango. Gusa u Rwanda rwo rwakuriweho iyi nkunga.

Gukurirwaho iyi nkunga ya 0,4% byatewe nuko u Rwanda rusanzwe rutanga izindi nkunga nk’iyi mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba ingana na 1,4% yo guteza imbere ibikorwa remezo n’indi ingana na 0,2% rutanga mu muryango wa Afurika yunze ubumwe mu rwego rwo kuwuteza imbere.

Uretse Perezida Kagame, abandi bakuru b’ibihugu bitabiriye iyi nama barimo Idriss Deby Itno wa Chad, Faustin-Archange Touadera uyobora Repubulika ya Centrafrique, ibindi bihugu byari bihagarariwe n’abandi bayobozi mu nzego zabyo zinyuranye.

-4892.jpg

-4891.jpg

-4890.jpg

-4889.jpg

2016-12-02
Editorial

IZINDI NKURU

u Burundi  bwanze kwitabira  imikino ya gisirikari – EAC

u Burundi bwanze kwitabira imikino ya gisirikari – EAC

Editorial 08 Aug 2016
FIFA yahanishije Afurika y’Epfo guterwa mpaga kubera gukinisha umukinnyi ufite amakarita abiri y’umuhondo

FIFA yahanishije Afurika y’Epfo guterwa mpaga kubera gukinisha umukinnyi ufite amakarita abiri y’umuhondo

Editorial 30 Sep 2025
Perezida Magufuli  ngo azahindura inote  ateze igihombo abajura

Perezida Magufuli ngo azahindura inote ateze igihombo abajura

Editorial 06 Sep 2016
Rutsiro na Karongi  : Abanyamuryango ba FPR basaga  ibihumbi 600,  bakiriye  Umukandida wabo Paul Kagame

Rutsiro na Karongi : Abanyamuryango ba FPR basaga ibihumbi 600, bakiriye Umukandida wabo Paul Kagame

Editorial 27 Jul 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’u Rwanda irahakana gukubita no gukomeretsa umumotari
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda irahakana gukubita no gukomeretsa umumotari

Editorial 13 Jan 2016
Uganda: ubwato bwari butwaye abakinnyi bwarohamye 3 barapfa abandi baburirwa irengero
Mu Mahanga

Uganda: ubwato bwari butwaye abakinnyi bwarohamye 3 barapfa abandi baburirwa irengero

Editorial 20 May 2019
Angola: Abakuru B’ibihugu Bitabiriye Inama Y’akarere Bongeye Gusaba Guhagurukira Imitwe Ya ADF Na FDLR
ITOHOZA

Angola: Abakuru B’ibihugu Bitabiriye Inama Y’akarere Bongeye Gusaba Guhagurukira Imitwe Ya ADF Na FDLR

Editorial 15 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru