• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Dore umuti Perezida Kagame yatanze watuma Afurika isatira iterambere Aziya igezeho

Dore umuti Perezida Kagame yatanze watuma Afurika isatira iterambere Aziya igezeho

Editorial 28 Jan 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida Paul Kagame yabwiye Abanyafurika ko iterambere umugabane wa Aziya wagezeho uvuye mu bukene bukabije na Afurika yarigeraho ari uko ihuje imbaraga.

Ibihugu bigize umugabane wa Aziya byari mu bihugu bikennye mu myaka 50 ishize. Ariko kubera kwishyira hamwe no gukora amavugurura agamije iterambere kuri ubu bifite iterambere ryihuta ku isi.

Ibihugu bigize Aziya byishize hamwe bigenda bizamurana, ibyari biyoboye ibindi byiswe “Asia Tigers”, bigizwe n’Ikirwa cya Hong Kong, Singapore, Korea y’Amajyepfo na Taiwan bifasha ibyacumbagiraga nabyo bitera imbere kandi mu buryo bwihuse.

Perezida Kagame we asanga Afurika idakwiye gukurikiza iyo nzira kuko yatinze bihagije, ahubwo hari andi mahirwe ifite utasanga ahandi akwiye kwitabwaho.

Yabitangaje ubwo yatangiraga inshingano zo kuyobora Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU), kuri iki Cyumweru tariki 28 Mutarama 2018.

Yagize ati “Imbogamizi Afurika ifite ni ugushyiriraho abaturage bacu inzira zibaganisha ku bukire, cyane cyane abakiri bato. Ahandi babigezeho kubera guteza imbere inganda. Ariko urugendo Aziya yanyuzemo ngo itere imbere ntirwaba rugishobotse kuri Afurika. Twe twaratinze.”

Yavuze ko guhera aho ikoranabhanga ryadukiye ryoroheje kandi ryihutisha ibintu, ku buryo byagora Afurika guhita ifatira aho abandi bageze ubu.

Ati “Igihe cyatugendanye ariko tugomba guhindura imikorere ubu ngubu kugira ngo dukize Afurika ubukene karande. Tugomba gushyiraho isoko rusange duhuriyeho, ibikorwa remezo byacu bikaba bigahuzwa kandi ikoranabuhanga rikaza imbere mu guteza imbere ubukungu bwacu.

“Nta gihugu cyangwa akarere kakora konyine ngo gatere imbere. Dukwiye kurangwa no gukora kandi tugakorera hamwe.”

Perezida Kagame yavuze ko Afurika ifite imyihariko ibiri utasanga ahandi, Abanyafurika bashobora kwifashisha bagatera imbere.

Umwihariko wa mbere ni uko hari ibikenewe byose n’imbaraga kugira ngo icyo bifuza cyose bakigereho. Icya kabiri ni uko bishyiriyeho umuryango wa AU kandi ukaba ugaragaramo ubumwe.

Perezida Kagame yashimiye Perezida wa Guinea Alpha Conde, asimbuye kuri uyu mwanya kubera akazi yakoze, avuga ko yamwigiyeho byinshi.

Yanashimiye abayobozi bose ba Afurika bamugiriye ikizere, abizeza ko bazafashanya mu gutuma Afurika itongera kwitwa “umutwaro” mu ruhando rw’amahanga.

2018-01-28
Editorial

IZINDI NKURU

Ishyano riragwira: Thomas Nahimana yashinze irimbi kuri Internet aho imva ihagaze amadorali 161

Ishyano riragwira: Thomas Nahimana yashinze irimbi kuri Internet aho imva ihagaze amadorali 161

Editorial 25 Apr 2022
Kwibuka nyabyo Intwari zarwitangiye, ni ukwirinda gutatira igihango twagiranye nazo

Kwibuka nyabyo Intwari zarwitangiye, ni ukwirinda gutatira igihango twagiranye nazo

Editorial 01 Feb 2022
Hagati ya CMI na RNC imizinga iraza kuvamo imyibano ku ibura rya Ben Rutabana utagejejwe Imbere y’Ubucamanza bwa Uganda

Hagati ya CMI na RNC imizinga iraza kuvamo imyibano ku ibura rya Ben Rutabana utagejejwe Imbere y’Ubucamanza bwa Uganda

Editorial 28 Feb 2020
Mpayimana  Philippe, yagaye imyitwarire ya Gilbert Mwenedata uri mu buhungiro

Mpayimana Philippe, yagaye imyitwarire ya Gilbert Mwenedata uri mu buhungiro

Editorial 22 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umubare 1510 bitirira Perezida Museveni waturutse hehe?
Amakuru

Umubare 1510 bitirira Perezida Museveni waturutse hehe?

Editorial 29 Oct 2021
Ibihugu bizakina 1/2 cya CHAN 2016 byose byamenyekanye
IMIKINO

Ibihugu bizakina 1/2 cya CHAN 2016 byose byamenyekanye

Editorial 02 Feb 2016
Kigali : Umugabo yafatanwe inoti z’impimbano
Amakuru

Kigali : Umugabo yafatanwe inoti z’impimbano

Editorial 16 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru