• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Shema Ngoga Fabrice uyobora FERWAFA, yashyizwe mu kanama ka FIFA gashinzwe kurwanya irondaruhu n’ivangura   |   08 Oct 2025

  • Nyuma y’imyaka 8 akinira APR WVC, Dusabe Flavia yerekeje muri Police Women Volleyball Club   |   05 Oct 2025

  • Imanishimwe Emmanuel “Mangwende” ukinira AEL Limasol muri Cyprus yongewe mu bakinnyi b’Amavubi bitegura Benin na SouthAfrica   |   04 Oct 2025

  • Police FC yatsinze Rayon Sports mu mukino w’ikirarane, Gikundiro yuzuza imikino 3 idatsinda   |   02 Oct 2025

  • REG BBC na Tigers BBC zageze ku mukino wa nyuma wa Rwanda Cup zisezereye APR BBC na Kepler BBC   |   02 Oct 2025

  • FERWAFA yatangaje urutonde rw’abaninnyi b’Amavubi bitegura gukina na Benin na Afurika y’Epfo hashakwa itike y’igikombe cy’Isi 2026   |   01 Oct 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Afungiwe kudatanga inyemezabuguzi y’imashini y’ikoranabuhanga no kugerageza gutanga ruswa

Afungiwe kudatanga inyemezabuguzi y’imashini y’ikoranabuhanga no kugerageza gutanga ruswa

Editorial 11 Nov 2016 Mu Mahanga

Umucuruzi afunzwe azira kugerageza guha ruswa abapolisi bo mu ishami rya Polisi y’u Rwanda rirwanya inyerezwa ry’imisoro n’amahoro kugira ngo ye gucibwa ihazabu kubera kudatanga inyemezabuguzi y’imashini y’ikoranabuhanga (EBM).

James Mushabe wacuruzaga amavuta yo kwisiga mu isoko rya Nyarugenge riherereye mu karere ka Nyarugenge ni we ufungiye gukora ibi byaha.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Assistant Commissioner of Police (ACP) Theos Badege yavuze ko yagerageje gutanga ruswa y’ibihumbi 30,000 by’amafaranga y’u Rwanda; mu gihe umusoro yagombaga gutanga ungana n’ibihumbi 8,595 by’amafaranga y’u Rwanda.

Yagize ati:”Ku wa 7 Ugushyingo, Mushabe yaranguje umuntu amavuta yo kwisiga ku bihumbi 56,350 by’amafaranga y’u Rwanda. Uwo muguzi yamusabye inyemezabuguzi y’imashini y’ikoranabuhanga (EBM); undi amubwira ko imashini ye ifite ikibazo.”

ACP Badege yongeyeho ati:” Abapolisi bakora muri iri shami rikorana n’Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro bafashe uwo muguzi bamusaba kujya kubereka umuranguje ayo mavuta. Nk’uko bigenda, bakoze inyandiko mvugo igaragaza umusoro yagombaga gutanga. Mushabe yarabakurikiye; agerageza kubaha iyo ruswa kugira ngo be kuyiha Ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro; dore ko ari yo gishingiraho gica ihazabu utatanze inyemezabuguzi y’imashini y’ikoranabuhanga.”

Uyu mugabo uri mu kigero cy’imyaka 29 y’amavuko afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Kicukiro mu gihe iperereza rikomeje.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagize na none ati:”Yagerageje gutanga ruswa kugira ngo ye gucibwa ihazabu kubera kudatanga inyemezabuguzi y’imashini y’ikoranabuhanga (EBM). Abasoreshwa bakwiriye kuba inyangamugayo n’abenegihugu beza batanga imisoro nk’uko amategeko abiteganya.”

Ingingo ya 3 y’Itegeko Nº40/2016 ryo ku wa 15/10/2016 rihindura kandi ryuzuza Itegeko Nº 37/2012 ryo ku wa 9/11/2012 rishyiraho umusoro ku nyongeragaciro nk’uko ryahinduwe kandi ryujujwe kugeza ubu ivuga ko umuntu wese ugomba gukoresha imashini y’ikoranabuhanga mu gutanga inyemezabuguzi ugurishije ibintu cyangwa serivisi atabitangiye inyemezabuguzi y’ikoranabuhanga acibwa ihazabu yo mu rwego rw’ubutegetsi y’amafaranga y’u Rwanda yikubye inshuro icumi (10) z’agaciro k’umusoro ku nyongeragaciro wanyerejwe.

-4634.jpg

Iyo umuntu yongeye gukora ikosa rivugwa mu gika cya mbere cy’iyi ngingo, acibwa ihazabu yo mu rwego rw’ubutegetsi ingana n’inshuro makumyabiri (20) z’agaciro k’umusoro ku nyongeragaciro wanyerejwe.

Uhamwe n’icyaha cya ruswa ahanishwa igifungo kuva ku myaka ibiri (2) kugeza ku myaka itanu (5) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri ebyiri (2) kugeza ku icumi (10) z’agaciro k’indonke yatanze cyangwa yashatse gutanga nk’uko biteganywa n’ingingo ya 640 yo mu gitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda.

RNP

2016-11-11
Editorial

IZINDI NKURU

Urubyiruko rwo muri FDU-Inkingi rukomeje konswa ingengabitekerezo ya Jenoside

Urubyiruko rwo muri FDU-Inkingi rukomeje konswa ingengabitekerezo ya Jenoside

Editorial 06 Apr 2022
Muhongerwa Patricie atorewe kuba Visi Meya ushinzwe imibereho myiza mu mujyi wa Kigali

Muhongerwa Patricie atorewe kuba Visi Meya ushinzwe imibereho myiza mu mujyi wa Kigali

Editorial 20 Dec 2016
CAN2023: U Rwanda rwisanze mu itsinda rimwe na Mozambique,  Benin na  Senegal mu guhatanira itike y’igikombe cya Afurika 2023

CAN2023: U Rwanda rwisanze mu itsinda rimwe na Mozambique,  Benin na  Senegal mu guhatanira itike y’igikombe cya Afurika 2023

Editorial 19 Apr 2022
APR FC yasezerewe na Etoile du Sahel mu mikino ya CAF Champions League ikomereza muri CAF Confederations Cup

APR FC yasezerewe na Etoile du Sahel mu mikino ya CAF Champions League ikomereza muri CAF Confederations Cup

Editorial 23 Oct 2021
Urubyiruko rwo muri FDU-Inkingi rukomeje konswa ingengabitekerezo ya Jenoside

Urubyiruko rwo muri FDU-Inkingi rukomeje konswa ingengabitekerezo ya Jenoside

Editorial 06 Apr 2022
Muhongerwa Patricie atorewe kuba Visi Meya ushinzwe imibereho myiza mu mujyi wa Kigali

Muhongerwa Patricie atorewe kuba Visi Meya ushinzwe imibereho myiza mu mujyi wa Kigali

Editorial 20 Dec 2016
CAN2023: U Rwanda rwisanze mu itsinda rimwe na Mozambique,  Benin na  Senegal mu guhatanira itike y’igikombe cya Afurika 2023

CAN2023: U Rwanda rwisanze mu itsinda rimwe na Mozambique,  Benin na  Senegal mu guhatanira itike y’igikombe cya Afurika 2023

Editorial 19 Apr 2022
APR FC yasezerewe na Etoile du Sahel mu mikino ya CAF Champions League ikomereza muri CAF Confederations Cup

APR FC yasezerewe na Etoile du Sahel mu mikino ya CAF Champions League ikomereza muri CAF Confederations Cup

Editorial 23 Oct 2021
Urubyiruko rwo muri FDU-Inkingi rukomeje konswa ingengabitekerezo ya Jenoside

Urubyiruko rwo muri FDU-Inkingi rukomeje konswa ingengabitekerezo ya Jenoside

Editorial 06 Apr 2022
Muhongerwa Patricie atorewe kuba Visi Meya ushinzwe imibereho myiza mu mujyi wa Kigali

Muhongerwa Patricie atorewe kuba Visi Meya ushinzwe imibereho myiza mu mujyi wa Kigali

Editorial 20 Dec 2016
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu irushanwa ryateguwe na FERWABA, UR, Ecole Secondaire St Bernadette Kamonyi ndetse zatwaye imidali muri 3×3 Challenge
Amakuru

Mu irushanwa ryateguwe na FERWABA, UR, Ecole Secondaire St Bernadette Kamonyi ndetse zatwaye imidali muri 3×3 Challenge

Editorial 26 Oct 2021
Perezida Kagame yarahiriye kuyobora u Rwanda muri manda y’imyaka irindwi
Mu Rwanda

Perezida Kagame yarahiriye kuyobora u Rwanda muri manda y’imyaka irindwi

Editorial 22 Aug 2017
Kurekura Kabuga ngo ni uko ashaje ni agahomamunwa, abo arusha imyaka icumi bishe abayahudi baraburanishwa no muri iki gihe
Amakuru

Kurekura Kabuga ngo ni uko ashaje ni agahomamunwa, abo arusha imyaka icumi bishe abayahudi baraburanishwa no muri iki gihe

Editorial 13 Aug 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru