• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Akumiro: Rudasingwa yongeye kwiyerurutsa ku bafaransa asebya u Rwanda nk’ibisanzwe

Akumiro: Rudasingwa yongeye kwiyerurutsa ku bafaransa asebya u Rwanda nk’ibisanzwe

Ubwanditsi 28 Dec 2017 ITOHOZA

Mwese muzi inyoni yitwa Agacurama, uko iteye rimwe ubona isa n’igisimba, igira amenyo, iraguruka, ironsa…na Theogene Rudasingwa ni uko.

Rudasingwa yanditse ibaruwa ifunguye ayandikira Perezida w’ Ubufaransa amwereka uburyo u Rwanda nk’agahugu gato kari kumutesha umutwe kamwagiriza ko ayoboye igihugu cyagize uruhare muri Genocide yakorewe Abatutsi muri 1994.

Mu kiganiro yagiranye na Televiziyo y’u Rwanda taliki 24 Ugushyingo, Minisitiri Louise Mushikiwabo, yatangaje ko u Rwanda rufite ibimenyetso byinshi bigaragaza uruhare rw’u Bufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Mushikiwabo yagize ati “Dufite ibimenyetso bifatika byinshi, ndetse nyuma y’iyi raporo yasohotse ejo bundi turakomeza, raporo zizaba nyinshi hari n’izindi ziriho zimaze igihe. Turifuza noneho gucukumbura neza abo twagiye tubonaho ibimenyetso ndetse bamwe n’impapuro zishobora kuzabafatisha zatangiye gukorwa, zirahari.”

Komisiyo y’Igihugu ishinzwe kurwanya Jenoside, CNLG, tariki ya 31 Ukwakira 2016 nibwo yashyize ahagaragara inyandiko ikubiyemo urutonde rw’abasirikare b’u Bufaransa bakekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Umushinjacyaha Mukuru, Jean Bosco Mutangana, yigeze kubwira IGIHE ko icyo u Rwanda rwifuza ari ubufatanye mu iperereza kuri aba basirikare kuko rwagararije u Bufaransa ko abantu babwo bakekwaho ibyaha bya jenoside, ndetse ihame mpuzamahanga ritegeka ibihugu koroherezanya mu iperereza ku mpande zombi.

Nta gitangaje rero kubona umuntu nka Rudasingwa yikora akandika ibaruwa ku bayobozi b’ubufaransa, iri gufatwa na benshi nk’uburyo bwo gusabiriza, bya bindi mu kinyarwanda byitwa “mpemuke ndamuke”.

Theogene Rudasingwa ubuteka mutwe bwe si ubwa vuba aha dore ko na kera yahinduye amazina kuko mbere yitwaga Ndatinya Theogene, iri zina akaba ariry akunda kugenderaho muri passport yiyoberanya, izina rya Rudasingwa ni irya mubyara we witwa Rudasingwa Alphonse.

Rudasingwa ni umwe mu bantu bahora mu byabaranze mu bihe byahise kandi na byo ari amafuti gusa bakoze. Umwe munshuti ze zahafi babanye mu buhungiro muri Uganda yabwiye Rushyashya ati’’ Rudasingwa ni umuntu ukunda gukorera mu gihombo cya bagenzi be arangwa no kubogama kugirango abone amaramuko, kuva mu bugimbi bwe yahemukiye urungano, ahemukira abo biganye ndetse n’abavandimwe be aho kugeza ubu nta muntu ukimutaho umwanya ngo aramutega amatwi’’.mwibuke ko n’igihe yarembaga nta wamushyiraga n’amazi yo kunywa.

Bijya gutangira yihakanye abavandimwe be avuga ko nta sano bafitanye sibyo gusa kuko yanahiduye amazina nyuma yo gutsindwa ikizamini cy’amashuri abanza, nta gitangaza rero kubona umuntu nka Rudasingwa yikora akandika ibifatwa na benshi nk’ubusa muri gahunda ye yo gukomeza gusebya u Rwanda.

2017-12-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Dosiye ya Minisitiri w’Intebe w’Uburundi, Gervais Ndirakobuca, uvugwa mu guha intwaro FDLR, yabyukijwe.

Dosiye ya Minisitiri w’Intebe w’Uburundi, Gervais Ndirakobuca, uvugwa mu guha intwaro FDLR, yabyukijwe.

Ubwanditsi 27 Apr 2024
Kigali: Umwarimu ukekwaho gusambanya umunyeshuri yigishaga ari gushakishwa uruhindu

Kigali: Umwarimu ukekwaho gusambanya umunyeshuri yigishaga ari gushakishwa uruhindu

Ubwanditsi 09 Jul 2017
Kayonza Abayobozi b’ibigo by’amashuri 2 bamaze guhunga igihugu kubera Bank Lamberi

Kayonza Abayobozi b’ibigo by’amashuri 2 bamaze guhunga igihugu kubera Bank Lamberi

Ubwanditsi 08 Mar 2019
Ibaruwa yandikiwe uwacitse ku icumu muri iki gihe cyo kwibuka Jenoside kunshuro ya 24

Ibaruwa yandikiwe uwacitse ku icumu muri iki gihe cyo kwibuka Jenoside kunshuro ya 24

Ubwanditsi 09 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Mwesigye aragaragaza ukuntu Museveni ari kugana aha Kaddafi
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Mwesigye aragaragaza ukuntu Museveni ari kugana aha Kaddafi

Ubwanditsi 08 Jan 2018
Barindwi mu bayoboke b’ Ishyaka FDU-Inkingi bakekwaho kurema umutwe wagisilikare bahamijwe mu buroko undi ararekurwa
Mu Rwanda

Barindwi mu bayoboke b’ Ishyaka FDU-Inkingi bakekwaho kurema umutwe wagisilikare bahamijwe mu buroko undi ararekurwa

Ubwanditsi 25 Oct 2017
CTTC MAYANGE: Ikigo cya Polisi y’u Rwanda cyihariye mu guhangana n’iterabwoba
Amakuru

CTTC MAYANGE: Ikigo cya Polisi y’u Rwanda cyihariye mu guhangana n’iterabwoba

Ubwanditsi 01 Sep 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru