• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Aline Gahongayire yatangije irushanwa ry’umugore uhiga abandi mu babyibushye

Aline Gahongayire yatangije irushanwa ry’umugore uhiga abandi mu babyibushye

Editorial 23 Mar 2016 Mu Mahanga

Gahongayire Aline, umuhanzi w’indirimbo z’Imana ubifatanya n’imideli, yateguye igikorwa cyo gushakisha umugore uzahagararira abandi mu cyiciro cy’ababyibushye mu gihugu hose.

Mu mwaka wa 2012 nibwo Aline Gahongayire yakoze bwa mbere imyiyereko y’abagore babyibushye agamije kubaremamo icyizere kubera itotezwa ryakorerwaga bamwe baryozwa umubyibuho.

Yateganyije ko itora rizanyura mu gihugu hose, buri mugore cyangwa umukobwa ubyibushye yemerewe kwiyandikisha hanyuma muri Gicurasi 2016 hakazatoranywa 15 ba mbere ari na bo bazashakishwamo uhiga abandi.

Mu ntego afite ni ugukangurira abagore babyibushye kutinena, azanatanga inyigisho zumvikanisha ko umubyibuho atari karemano. Mu myaka yashize yari umwe mu babyibushye cyane ariko ubu yaragabanutse bigaragara.

Mu mwaka wa 2012 yabanje gutegura imyiyereko y’ababyibushye. Kuri iyi nshuro yashyizemo impinduka.

Ati “Nanjye hari ibanga ngiye guha abandi, navuye ku biro 119 ngera ku biro 79, maze kubyara nariyongereye ariko ubu nabwo naragabanutse ngeze kuri 88.”

Arongera ati “Gahunda si ukwiyerekana gusa ahubwo bagomba kuba intumwa za bagenzi babo. Bagomba kuba babyibushye ariko bafite ubumenyi, ari intangarugero.”
Gahongayire yateganyije ko 15 bazatoranywa mu gihugu hose bazerekana imishinga ibyara inyungu bagashakirwa inkunga yo kuyishyira mu bikorwa mu gushyigikira iterambere ry’umugore.

Aline Gahongayire agiye gushakisha umugore uhiga abandi mu babyibushye
Uzatorerwa guhagararira bose, azaba ameze nka ‘Nyampinga’ gusa ntarahitamo inyito nyayo uyu mugore azahabwa.

-2533.jpg

-2532.jpg

-2531.jpg

Bwambere aya marushanwa yabereye muri SERENA HOTEL

Ati “Uzatorwa azaba abikwiye, agomba kuzaba afite akamaro kuri bagenzi be, azaba ari umugore uhagarariye abandi, afite ubwiza buherekejwe n’ubumenyi.”

Iyi myiyereko y’ababyibushye Gahongayire yise Alga Plus-Size Fashion yabaye ku nshuro ya mbere mu Rwanda muri 2012.

2016-03-23
Editorial

IZINDI NKURU

Abasirikari b’Afrika y’Epfo bakomeje gusiga ubuzima muri Kongo

Abasirikari b’Afrika y’Epfo bakomeje gusiga ubuzima muri Kongo

Editorial 02 Mar 2024
Perezida Kagame yaherekeje Umwami Mohammed VI wa Maroc wari umaze iminsi itanu mu Rwanda

Perezida Kagame yaherekeje Umwami Mohammed VI wa Maroc wari umaze iminsi itanu mu Rwanda

Editorial 23 Oct 2016
Ikipe ya FAR Rabat yo muri Maroc yatangaje ko yasinyishije Imanishimwe Emmanuel uzwi nka Mangwende

Ikipe ya FAR Rabat yo muri Maroc yatangaje ko yasinyishije Imanishimwe Emmanuel uzwi nka Mangwende

Editorial 05 Aug 2021
Impamvu  Oda GASINZIGWA yirukanywe muri Guverinoma

Impamvu Oda GASINZIGWA yirukanywe muri Guverinoma

Editorial 24 Mar 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Haravugwa iyicwarubozo rya bamwe mu bayobozi nyuma y’urupfu rwa AIGP Kaweesi
ITOHOZA

Uganda: Haravugwa iyicwarubozo rya bamwe mu bayobozi nyuma y’urupfu rwa AIGP Kaweesi

Editorial 17 Apr 2017
Ngoma :  Perezida Kagame aributsa ababyeyi gushyira imbaraga  mu kwita ku bana babo babarinda ubukene n’inzara
Mu Mahanga

Ngoma : Perezida Kagame aributsa ababyeyi gushyira imbaraga mu kwita ku bana babo babarinda ubukene n’inzara

Editorial 03 May 2016
Uganda: Rene Rutagungira yitabaje  Maj. Gen David Muhoozi mu rubanza rwe
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Rene Rutagungira yitabaje Maj. Gen David Muhoozi mu rubanza rwe

Editorial 10 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru