Ikipe ya APR FC yashyikirijwe Igikombe cya shampiyona 2024-2025 yegukanye, nyuma yo kubishimangira itsinze ikipe ya Musanze FC ibitego 3-1 kuri Stade Amahoro ubwo hasozwa imikino yas shampiyona y’u Rwanda 2024-2025.
Wari umukino wa nyuma kuri aya makipe yombi yagiye gukina bizwi ko APR FC yamazekwegukana igikombe cya Shampiyona, aha hari hasigaye gushyikirizwa iki gikombe yegukanye ku ncuro ya 6 yikurikiranya, kikaba igikombe cya 23 cya shampiyona itwaye.
Ibitego bitatu byabonetse muri uyu mukino ku ruhande rw’iyi kipe y’ingano z’igihugu byatsinzwe n’umukinnyi wo hagati mukibuga, Ruboneka Jean Bosco, ni ibitego yatsinze ku munota wa 30, 68 na 76.
Ku ruhande rw’ikipe ya Musanze FC itozwana Habimana Sosthène iyi kipe yabonye igitego ku munota wa 49, ni nyuma yahoo Mchelenga Rachid yatsinze igitego nyuma yo guhabwa umupira na Kamazi Achraf, bityo yishyurira Musanze igitego kimwe muri bitatu.
Gusa muri uyu mukino, myugariro Mukengere Christian yategeye Cheick Djibril Ouattara mu rubuga rw’amahina, bityo umusifuzi atanga Penaliti uyu rutahizamu wanahise ayitereraihita ikurwamo n’umunyezamu, Nsabimana Jean de Dieu uzwi nka Chaolin.
Muri uyu mukino wasozaga indi yose yo mu mwaka w’imikino wa 2024/2025, awavanzwe n’ibirori byo kwishimira ibikombe bitatu APR FC yegukanye harimo igikombe kiruta ibindi ndetse n’igikombe cy’Amahoro iheruka gutwara.
Muri ibi birori byabimburiwe n’akarasisi ka gisikare n’indi myiyereko y’abafana, hakurikiraho umwanya w’abahanzi baririmbye bayobowe na DR Jose Chameleone, Dr Clauden ndetse na Eric Senderi.
Uyu mwaka w’imikino urangiye APR FC yegukanye igikombe cya Shampiyona, ikurikirwa na Rayon Sports, AS Kigali na Police FC zose zikaba zarashoje mu makipe ane ya mbere.
Amakipe abiri yamaze kumanuka ni Muhazi United yatsinzwe ku munsi wa nyuma n’Amagaju 2-1 ndetse na Vision FC yo yamanutse hakiri kare, aya makipe akaba yarasimbuwe na AS Muhanga na Gicimbi FC.