Perezida wa Repubulika Paul Kagame, kuri uyu wa Kane, yafunguye ku mugaragaro inama ya 194 y’Impuzamashyirahamwe y’Umukino w’Amagare ku Isi (UCI), yabereye muri Kigali Convention Centre, yitabirwa n’ibihugu 132 bigize iri shyirahamwe.

Iyi nama iri kuba mu gihe u Rwanda ruri kwakira Shampiyona y’Isi y’Amagare ya mbere ibereye muri Afurika, ikitabirwa n’ibihugu 108 n’abasiganwa 769, harimo ibihugu 36 bya Afurika, umubare utarigeze ubaho mu mateka yayo.
Perezida Kagame yashimangiye ko umukino w’amagare wagize uruhare mu guhindura ubuzima bwa benshi ku mugabane wa Afurika, anavuga ko u Rwanda rwashyize imbaraga mu kuwuteza imbere.
Ati: “Mu Rwanda twashoye imbaraga mu mukino w’amagare nka siporo. Izi mbaraga zahinduye Tour du Rwanda isiganwa riza ku isonga muri Afurika kandi byubaka urufatiro rw’iterambere ryawo.”
Yanongeyeho ko kwakira ibikorwa bikomeye ku rwego rw’Isi bizana inyungu zifatika mu iterambere ry’igihugu.
Perezida wa UCI, David Lappartient, yashimiye Perezida Kagame n’u Rwanda ku ruhare bagize kugira ngo Shampiyona y’Isi n’iyi nama bibere bwa mbere muri Afurika.

Ati: “Ibihugu 132 biri hano byansabye gushimira Perezida Kagame ku gutuma aya mateka agerwaho. Ntituzibagirwa uburyohe bw’ibihe byacu mu gihugu cyanyu cyiza.”
Shampiyona y’Isi y’Amagare 2025 yatangiye ku Cyumweru tariki 21 Nzeri, ikazasozwa ku ya 28 Nzeri 2025.




