• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»SHOWBIZ»AMERIKA: Umunyarwandakazi Magaly Pearl ari gukorana indirimbo na Producer Masterkraft wamamaye muri Nigeria

AMERIKA: Umunyarwandakazi Magaly Pearl ari gukorana indirimbo na Producer Masterkraft wamamaye muri Nigeria

Ubwanditsi 07 Mar 2018 SHOWBIZ

Uvuze izina Masterkraft abakurikiranira hafi ibijyanye na muzika ya Afurika bahita bumva umusore wo muri Nigeria wamamaye mu gutunganya indirimbo z’abahanzi bakomeye yaba muri Nigeria no hanze yayo. Kuri ubu uyu mugabo ari gukorera indirimbo umunyarwandakazi Magaly Pearl uba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Aya makuru Inyarwanda.com dukesha iyi nkuru  yayahamirijwe na Magaly Pearl nyuma yo gushyira hanze amashusho ari muri studio n’uyu mugabo wamamaye kubera gukorera abahanzi b’ibyamamare muri Afurika. Akimara gushyira hanze amashusho bari kumwe muri studio umunyamakuru yahise abaza Magaly Pearl niba koko ari gukorana n’uyu mugabo maze nawe ntakuzuyaza ahita abihamya atangaza ko hari umushinga w’indirimbo bari gukorana. Magaly Pearlyagize ati:

Ni byo ndi  gukorana na Masterkraft ni umwe mu bahanga bazi gutunganya indirimbo nibaza ko nk’umuhanzi mushya hari itandukaniro ngomba kuba ngaragaza mu muziki w’u Rwanda bizanyorohera kumvisha abanyarwanda ko hari icyo nshoboye. Ibi kandi nta kindi cyabikora usibye kubaha ibihangano byuzuyemo ubuhanga  arinayo mpamvu kuri ubu ndi gukorana naba producer bakomeye kugira ngo ninshyira hanze indirimbo ibe yumvikanamo umwihariko.

USA: Umunyarwandakazi Magaly Pearl yakorewe amashusho y’indirimbo na Patrick Alis ukorera ba Tekno,Wizkid n’ibindi byamamareMagaly Pearl umunyarwandakazi ukorera muzika muri Amerika ubu uri gukorana na Masterkraft ufatwa nk’umwe mu bahanga Afurika ifite batunganya indirimbo z’abahanzi

Magaly Pearl ni umwe mu bahanzikazi b’abanyarwanda babarizwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika uyu akaba ataratangiye umuziki cyera cyane ko 2017 aribwo yashyize hanze indirimbo ye ya mbere  kuri ubu akaba afite indirimbo ebyiri n’izindi zitarava muri studio harimo n’iyi ari gukorana na Masterkraft wamamaye mu gutunganya indirimbo muri Nigeria.

Magaly Pearl si uyu mugabo ukomeye mu gutunganya indirimbo z’abahanzi bakoranye bwa mbere cyane ko indirimbo ye iheruka amashusho yayo yafashwe akanatunganywa na Patrick Alis umusore wamamaye mu gufata amashusho ya benshi mu byamamare muri Africa barimo Tekno, Wizkid n’abandi benshi.

Masterakraft cyangwa Sunday Ginikachukwu Nweke amazina ye asanzwe  ni umu producer akaba umu Dj ufite ubuhanga bukomeye mu gucuranga piano ndetse akaba umwanditsi w’indirimbo  uyu akaba yarakoreye indirimbo abahanzi bakomeye muri Afurika nka; Flavour N’abania, Bracket, Banky W, Sound Sultan, Timaya, Lynxxx, M.I na J. Martins uyu akaba yaragiye yegukana ibihembo binyuranye muri Nigeria by’umu producer mwiza w’umwaka.

REBA HANO INDIRIMBO HOLD ME UYU MUHANZIKAZI AHERUKA GUSHYIRA HANZE

2018-03-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umuhanzi Rayvanny ugiye kuza mu Rwanda yeretse ababyeyi umukazana wabo mu muryango

Umuhanzi Rayvanny ugiye kuza mu Rwanda yeretse ababyeyi umukazana wabo mu muryango

Ubwanditsi 23 Jan 2018
Cécile Kayirebwa aritegura gushyira hanze igitabo cye cya mbere yise “Wowe utuma mpimba” kizaba gikubiyemo ibisigo bye

Cécile Kayirebwa aritegura gushyira hanze igitabo cye cya mbere yise “Wowe utuma mpimba” kizaba gikubiyemo ibisigo bye

Ubwanditsi 23 Aug 2021
Mu Mujyi wa Kigali habereye igitaramo cy’urwenya cyabereye mu modoka(AMAFOTO)

Mu Mujyi wa Kigali habereye igitaramo cy’urwenya cyabereye mu modoka(AMAFOTO)

Ubwanditsi 25 Mar 2018
Radio Wo Muri Goodlife nyuma yo Gukubitwa Akagubwa nabi kurubu amakuru arahamya ko ari koroherwa

Radio Wo Muri Goodlife nyuma yo Gukubitwa Akagubwa nabi kurubu amakuru arahamya ko ari koroherwa

Ubwanditsi 24 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko Rugema Kayumba yapanze  umugambi wo gufatisha Fidel Gatsinzi I Kampala
ITOHOZA

Uko Rugema Kayumba yapanze  umugambi wo gufatisha Fidel Gatsinzi I Kampala

Ubwanditsi 16 Dec 2017
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 20 Mar 2023
Nyamasheke: Umucungamari wa koperative afunzwe akekwaho kunyereza arenga miliyoni 30
Mu Rwanda

Nyamasheke: Umucungamari wa koperative afunzwe akekwaho kunyereza arenga miliyoni 30

Ubwanditsi 16 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru