• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Amerika yikuye mu ndorerezi zizakurikirana amatora ya Perezida muri Uganda nyuma yaho indorerezi zayo ku kigero cya 75% zimwe uburenganzira bwo kuyakurikirana

Amerika yikuye mu ndorerezi zizakurikirana amatora ya Perezida muri Uganda nyuma yaho indorerezi zayo ku kigero cya 75% zimwe uburenganzira bwo kuyakurikirana

Editorial 13 Jan 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Mu itangazo ryasohowe na Ambasaderi wa Leta zunze ubumwe z’Amerika mu gihugu cya Uganda, Madamu Natalie Brown yavuzeko igihugu ahagarariye kitazakurikirana ibikorwa by’amatora ateganyijwe muri iki gihugu kuri uyu wakane tariki ya 14 Mutarama 2020.

Ambasaderi Brown yagize ati “Mbabajwe no kubamenyesha icyemezo kibabaje ko Ambasade y’Amerika muri Uganda itazakurikirana ibikorwa by’amatora ya Perezida w’Amerika kuberako Komisiyo ishinzwe amatora yimye uburenganzira bwo kuyakurikirana ku kigero cya 75% ku ndorerezi zari zavuye muri Amerika. Kuba baraduhaye 15%, ntabwo twabasha gukurikirana ayo matora ku kigero cyiza kandi mu gihugu hose”

Ambasaderi Brown yavuzeko bakomeje kubaza impamvu bimwe uburenganzira ariko Komisiyo ntiyatanga ibisobanuro ahubwo itangaza umwanzuro yafashe iminsi mike mbere yuko amatora aba. Yibukije kandi ko impamvu haba indorerezi mu matora ari ukugirango barebe ko yagenze neza ko zitivanga mu bikorwa bya politiki.
Ibintu bias n’ibikomeye mu gihugu cya Uganda aho kuri uyu wa kabiri ubuyobozi bwa Uganda kuri bwategetse ko imbuga nkoranyambaga zifungwa, habura amasaha make ngo kuri uyu wa Kane hakorwe amatora ya Perezida arimo guhangana gukomeye.

Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa, AFP byatangaje ko Komisiyo ishinzwe itumanaho muri icyo gihugu yategetse ibigo by’itumanaho guhagarika uburyo bwose bushobora gutuma imbuga nkoranyambaga zikora ndetse n’ubundi buryo bwo guhanahana ubutumwa.
Hari umwe mu batanze amakuru wavuze ko abayobora ibigo by’itumanaho babanje guhamagarwa kuri telefone, babwirwa mu gasuzuguro ko bagomba gufunga izo mbuga nkoranyambaga.
Iryo funga ry’imbuga nkoranyambaga ni ukwihimura cyane cyane kuri Facebook iherutse gusiba konti zifite aho zihuriye na Leta n’ishyaka riri ku butegetsi NRM, Zimwe mu mbuga nkoranyambaga zafunzwe harimo Facebook, Twitter, WhatsApp, Signal na Viber.

Ambasaderi Brown yibukije abayobozi b’igihugu cya Uganda ko Amerika nta ruhande na rumwe ibogamiyeho, ko gusa ishyigikira amatora anyuze mu mucyo no mumahoro. Mu matora ya Perezida wa Uganda muri 2016, Amerika yohereje indorerezi zisaga 88. Gusa ku matora yuyu mwaka, indorerezi z’Amerika zatanze ibyangombwa byuzuye ariko bahabwa igisubizo ko batemerewe kuba indorerezi uyu mwaka.
Ntabwo ari Amerika yimwe uburanganzira gusa muri aya matora, kuko n’imiryango myinshi itegamiye kuri Leta yimwe uburenganzira kandi ari abagande. Amerika yibukije ko kwima uburenganzira abanyagihugu bwo gukurikirana amatora bigaragaza ko amatora atazaba anyuze mu mucyo.

Perezida Museveni w’imyaka 73 ahanganye bikomeye na Bobi Wine w’imyaka 36 aho urubyiruko rwinshi rwavutse Perezida Museveni ari ku butegetsi rushyigikiye bikomeye Bobi Wine, bityo bikaba byarateye imvururu zikomeye aho abagera kuri 54 bishwe n’inzego z’umutekano.

2021-01-13
Editorial

IZINDI NKURU

Umunyarwandakazi wafunzwe mbere yo kwirukanwa muri Uganda arasaba kubona uruhinja rwe yambuwe

Umunyarwandakazi wafunzwe mbere yo kwirukanwa muri Uganda arasaba kubona uruhinja rwe yambuwe

Editorial 30 Sep 2019
Ubuhamya bubabaje bw’undi munyarwanda washimutanywe n’abakoresha be muri Uganda

Ubuhamya bubabaje bw’undi munyarwanda washimutanywe n’abakoresha be muri Uganda

Editorial 12 Apr 2019
Gusazira muri etage yo mu Burayi birutwa no gusazira muri gereza yo mu Rwanda – Past Nsanzurwimo Joseph

Gusazira muri etage yo mu Burayi birutwa no gusazira muri gereza yo mu Rwanda – Past Nsanzurwimo Joseph

Editorial 04 Jun 2018
Niger yiteguye gushyigikira Kagame ku buyobozi bwa AU “ku kigero cya 200%”

Niger yiteguye gushyigikira Kagame ku buyobozi bwa AU “ku kigero cya 200%”

Editorial 17 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Inyungu ihishe mu kwiha serivisi za Banki ya Kigali utavuye aho uri
UBUKUNGU

Inyungu ihishe mu kwiha serivisi za Banki ya Kigali utavuye aho uri

Editorial 05 Oct 2018
Burundi: Imirwano hagati y’abasirikare n’abapolisi yakomerekeyemo bane
Mu Mahanga

Burundi: Imirwano hagati y’abasirikare n’abapolisi yakomerekeyemo bane

Editorial 03 Nov 2017
Police FC itsinze Rayon Sports 4-2, Marines irwana no kuva mu myanya mibi yihererana Musanze FC – Uko imikino y’umunsi wa 25 yagenze
Amakuru

Police FC itsinze Rayon Sports 4-2, Marines irwana no kuva mu myanya mibi yihererana Musanze FC – Uko imikino y’umunsi wa 25 yagenze

Editorial 01 Apr 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru