• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Amwe mu mazina y’Abafaransa ashyirwa mu majwi mu guhanura Indege ya Habyarimana

Amwe mu mazina y’Abafaransa ashyirwa mu majwi mu guhanura Indege ya Habyarimana

Editorial 17 Oct 2017 ITOHOZA

Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG), ivuga ko u Bufaransa budakwiye kujya bwirirwa buvuga ko bushaka gukora amaperereza ku ihanurwa ry’indege ya Habyarimana, kuko ngo aribo bafite amakuru yose.

CNLG ivuga ko ubwo iyi ndege ya Perezida Habyarimana yahanurwaga, byatwaye ukwezi kurenga aho indege yaguye, harinzwe na bamwe mu basirikari b’iki gihugu bakoreraga mu kigo cya gisirikari cya Kanombe.

Mu mwaka wa 2006, umucamanza w’Umufaransa, Jean-Louis Bruguière yashyizeho impapuro zifata abofisiye 9 b’u Rwanda bashinjwa kugira uruhare mu ihanurwa ry’indege ya Falcon 50 yaguyemo Habyarimana na Ntaryamira wayoboraga u Burundi.

Mu mwaka wa 2016 kandi u Bufaransa bwongeye kuvuga ko bugiye gutangiza iperereza bundi bushya, ku muntu wahanuye indege ya Perezida Juvenal Habyarimana.

U Bufaransa buvuga gukora aya ma perereza, mu gihe u Rwanda rushinja iki gihugu gutegura no gushyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi, ndetse iki gihugu ngo kikaba cyaragize uruhare rukomeye mu guha imyitozo abasirikari ba Perezida Habyarimana ndetse n’Interahamwe bakoze Jenoside.

U Bufaransa bwo buvuga ko bushaka gukora iperereza ku cyateye iri hanurwa ry’iyi ndege, kuko ngo ariyo yabaye imbarutso mu gutangira kwa Jenoside.

Gusa u Rwanda rwo ruvuga ko kuvuga ko ihanurwa ry’iyi ndege aribyo byatangije Jenoside ngo sibyo, kuko no myaka yabanje guhera mu mwaka wa 1959, Abatutsi bakomeje kwicwa hirya no hino mu gihugu kugeza kuri Jenoside nyirizina.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside, Dr Bizimana Jean Damascène, nawe avuga ko kuba buri munsi u Bufaransa buvuga ibijyanye n’amaperereza, ngo ibi nta gaciro bifite cyane ko iki gihugu gifite amakuru yose ku cyahanuye indege ya Perezida Habyarimana.

Avuga ko na mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi, abasirikari b’ u Bufaransa babaga mu kigo cya gisirikari cya Kanombe aho bahaga imyitozo abasirikari ba Habyarimana, gutoza abagize uruhare muri Jenoside no guhohotera Abatutsi.

Dr Bizimana Jean Damascène, agira ati “Kwica no guhohotera Abatutsi mu kigo cya Kanombe byakorwaga hari abasirikari b’Abafaransa, ubuhamya butandukanye bw’abasirikari bakoraga mu kigo cya Kanombe burabigaragaza, gutoteza Abatutsi mu kigo cya Kanombe byakorwaga hari abasirikari b’Abafaransa, aba kandi nibo babaga banabiyoboye.”

Bamwe mu basirikari b’Abafaransa CNLG ivuga ko babaga mu kigo cya Kanombe, barimo Major Michael RoBards wigishaga Abajandarume, uyu akaba ngo yaranagize uruhare rwo gutegura Jenoside no gutoza abasirikari ba Perezida Habyarimana, Colonel Bernard Cussac wari uwoyoboye ubutwererane hagati y’ingabo, Gregory de Sécante wakoranaga bugufi na Col Theoneste Bagosora.

CNLG ivuga ko uretse kuba aba basirikari b’Abafaransa baragize uruhare rukomeye mu kwica Abatutsi byaberaga muri iki kigo no mu nkengero zacyo, ngo u Bufaransa bunazi neza uko indege ya Habyarimana yarashwe.

-8322.jpg

Uwayoboraga ingabo z’u Bufaransa muri ‘Zone Turquoise’

Dr Damascène agira ati “Uyu witwaga Gregory de Sécante indege ya Habyarimana ikimara guhanuka, we n’uwitwaga Ntabakuze bayoboye abasirikari bagiye aho indege yaguye barayisaka, ibyo babonaga bikenewe byose barabitwara, ntabwo bigeze bemerera ingabo za MINUAR kuba zahinjira, bemeye MINUAR kuhinjira mu kwezi kwa 5, 1994, ukwezi kurenga n’igice gushize, aba nibo bari baharinze, bahavuye kugeza aho babonye ko ibyangombwa byose bashakaga babirangije.”

Akomeza agira ati “Bigaragaza ko n’amabanga yose y’uko Jenoside yagenze i Kanombe bayafite, bimwe bajya bigira ngo barashaka gukora amaperereza, bagombye kubanza gutangaza ibimenyetso bo bafite.”

CNLG ivuga ko n’ubwo Abanyarwanda ubwabo aribo bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, gusa ngo hari n’abanyamahanga bagize uruhare rukomeye mu kubafasha no kuyishyira mu bikorwa.

Tariki ya 5 Ukwakira 2017 ku rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ruherereye Nyanza ya Kicukiro, hashyinguwe imibiri y’Abatutsi 547 bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Aba bakaba baravanwe mu cyobo giherereye mu kigo cya Gisirikari cya Kanombe.

-8323.jpg

Ingabo z’Abafaransa mu Rwanda

2017-10-17
Editorial

IZINDI NKURU

Icyegereranyo cyiswe ‘Burundi: Ingabo mu bibazo’ cyavuze n’akari imurori muri aba bashinzwe umutekano

Icyegereranyo cyiswe ‘Burundi: Ingabo mu bibazo’ cyavuze n’akari imurori muri aba bashinzwe umutekano

Editorial 12 Apr 2017
ADEPR : Uko Usabwimana Samuel  yahunze  Igihugu n’Impamvu zabyo [ Yavuguruwe ]

ADEPR : Uko Usabwimana Samuel yahunze Igihugu n’Impamvu zabyo [ Yavuguruwe ]

Editorial 14 Mar 2017
Isomwa ry’urubanza rw’abo kwa  Rwigara ryasubitswe mu buryo butunguranye

Isomwa ry’urubanza rw’abo kwa Rwigara ryasubitswe mu buryo butunguranye

Editorial 20 Oct 2017
Uganda: Ku ngoro y’inteko ishinga amategeko hagaragaye abantu bigaragambya bitwaje isanduku ishyingurwamo

Uganda: Ku ngoro y’inteko ishinga amategeko hagaragaye abantu bigaragambya bitwaje isanduku ishyingurwamo

Editorial 04 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame  yongeye kugira icyo avuga kuri manda ye ya gatatu
Mu Mahanga

Perezida Kagame yongeye kugira icyo avuga kuri manda ye ya gatatu

Editorial 01 Sep 2016
Nsengimana Jean Bosco na Mugisha Samuel mu bakinnyi bayoboye ikipe y’igihugu yo gusiganwa ku magare yitegura Tour du Rwanda ya 2021.
Amakuru

Nsengimana Jean Bosco na Mugisha Samuel mu bakinnyi bayoboye ikipe y’igihugu yo gusiganwa ku magare yitegura Tour du Rwanda ya 2021.

Editorial 29 Apr 2021
Loni yashavujwe n’ihutazwa ry’abaturage n’abihayimana bigaragambyaga bamagana Kabila
POLITIKI

Loni yashavujwe n’ihutazwa ry’abaturage n’abihayimana bigaragambyaga bamagana Kabila

Editorial 23 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru