Nyuma yo gusoza shampiyona y’umwaka wa 2024/25 aho APR FC yegukanye igikombe cya shampiyona, iyi kipe yatomboye Pyramid FC yo mu misiri mu irushanwa rya CAF Champions League.
Ikipe izasezerera indi, izahura n’izava hagati ya Rema Stars yo muri Nigeria na US Zilimadjou yo mu Birwa bya Comoros.
Rayon Sports yabaye iya kabiri ku rutonde rwa shampiyona ndetse ikanagera ku mukino wa nyuma w’igikbe cy’Amahoro, yo mu irushanwa ya CAF Confederation Cup, izahura n’ikipe ya Singida Big Stars yo muri Tanzania.
Ikipe izasezerera indi, izahura n’izaba yakomeje hagati ya Flambeau de Centre y’i Burundi n’ikipe yo muri Libya itaramenyekana kuko Shampiyona itararangira.
Kuri aya makipe yombi imikino ibanza izakinwa hagati ya tariki 19 na 21 Nzeri 2025 naho iyo kwishyura yo izakinwe nyuma y’icyumweru kimwe, hagati ya 26 na 29 Nzeri.
Biteganyijwe ko umukino wa mbere uzakinirwa i Kigali kuri APR FC na Rayon Sports, naho uwo kwishyura kuri APR uzabera mu Misiri naho kuri Rayon Sports ukazabera muri Tanzania.



