• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»APR FC yatsinze umukino w’ikirarane wayihuzaga na Kiyovu

APR FC yatsinze umukino w’ikirarane wayihuzaga na Kiyovu

Editorial 21 Feb 2016 IMIKINO

Ku mukino w’ikirarane w’umunsi wa cumi wa shampiyona urangiye APR FC yongeye gutsinda Kiyovu Sports ibitego 2-0 byinjiye mu minota icyenda ya nyuma. Kiyovu Sports yariho igerageza kuvanaho amateka mabi yo kudatsinda APR mu myaka 10 ishize, byayinaniye.

-2203.jpg

Kiyovu Sports yakiriye APR FC kuri stade ya Kigali i Nyamirambo. Umukino watangiye amakipe yombi yishakisha akinira hagati adasatirana bikomeye, byanatumye igice cya mbere kirangira amakipe yombi anganya ubusa ku busa, nta n’uburyo bukomeye bwo kubona igitego bwabonetse ku mpande zombi muri iki gice.

-2204.jpg

Igice cya kabiri Kiyovu Sports y’umutoza Yves Rwasamanzi yaje igaragaza impunduka, yashyizemo Souleiman Kacyira (wahoze muri APR FC) na rutahizamu Jean Pierre Muhindo baguze mu Amagaju FC.

-2206.jpg

Ngabo-na-Sibomana-barwanira-umupira-na-Ombolenga-ariko-birangira-awubatwaye

Kiyovu yahise yiharira umukino, Lomami Andre na Gashugi Abdoul Karimu bahusha uburyo bukomeye imbere y’izamu rya Olivier Kwizera.

Emmanuel Rubona utoza APR FC nawe yahise yinjiza Janvier Benedata na rutahizamu Fiston Nkinzingabo bagabanye igitutu Kiyovu yabashyiragaho, aba basore bazwiho gutindana umupira, bacenga, kandi bihuta.

-2207.jpg

Ombalenga-arwanira-umupira-na-Sibomana-Patrick-mu-gice-cya-mbere

Ibi byahiriye iyi kipe y’ingabo, ku munota wa 83 ifungura amazamu ku mupira wavuye kuri Michel Rusheshangoga na Fiston Nkinzingabo bacaga iburyo, bahinduye umupira usanga Janvier Benedata ahagaze neza aba atsindiye APR FC igitego cya mbere.

Benedata wazamukiye muri Kiyovu yanze kwishimira iki gitego mu rwego rwo kubaha iyi kipe yamureze.

Nyuma y’iminota ibiri gusa, Fiston Nkinzingabo yongeye gucenga Gad Niyonshuti wugariraga ibumoso ha Kiyovu, areba uko umunyezamu Bonheur wa Kiyovu ahagaze atera neza mu izamu, APR FC iba iyoboye umukino n’ibitego 2-0, ari nako umukino waje kurangira.


Amafoto/Umuseke

M.Fils

2016-02-21
Editorial

IZINDI NKURU

CAF yemeje ko sitade Amahoro ifite ubushobozi bwo kwakira imikino mpuzamahanga

CAF yemeje ko sitade Amahoro ifite ubushobozi bwo kwakira imikino mpuzamahanga

Editorial 14 Jun 2024
Imikino y’umunsi wa gatatu wa shampiyona y’u Rwanda 2021-2022 yagombaga kubera kuri Sitade Umuganda yasubitswe, harimo uwo Etincelles yari buzakine na APR FC

Imikino y’umunsi wa gatatu wa shampiyona y’u Rwanda 2021-2022 yagombaga kubera kuri Sitade Umuganda yasubitswe, harimo uwo Etincelles yari buzakine na APR FC

Editorial 18 Nov 2021
Uko FERWAFA yatangije amarushanwa y’abana, Rayon Sports yatsinze AS Muhanga, REG BBC itsindwa na Patriots BBC – Ibyaranze imikino mu mpera z’icyumweru mu Rwanda

Uko FERWAFA yatangije amarushanwa y’abana, Rayon Sports yatsinze AS Muhanga, REG BBC itsindwa na Patriots BBC – Ibyaranze imikino mu mpera z’icyumweru mu Rwanda

Editorial 29 Mar 2022
Impamvu Ronaldo ashima Zidane zirumvikana

Impamvu Ronaldo ashima Zidane zirumvikana

Editorial 05 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Trump yahakanye gutanga amadolari yahawe umugore ukina filime z’urukozasoni bivugwa ko baryamanye
Mu Mahanga

Trump yahakanye gutanga amadolari yahawe umugore ukina filime z’urukozasoni bivugwa ko baryamanye

Editorial 06 Apr 2018
Manchester United yatsikiye bihesha Manchester City igikombe cya Shampiyona
IMIKINO

Manchester United yatsikiye bihesha Manchester City igikombe cya Shampiyona

Editorial 16 Apr 2018
Niba Inteko Ishinga Amategeko y’Ubwongereza yaremeje ko mu Rwanda hubahirizwa uburenganzira bwa muntu, ni iki cyabuza icyo gihugu koherereza u Rwanda abajenosideri gicumbikiye?
Amakuru

Niba Inteko Ishinga Amategeko y’Ubwongereza yaremeje ko mu Rwanda hubahirizwa uburenganzira bwa muntu, ni iki cyabuza icyo gihugu koherereza u Rwanda abajenosideri gicumbikiye?

Editorial 29 Apr 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru