• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»APR FC yisubije umwanya wa mbere, PSG academy Rwanda yatwaye igikombe cy’isi, Keny Gasana yahawe ubwenegihugu – ibyaranze umunsi wa mbere w’icyumweru muri siporo

APR FC yisubije umwanya wa mbere, PSG academy Rwanda yatwaye igikombe cy’isi, Keny Gasana yahawe ubwenegihugu – ibyaranze umunsi wa mbere w’icyumweru muri siporo

Editorial 24 May 2022 Amakuru, IMIKINO

Ku munsi wo kuri uyu wa mbere tariki ya 23 Gicurasi 2022, mu mikino itandukanye hano mu Rwanda habaye ibikorwa bitandukanye mu mikino myinshi aho bamwe mu bakunzi b’amakipe amwe n’amwe ndetse n’abakunzi bayo baraye bameze neza bitewe no kwitwara neza kw’amakipe yabo.

 Duhereye mu mupira w’Amaguru, mu gihugu cy’u Bufaransa haberaga irushanwa ry’abakinnyi bakiri bato babarizwa mu marerero atandukanye y’ikipe ya Paris St Germain yo hirya no hino ku isi mu bakinnyi bari munsi y’imyaka 15.
Ku ruhande rw’u Rwanda, ikipe yari ihagarariye igihugu mu bari munsi y’imyaka 13 mu bahungu batwaye igikombe cy’Isi itsinze ikipe ya Brazil kuri penaliti nyuma yaho amakipe yombi yaari yanganyije mu minota 90 yari iteganyijwe.


Usibye kuba u Rwanda rwaratahukanye intsinzi mu bari munsi ya 13, abandi bari munsi y’imyaka 11 mu bahungu nabo bari bakinye umukino wo guhatanira umwanya wa gatatu, batsinzwe na USA West mu guhatanira umwanya wa gatatu bivuze ko batahanye umwanya wa kane.


Ku cyumweru, tariki ya 22 Gicurasi 2022, nibwo ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abari n’abategarugori yatangiye umwiherero yitegura imikino ya CECAFA Senior Women’s Championship 2022, iteganyijwe kubera muri Uganda guhera tariki ya 01 Kamena 2022.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere Ikipe y’igihugu y’abagore yakoze imyitozo ya mbere, yitegura CECAFA y’ibihugu izabera muri Uganda.


Kuri uyu wa mbere kandi nibwo hasojwe imikino y’umunsi wa 28 wa shampiyona y’u Rwanda mu bagabo, mu mikino yabaye yarangiye APR FC isubiranye umwanya wa mbere nyuma yo gutsinda ikipe ya Gorilla FC ibitego 2-1, ni mugihe Kiyovu Sports yo yanganyije na Etoile de l’Est 1-1 bityo isigaraho inyuma amanota 2.

Uko imikino y’umunsi wa 28 yose yagenze:

APR FC 2-1 Gorilla FC
Kiyovu Sports 1-1 Etoile De L’Est
MUKURA VS 1-0 Gicumbi FC
Rayon Sports 3-1 Etincelles
Rutsiro FC 2-3 Police FC
Gasogi United 2-1 Musanze FC
AS Kigali 0-0 Bugesera FC
Espoir FC 1-1 Marines FC


Ku rundi ruhande kandi, mu mukino w’intoki wa Basketball umukinnyi w’u Rwanda Wilson Gasana Kenneth yaraye ahwe ubwenegihugu bw’ubunyarwanda nyuma y’imyaka isaga 13 ageze mu gihugu, kuri ubu asanzwe abarizwa mu ikipe ya Bahrain Sports Club.

2022-05-24
Editorial

IZINDI NKURU

Hagiye Gusaranganywa Imbangukiragutabara 80 mu bitaro Byo Mu Rwanda

Hagiye Gusaranganywa Imbangukiragutabara 80 mu bitaro Byo Mu Rwanda

Editorial 15 Jun 2024
Kayiranga Baptiste agizwe umutoza wa Pepiniere FC

Kayiranga Baptiste agizwe umutoza wa Pepiniere FC

Editorial 11 Aug 2016
Umuhanzi Doddy Uwihirwe yifashishije indirimbo atambutsa ubutumwa bwo kugarurira icyizere abanyarwanda.

Umuhanzi Doddy Uwihirwe yifashishije indirimbo atambutsa ubutumwa bwo kugarurira icyizere abanyarwanda.

Editorial 02 Jun 2021
AS Kigali yashyikirijwe igikombe cya shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru y’abagore 2021-22

AS Kigali yashyikirijwe igikombe cya shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru y’abagore 2021-22

Editorial 21 Mar 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CNLG yamaganye Umunyamideli Kate Bashabe  umaze iminsi akusanya inkunga yo gufasha abacitse ku icumu
ITOHOZA

CNLG yamaganye Umunyamideli Kate Bashabe umaze iminsi akusanya inkunga yo gufasha abacitse ku icumu

Editorial 10 Apr 2018
‘U Rwanda  nta ruhare rufite mu gufasha M23 mu bitero iherutse kugaba muri Congo’-ICGLR
ITOHOZA

‘U Rwanda nta ruhare rufite mu gufasha M23 mu bitero iherutse kugaba muri Congo’-ICGLR

Editorial 29 Mar 2017
FBI yasatse urugo rwa Manafort wayoboye ibikorwa byo kwamamaza Donald Trump
Mu Rwanda

FBI yasatse urugo rwa Manafort wayoboye ibikorwa byo kwamamaza Donald Trump

Editorial 10 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru