• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Areruya ni we Munyarwanda washoboye gusoza Tour de Vendée

Areruya ni we Munyarwanda washoboye gusoza Tour de Vendée

Editorial 07 Oct 2018 IMIKINO

Umunyarwanda Areruya Joseph wakiniraga ikipe ye Marseille Provence KTM ni we wenyine ukomoka mu rwa Gasabo wabashije gusoza Tour de Vendée ya 2018.

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’Umukino wo gusiganwa ku Magare ‘Team Rwanda’, yari yitabiriye isiganwa ngarukamwaka ry’umunsi umwe ribera mu Bufaransa ariko nta mukinnyi wayo warisoje.

Ku wa Gatandatu tariki 6 Ukwakira 2018 nibwo Team Rwanda yiganjemo abakinnyi basanzwe bakinira amakipe yo hanze yahanganye muri iri siganwa ry’umunsi umwe.

Batanu bakiniraga Ikipe y’Igihugu ni Adrien Niyonshuti, Valens Ndayisenga, Jean Claude Uwizeye, Ukiniwabo René Jean Paul na Munyaneza Didier. Bose ntabwo bashoboye kurangiza iri siganwa.

Iri siganwa mpuzamahanga ryakinwe mu buryo bwo kuzenguruka ‘circuit’, abasiganwa banyuze mu mihanda itandukanye y’intara ya La Roche-sur-Yon iri mu Burengerazuba bw’u Bufaransa ku ntera ya kilometero 206.5.

Abakinnyi b’Abanyarwanda ntabwo borohewe n’iri siganwa kuko ryihutaga cyane mu gikundi cyakoreshaga umuvuduko wa kilometero 41 ku isaha.

Umunyarwanda rukumbi wagerageje guhangana n’ibihangange ni Areruya Joseph wabaye uwa 46 asigwa iminota itanu n’amasegonda 29 n’uwa mbere, Umudage Nico Denz wakoresheje amasaha 5:02’:28”.

Iri siganwa ryari ryitabiriwe n’abakinnyi n’amakipe akomeye ku Isi nka AG2R La Mondiale, Direct Énergie, Team Cofidis na Groupama–FDJ.

Areruya Joseph wakiniraga Ikipe ye Marseille Provence KTM ni we Munyarwanda rukumbi washoboye kurangiza isiganwa

Munyaneza Didier usanzwe uzwiho imbaraga ntabwo yahiriwe n’isiganwa

Mu bilometero bya mbere Uwizeye Jean Claude yagerageje gucomoka mu bandi ngo ayobore isiganwa

Abakinnyi batanu bose bakiniye Team Rwanda ntibashoboye gusoza isiganwa

Umudage Nico Denz ukinira AG2R La Mondiale (hagati) ni we wegukanye iri siganwa

2018-10-07
Editorial

IZINDI NKURU

Team Rwanda yitezweho kwegukana Tour du Senegal yakiriwe n’Abanyarwanda muri Sénégal

Team Rwanda yitezweho kwegukana Tour du Senegal yakiriwe n’Abanyarwanda muri Sénégal

Editorial 20 Apr 2018
Imyiteguro yo kwakira CHAN irarimbanije kuri stade Amahoro

Imyiteguro yo kwakira CHAN irarimbanije kuri stade Amahoro

Editorial 13 Jan 2016
Umunsi wa mbere wa shampiyona y’u Rwanda umwaka wa 2021-2022 wabonetsemo ibitego 16, umukino umwe niwo wabuzeho igitego, Ibyaranze uyu munsi

Umunsi wa mbere wa shampiyona y’u Rwanda umwaka wa 2021-2022 wabonetsemo ibitego 16, umukino umwe niwo wabuzeho igitego, Ibyaranze uyu munsi

Editorial 01 Nov 2021
Abafana ba Rayon Sports bahawe umukoro imbere ya Costa do Sol

Abafana ba Rayon Sports bahawe umukoro imbere ya Costa do Sol

Editorial 05 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyaruguru: Umutekano warakajijwe hirindwa abakongera kubaca mu rihumye
Mu Rwanda

Nyaruguru: Umutekano warakajijwe hirindwa abakongera kubaca mu rihumye

Editorial 12 Jul 2018
FLN  ya Sankara, yatakaje ibirindiro byinshi yari ifite muri Congo, Jenerali Gaseni wari ushinzwe ibikorwa bya gisilikare yishwe
INKURU NYAMUKURU

FLN  ya Sankara, yatakaje ibirindiro byinshi yari ifite muri Congo, Jenerali Gaseni wari ushinzwe ibikorwa bya gisilikare yishwe

Editorial 01 Dec 2019
Umuyobozi wa RCA Mugabo Damien yasezerewe kuri uyu mwanya
Mu Mahanga

Umuyobozi wa RCA Mugabo Damien yasezerewe kuri uyu mwanya

Editorial 13 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru