• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ari Leta, ari Kiliziya dusenyera umugozi umwe – Perezida Kagame

Ari Leta, ari Kiliziya dusenyera umugozi umwe – Perezida Kagame

Editorial 07 Oct 2017 Mu Rwanda

Perezida wa Repubulika Paul Kagame avuga ko kuba Kiliziya Gatolika na Leta y’u Rwanda bisenyera umugozi umwe bikorera Abanyarwanda ari amahirwe adakwiye gupfushwa ubusa.

Ibi umukuru w’Igihugu yabitangaje ubwo yari ari i Kabgayi mu Karere ka Muhanga mu birori byo kwizihiza Yubile y’imyaka 100 y’ubusaseridoti mu Rwanda, yizihijwe kuri uyu wa gatandatu tariki 07 Ukwakira 2017.

Iyo Yubile yabereye i Kabgayi nk’ahantu hatangiwe ubusaseridoti bwa mbere mu mwaka wa 1917. Abapadiri b’Abanyarwanda bahawe ubusaseridoti bwa mbere ni Barthasar Gafuku na Donat Reberaho.

-8260.jpg

-8259.jpg

Perezida Kagame na Mme we bitabiriye uyu muhango

Mu ijambo rye, Perezida Kagame yagaragaje ko muri iyo myaka 100 ishize, Abapadiri b’Abanyarwanda bagize uruhare rukomeye mu iterambere ry’Abanyarwanda n’igihugu muri rusange.

Agira ati “Turashimira uruhare rw’Abapadiri b’Abanyarwanda nko guteza imbere ikinyarwanda n’umuco ndetse no kwandika amateka yacu.”

Akomeza agira ati “Ntitwashidikanya ku ruhare rw’abapadiri b’Abanyarwanda bagize bazamura abanyarwanda bose batitaye ku madini.”

-8258.jpg

Perezida Paul Kagame

Akomeza avuga ko Kiliziya Gatolika ifite inshingano zitandukanye igomba kuzuza. Agahamya ko Leta izakomeza gufatanya nayo mu guteza imbere igihugu.

Agira ati “Ari Leta, ari Kiliziya, dusenyera umugozi umwe. Dukorera Abanyarwanda. Ni amahirwe tudakwiye gupfusha ubusa. N’ubundi twese dusangiye ubunyarwanda. Dusangiye ubumuntu, dufatanye kubaka umuryango nyarwanda ufite agaciro.”

Perezida Kagame kandi yagarutse ku ruzinduko yagiriye i Vatican, akagirana ibiganiro na Papa Francis. Yavuze ko amushimira ku biganiro bagiranye kuko byatanze umwanya mwiza n’amahirwe yo kongera gukora.

Agira ati “Ayo mahirwe ntabwo twayapfusha ubusa. Ndashimira Papa Francis ayo mahirwe yahaye u Rwanda kugira ngo habeho imyumvire mishya, ubufatanye bushya no gukora neza bundi bushya. No kureba imbere, kureba kure, kureba ibiha agaciro abantu.”

Akomeza avuga ko mu gihe cya vuba azahura n’abayobozi ba Kiliziya Gatolika akababwira birambuye ku kiganiro yagiranye na Papa Francis.

-8256.jpg

Abepiskopi bo mu Rwanda n’abo mu bindi bihugu mu gitambo cya misa kuri Yubile y’imyaka 100 y’ubusaseridoti mu Rwanda

2017-10-07
Editorial

IZINDI NKURU

Ingabo za Congo Kinshasa zimaze kwirukanwa mu butumwa bw’amahoro bwa Loni

Ingabo za Congo Kinshasa zimaze kwirukanwa mu butumwa bw’amahoro bwa Loni

Editorial 11 Jan 2016
N’ubwo nta bafana bemewe, Rayon Sports yinjije asaga miliyoni esheshatu kuri sitade.

N’ubwo nta bafana bemewe, Rayon Sports yinjije asaga miliyoni esheshatu kuri sitade.

Editorial 21 May 2021
Guhanwa bikomeye  no gucibwa ihazabu bishobora ku gabanya gukoresha mu rugo imirimo ivunanye abana bakiri bato.

Guhanwa bikomeye  no gucibwa ihazabu bishobora ku gabanya gukoresha mu rugo imirimo ivunanye abana bakiri bato.

Editorial 08 Feb 2018
Mu mikino y’umunsi wa 12 ya shampiyona y’u Rwanda, As Kigali yatsinzwe na Rutsiro FC, Rayon Sports inganya na Musanze FC

Mu mikino y’umunsi wa 12 ya shampiyona y’u Rwanda, As Kigali yatsinzwe na Rutsiro FC, Rayon Sports inganya na Musanze FC

Editorial 16 Jan 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Hafashwe imodoka ipakiye amakarito 80 y’inzoga zitemewe
Mu Mahanga

Hafashwe imodoka ipakiye amakarito 80 y’inzoga zitemewe

Editorial 25 Jul 2016
Inyandiko ya Théogène Rudasingwa muri Chimpreports ihatse iki?
ITOHOZA

Inyandiko ya Théogène Rudasingwa muri Chimpreports ihatse iki?

Editorial 06 Mar 2019
Jenerali de Brigade Cômes Semugeshi umujenerali wari inkingi ya mwamba ya FDLR  munzira aza mu Rwanda
ITOHOZA

Jenerali de Brigade Cômes Semugeshi umujenerali wari inkingi ya mwamba ya FDLR munzira aza mu Rwanda

Editorial 04 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru