• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Guhanwa bikomeye  no gucibwa ihazabu bishobora ku gabanya gukoresha mu rugo imirimo ivunanye abana bakiri bato.

Guhanwa bikomeye  no gucibwa ihazabu bishobora ku gabanya gukoresha mu rugo imirimo ivunanye abana bakiri bato.

Ubwanditsi 08 Feb 2018 Mu Rwanda

Abantu bakoresha abana barihanangirizwa kuko kubuza amahirwe umwa muto ukamukoresha  imirimo ivunanye uba wangije imbaraga zikomeye mu kubaka u Rwanda rwejo ni muri urwo Umuntu wese uzafatwa akoresha amwana utaruzuza imyaka y’ubukure akazi ko mu rugo azahabwa ibihano bikomeye

Muri ibi bihano harimo no gucibwa ihazabu y’ibihumbi 500 by’amafaranga y’u Rwanda ashobora no kurengaho   byatangajwe na Diane Benimana, uharanira uburenganzira bw’abana mu kiganiro kirambuye yagiranye n’amanyamakuru kuri uyu wa gatatu tariki 7 mutarama 2018.

Benimana asobanura ko buri wese ukoresha umwana utaruzuza imyaka y’ubukure agomba kumenya ko ari icyaha gikomeye  gihanwa n’amategeko y’u Rwanda kandi ngo bagomba kumenya ko nabo bafite uburenganzira nk’ubwabandi bana bose .

Ibi yabivuze mu kiganiro n’abanyamakuru n’abakorera imiryango irengera uburenganzi bw’abana nka Save the Children na Children’s Voice Today.

Muri iki kiganiro intumwa ziturutse  muri minisiteri y’abakozi ba leta n’umurimo (MIFOTRA) n’abagenzuzi b’umurimo bose bakaba bahuzaga ijwi rimwe rigamije kurengera uburenganzira bw’abana, cyane cyane abakoreshwa imirimo y’agahato.

Benimana, umuhuzabikorwa w’umushinga ‘Nkunda Iwacu’ ugamije gukumira ikibazo cy’abana baza mu mijyi baje gushaka akazi ko mu rugo bataruzuza imyaka y’ubukure yavuze ko bateguye ibi biganiro bagamije kwibutsa abantu ko gukoresha umwana utaruzuza imyaka y’ubukure ko ari icyaha nk’ibindi byose bihanirwa n’amategeko.

Mu mibare yaturutse mu ibarura rusange ryakozwe n’ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare yagaragaje ko abana batarageza imyaka y’ubukure bakoreshwa akazi k’ingufu  abenshi ari abakora akazi ko mu rugo.

Ubushakashatsi bwerekana ko abana bajyanwa muri iyi mirimo kubera ubukene bukabije buba bwibasiye imiryango yabo ndetse n’ihohoterwa n’amakimbirane mu miryango, bikaba aribyo biri ku isonga mu guteza ibi bibazo.

Muri rusange, abana bakoreshwa imirimo ivunanye bakora akazi ko mu rugo babarirwa kuri 41%, abarizwa mu buhinzi n’ubworozi bakangana na 35,1%, mu bwubatsi naho babarirwa kuri 9,5% naho mu bucuruzi bw’amabuye y’agaciro no kumena amabuye bangana na 9,5%

Abana bari munsi y’imyaka 18 bakora akazi ko mu rugo mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali, baganira na Rushyashya.net  bavuze ko  bamaze guhabwa akazi abakoresha babo babasaba ko umuntu wese uzajya ababaza imyaka bazajya bavuga ko irenze 20 y’amavuko .

Ko hari igihe rimwe na rimwe bahura n’ibibazo birimo kwamburwa no gukoreshwa imirimo ivunanye, mu gihe ubuyobozi buhora bushishikariza abantu kudakoresha abana akazi ko mu rugo cyangwa indi mirimo ivunanye.

Umubyeyi ushobora kugirirwa imbabazi ni uzaba yaramenyesheje ubuyobozi bumwegereye ko umwana we yavuye mu ishuri akajya mu buyaya ndetse akanerekana aho yagiye kubukorera mu gihe yaba ahazi.

Kuruhande rw’ababyeyi bagaragaje ikibazo cy’abana babacika bakajya kuba inzererezi ku muhanda bakuruwe n’amafaranga no kudashima imibereho y’iwabo, amakimbirane mu miryango bagahitamo kujya  gukora imirimo itandukanye nko ku mangazini, nimwe na rimwe bagatwarwa na bagenzi babo basanzwe bakora akozi,abandi bakerekeza  ku mabagiro,mu birombe,kwikorera imizigo n’ahandi hatandukanye.

Mu rwego rwo kugabanya abinjira mu mijyi kubufatanye n’abakora umurimo wo gutwara abantu biyemeje ko nta mwana ugomba gukatirwa itike y’urugendo Atari kumwe n’umubyeyi we cyangwa undi muntu mukuru uzajya ugaragaza iby’urugendo rwe cyeretse umunyeshuri werekana ikarita kandi yambaye impuzankano.

Nkundiye Eric Bertrand

2018-02-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Musanze: Gitifu w’Umurenge arakekwaho uruhare mu rupfu rw’umwana wahiriye mu nzu

Musanze: Gitifu w’Umurenge arakekwaho uruhare mu rupfu rw’umwana wahiriye mu nzu

Ubwanditsi 06 Apr 2018
Perezida Kagame yashimye umusanzu wa Global Fund mu kwita ku buzima

Perezida Kagame yashimye umusanzu wa Global Fund mu kwita ku buzima

Ubwanditsi 03 May 2017
Polisi y’ u Rwanda yagaragaje uko umutekano waraye wifashe mu gihugu

Polisi y’ u Rwanda yagaragaje uko umutekano waraye wifashe mu gihugu

Ubwanditsi 25 Dec 2017
Reba Video: Ap. Gitwaza avuga ko ari we muhanuzi wa mbere muri Afurika ukaze

Reba Video: Ap. Gitwaza avuga ko ari we muhanuzi wa mbere muri Afurika ukaze

Ubwanditsi 26 Sep 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Paul Kagame akomeje kwiyamamariza muri Nyagatare, Gatsibo na Kayonza
Mu Rwanda

Paul Kagame akomeje kwiyamamariza muri Nyagatare, Gatsibo na Kayonza

Ubwanditsi 22 Jul 2017
KAYUMBA NYAMWASA munzira zo kubana n’umupfakazi wa Habyarimana Agathe Kanziga
ITOHOZA

KAYUMBA NYAMWASA munzira zo kubana n’umupfakazi wa Habyarimana Agathe Kanziga

Ubwanditsi 24 Oct 2016
Amafoto: FERWAFA yemeje Adel Amrouche nk’umutoza mukuru w’Amavubi y’Abagabo, Cassa Mbungo ahabwa iy’Abagore
Amakuru

Amafoto: FERWAFA yemeje Adel Amrouche nk’umutoza mukuru w’Amavubi y’Abagabo, Cassa Mbungo ahabwa iy’Abagore

Ubwanditsi 02 Mar 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru