• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Shema Ngoga Fabrice uyobora FERWAFA, yashyizwe mu kanama ka FIFA gashinzwe kurwanya irondaruhu n’ivangura   |   08 Oct 2025

  • Nyuma y’imyaka 8 akinira APR WVC, Dusabe Flavia yerekeje muri Police Women Volleyball Club   |   05 Oct 2025

  • Imanishimwe Emmanuel “Mangwende” ukinira AEL Limasol muri Cyprus yongewe mu bakinnyi b’Amavubi bitegura Benin na SouthAfrica   |   04 Oct 2025

  • Police FC yatsinze Rayon Sports mu mukino w’ikirarane, Gikundiro yuzuza imikino 3 idatsinda   |   02 Oct 2025

  • REG BBC na Tigers BBC zageze ku mukino wa nyuma wa Rwanda Cup zisezereye APR BBC na Kepler BBC   |   02 Oct 2025

  • FERWAFA yatangaje urutonde rw’abaninnyi b’Amavubi bitegura gukina na Benin na Afurika y’Epfo hashakwa itike y’igikombe cy’Isi 2026   |   01 Oct 2025

 
You are at :Home»UBUKERARUGENDO»Arsenal igiye gufatanya na shene ya Televiziyo ikomeye mu kumenyekanisha u Rwanda

Arsenal igiye gufatanya na shene ya Televiziyo ikomeye mu kumenyekanisha u Rwanda

Editorial 08 May 2019 UBUKERARUGENDO

Ikipe ya Arsenal yo mu cyiciro cya mbere mu Bwongereza igiye gufatanya na shene ya Televiziyo y’Abanyamerika ya National Geographic mu kumenyekanisha ubukerarugendo bw’u Rwanda.

Ubu bufatanye buzageza mu 2021, buzibanda ku gukora inkuru zivuga ku byiza nyaburanga bigize ubukerarugendo bw’u Rwanda, aho zizajya zerekanwa kuri iyi televiziyo n’imbuga nkoranyambaga zayo.

Binyuze muri Visit Rwanda, u Rwanda rufitanye ubufatanye n’Ikipe ya Arsenal guhera mu mwaka ushize wa 2018, aho iyi kipe yambara imyambaro iriho amagambo ashishikariza abayireba gusura u Rwanda.

Muri ubu bufatanye bushya, umufotozi Charlie Hamilton James n’umwanditsi Greenwood Dabies basuye u Rwanda kugira ngo batunganye inkuru n’amafoto bizatambutswa kuri iyi televiziyo.

Umuyobozi ushinzwe Ubucuruzi muri Arsenal, Pete Silverstone, yabwiye The Drum ko ari ishema gufatanya na National Geographic mu kumenyekanisha ibyiza by’u Rwanda.

Yagize ati “Dushimishijwe cyane no gukorana na National Geographic kugira ngo twerekane umwihariko w’u Rwanda. Mu myaka isaga 130, National Geographic yagiye igeza ku bantu miliyoni nyinshi ku Isi inkuru zijyanye n’abakora siyansi, abavumbuzi n’abafotozi. Ubu bufatanye bushya buzafasha mu kumenyekanisha u Rwanda n’ibyo rufite.”

Umuyobozi ushinzwe Ubukerarugendo mu Kigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB), Belise Kariza, yavuze ko u Rwanda rwashimishijwe no kuba ubukungu rufite bugiye kwerekanwa ku bakurikirana National Geographic.

Ati ”Ubufatanye bwa Visit Rwanda na Arsenal no kuba hashyizweho ubundi buryo bushya, bizafasha gushishikariza abatembera kugira amatsiko yo kureba u Rwanda nk’ahantu ha mbere bakwifuza kugera kandi bazaza bisanga.”

Mu masezerano y’ubufatanye ya Visit Rwanda na Arsenal, abanyabigwi b’iyi kipe, Lauren Etamé-Mayer na Alex Scott basuye u Rwanda mu muhango wo Kwita Izina. Iyi kipe kandi ikomeje gukorana bya hafi n’u Rwanda mu kuzamura umupira w’amaguru, aho abatoza n’abana bahugurwa n’inzobere zivuye muri iyi kipe yo mu Bwongereza.

Arsenal imaze umwaka yamamaza ubukerarugendo bw’u Rwanda

Arsenal yinjiye mu mikoranire na Shene ya Televiziyo ya National Geographic yo muri Amerika

Ibiyaga biri mu byiza nyaburanga biri mu Rwanda ba mukerarugendo bizihirwa no gusura

Imwe mu mafoto yafashwe azagaragazwa kuri televiziyo mu kwamamaza ubukerarugendo bw’u Rwanda
Src : IGIHE

2019-05-08
Editorial

IZINDI NKURU

Brussels Airlines yamurikiye i Kigali imiterere mishya y’intebe z’indege zayo

Brussels Airlines yamurikiye i Kigali imiterere mishya y’intebe z’indege zayo

Editorial 30 Mar 2019
RwandAir yemerewe gutangira ingendo zijya muri Israël idahagaze

RwandAir yemerewe gutangira ingendo zijya muri Israël idahagaze

Editorial 07 Jan 2019
Perezida Kagame yahawe igihembo n’Umuryango w’Abibumbye kubwo kurengera ibidukikije

Perezida Kagame yahawe igihembo n’Umuryango w’Abibumbye kubwo kurengera ibidukikije

Editorial 07 Dec 2016
Igikomangoma cyo muri UAE kiri gushaka amahirwe y’ishoramari mu Rwanda

Igikomangoma cyo muri UAE kiri gushaka amahirwe y’ishoramari mu Rwanda

Editorial 17 Jan 2018
Brussels Airlines yamurikiye i Kigali imiterere mishya y’intebe z’indege zayo

Brussels Airlines yamurikiye i Kigali imiterere mishya y’intebe z’indege zayo

Editorial 30 Mar 2019
RwandAir yemerewe gutangira ingendo zijya muri Israël idahagaze

RwandAir yemerewe gutangira ingendo zijya muri Israël idahagaze

Editorial 07 Jan 2019
Perezida Kagame yahawe igihembo n’Umuryango w’Abibumbye kubwo kurengera ibidukikije

Perezida Kagame yahawe igihembo n’Umuryango w’Abibumbye kubwo kurengera ibidukikije

Editorial 07 Dec 2016
Igikomangoma cyo muri UAE kiri gushaka amahirwe y’ishoramari mu Rwanda

Igikomangoma cyo muri UAE kiri gushaka amahirwe y’ishoramari mu Rwanda

Editorial 17 Jan 2018
Brussels Airlines yamurikiye i Kigali imiterere mishya y’intebe z’indege zayo

Brussels Airlines yamurikiye i Kigali imiterere mishya y’intebe z’indege zayo

Editorial 30 Mar 2019
RwandAir yemerewe gutangira ingendo zijya muri Israël idahagaze

RwandAir yemerewe gutangira ingendo zijya muri Israël idahagaze

Editorial 07 Jan 2019
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

APR FC na Mukura VS zakuye amanota 3 hanze y’ikibuga cyazo, AS Kigali inganya na Etincelles FC – Uko imikino ibanza yose yagenze
Amakuru

APR FC na Mukura VS zakuye amanota 3 hanze y’ikibuga cyazo, AS Kigali inganya na Etincelles FC – Uko imikino ibanza yose yagenze

Editorial 05 Apr 2022
Ikigwari Emmanuel BEM Habyarimana ashaje yanduranya nka Faustin Twagiramungu agoreka amateka
Amakuru

Ikigwari Emmanuel BEM Habyarimana ashaje yanduranya nka Faustin Twagiramungu agoreka amateka

Editorial 29 May 2023
Amateka y’Umunyamakuru Shyaka Kanuma, Uko yinjiye mu Itangazamakuru n’Uko yageze mu Buyanja bwa Bizimungu Pasteur
ITOHOZA

Amateka y’Umunyamakuru Shyaka Kanuma, Uko yinjiye mu Itangazamakuru n’Uko yageze mu Buyanja bwa Bizimungu Pasteur

Editorial 17 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru