• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKERARUGENDO»Arsenal igiye gufatanya na shene ya Televiziyo ikomeye mu kumenyekanisha u Rwanda

Arsenal igiye gufatanya na shene ya Televiziyo ikomeye mu kumenyekanisha u Rwanda

Ubwanditsi 08 May 2019 UBUKERARUGENDO

Ikipe ya Arsenal yo mu cyiciro cya mbere mu Bwongereza igiye gufatanya na shene ya Televiziyo y’Abanyamerika ya National Geographic mu kumenyekanisha ubukerarugendo bw’u Rwanda.

Ubu bufatanye buzageza mu 2021, buzibanda ku gukora inkuru zivuga ku byiza nyaburanga bigize ubukerarugendo bw’u Rwanda, aho zizajya zerekanwa kuri iyi televiziyo n’imbuga nkoranyambaga zayo.

Binyuze muri Visit Rwanda, u Rwanda rufitanye ubufatanye n’Ikipe ya Arsenal guhera mu mwaka ushize wa 2018, aho iyi kipe yambara imyambaro iriho amagambo ashishikariza abayireba gusura u Rwanda.

Muri ubu bufatanye bushya, umufotozi Charlie Hamilton James n’umwanditsi Greenwood Dabies basuye u Rwanda kugira ngo batunganye inkuru n’amafoto bizatambutswa kuri iyi televiziyo.

Umuyobozi ushinzwe Ubucuruzi muri Arsenal, Pete Silverstone, yabwiye The Drum ko ari ishema gufatanya na National Geographic mu kumenyekanisha ibyiza by’u Rwanda.

Yagize ati “Dushimishijwe cyane no gukorana na National Geographic kugira ngo twerekane umwihariko w’u Rwanda. Mu myaka isaga 130, National Geographic yagiye igeza ku bantu miliyoni nyinshi ku Isi inkuru zijyanye n’abakora siyansi, abavumbuzi n’abafotozi. Ubu bufatanye bushya buzafasha mu kumenyekanisha u Rwanda n’ibyo rufite.”

Umuyobozi ushinzwe Ubukerarugendo mu Kigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB), Belise Kariza, yavuze ko u Rwanda rwashimishijwe no kuba ubukungu rufite bugiye kwerekanwa ku bakurikirana National Geographic.

Ati ”Ubufatanye bwa Visit Rwanda na Arsenal no kuba hashyizweho ubundi buryo bushya, bizafasha gushishikariza abatembera kugira amatsiko yo kureba u Rwanda nk’ahantu ha mbere bakwifuza kugera kandi bazaza bisanga.”

Mu masezerano y’ubufatanye ya Visit Rwanda na Arsenal, abanyabigwi b’iyi kipe, Lauren Etamé-Mayer na Alex Scott basuye u Rwanda mu muhango wo Kwita Izina. Iyi kipe kandi ikomeje gukorana bya hafi n’u Rwanda mu kuzamura umupira w’amaguru, aho abatoza n’abana bahugurwa n’inzobere zivuye muri iyi kipe yo mu Bwongereza.

Arsenal imaze umwaka yamamaza ubukerarugendo bw’u Rwanda

Arsenal yinjiye mu mikoranire na Shene ya Televiziyo ya National Geographic yo muri Amerika

Ibiyaga biri mu byiza nyaburanga biri mu Rwanda ba mukerarugendo bizihirwa no gusura

Imwe mu mafoto yafashwe azagaragazwa kuri televiziyo mu kwamamaza ubukerarugendo bw’u Rwanda
Src : IGIHE

2019-05-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda rugiye kwakira inama nyafurika yiga ku micungire y’umutekano w’indege

U Rwanda rugiye kwakira inama nyafurika yiga ku micungire y’umutekano w’indege

Ubwanditsi 05 May 2018
RDB yatangije igikorwa kizajya gituma babiri batsindira umwenda wa Arsenal w’umwimerere

RDB yatangije igikorwa kizajya gituma babiri batsindira umwenda wa Arsenal w’umwimerere

Ubwanditsi 07 Aug 2018
RDB yemeje ko ibikorwa by’ubukerarugendo muri Pariki ya Nyungwe bitigeze bihungabana

RDB yemeje ko ibikorwa by’ubukerarugendo muri Pariki ya Nyungwe bitigeze bihungabana

Ubwanditsi 22 Dec 2018
RwandAir igiye gufungura ibyerekezo bishya bitanu mu mwaka umwe

RwandAir igiye gufungura ibyerekezo bishya bitanu mu mwaka umwe

Ubwanditsi 10 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Diamond wari umaze iminsi avuma Leta, yabonanye na Perezida Magufuli
HIRYA NO HINO

Diamond wari umaze iminsi avuma Leta, yabonanye na Perezida Magufuli

Ubwanditsi 05 Apr 2018
Mu Banyarwanda bajya n’abava muri Uganda ngo harimo abayoboke ba RNC
INKURU NYAMUKURU

Mu Banyarwanda bajya n’abava muri Uganda ngo harimo abayoboke ba RNC

Ubwanditsi 10 Sep 2019
Polisi iragira inama abaturage kwirinda ubucukuzi  bw’amabuye y’agaciro butemewe
Mu Mahanga

Polisi iragira inama abaturage kwirinda ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro butemewe

Ubwanditsi 04 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru