• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»AU yasabye ko gutangaza burundu ibyavuye mu matora ya RDC biba bihagaze

AU yasabye ko gutangaza burundu ibyavuye mu matora ya RDC biba bihagaze

Ubwanditsi 18 Jan 2019 POLITIKI

Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe wasabye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuba ihagaritse gutangaza burundu ibyavuye mu matora ya Perezida aherutse.

Uwo muryango wanzuye kohereza itsinda ry’intumwa zawo muri icyo gihugu kuganira n’abantu batandukanye hagamijwe gukumira imvururu zishobora gukurikira ayo matora.

Mu matora yabaye ku wa 30 Ukuboza 2018, mu majwi y’agateganyo yatangajwe na Komisiyo y’Amatora ku wa 10 Mutarama 2019, umukandida utavuga rumwe n’ubutegetsi, Félix Tshisekedi ni we watsinze n’amajwi 38.57%.

Iyo ntsinzi ntiyishimiwe na Martin Fayulu na we wari umukandida w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi wamuguye mu ntege n’amajwi 34.83%, wahise anitabaza Urukiko rurengera Itegeko Nshinga.

Perezida Paul Kagame uyoboye AU, kuri uyu wa Kane yayoboye inama nyunguranabitekerezo ku bibazo bya Congo ibera Addis Abeba muri Ethiopia.

Iyo nama yitabiriwe n’abakuru b’ibihugu na za Guverinoma 16 barimo abo mu nama mpuzamahanga y’akarere k’ibiyaga bigari (ICGLR), abo mu muryango uhuza ibihugu byo mu majyepfo ya Afurika (SADC) n’Umuyobozi wa Komisiyo ya AU ndetse na Minisitiri w’Intebe wungirije unashinzwe ububanyi n’amahanga wa Congo, Léonard She Okitundu.

Itangazo ryasohowe nyuma y’iyi nama, ryavuze ko nyuma yo kuganira byimbitse, abayitabiriye basabye ko gutangaza ibyavuye mu matora biba bihagaritswe.

Rigira riti “Abakuru n’ibihugu na za Guverinoma bitabiriye inama banzuye ko hari impungenge zikomeye ku buziranenge bw’ibyavuye mu matora by’agateganyo nkuko byatangajwe na Komisiyo y’Amatora. Kubw’ibyo, basabye ko gutangaza ibyavuye mu matora ku buryo bwa burundu biba bihagaritswe.”

Abakuru b’ibihugu na za Guverinoma kandi bemeje kohereza muri Congo itsinda ry’intumwa zigizwe n’Umuyobozi w’Umuryango, hamwe n’abandi bakuru b’ibihugu na Guverinoma ndetse n’umuyobozi wa Komisiyo ya AU.

Intego y’izo ntuma ni ukujya kuganira n’abo bireba muri Congo hagamijwe kumvikana ku buryo bwiza bwo gusohoka mu bibazo icyo gihugu kirimo.

AU yasabye abo bireba bose muri Congo kuzorohereza izo ntumwa kugira ngo hashakwe umuti w’ibibazo biri mu gihugu.

Itangazo rigira riti “Inama yasabye abo bireba bose muri RDC gukorana neza n’iryo tsinda ry’intumwa za Afurika mu nyungu z’igihugu cyabo n’abaturage bacyo. Abakuru b’ibihugu na za Guverinoma bagaragaje umuhate wa AU mu gukomeza guherekeza abaturage ba RDC muri ibi bihe.”

Kuri uyu wa Gatanu nibwo Urukiko rurinda Itegeko Nshinga rufata umwanzuro ku kirego Martin Fayulu yarugejejeho arusaba gutegeka kongera kubara amajwi. Ni narwo rwemeza niba Tshisekedi koko yaratsinze amatora bidasubirwaho cyangwa niba bisubirwamo.

Biteganyijwe ko uwatsinze amatora azarahira tariki 22 Mutarama uyu mwaka.

Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Abiy Ahmed, (ubanza ku ntebe y’imbere) akurikiye ibiganiro byatangiwe muri iyi nama

Perezida wa Angola, João Lourenço, (wa kabiri uturutse iburyo) ni umwe mu bakuru b’ibihugu bari muri iyi nama

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Tanzania, Augustine Mahiga, ni umwe mu bayitabiriye

Abayobozi batandukanye bari bitabiriye inama yiga ku buryo muri RDC hataba imvururu zishingiye ku matora

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr Richard Sezibera, aganira na mugenzi we wa Tanzania, Augustine Mahiga

2019-01-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Buyoya yavuze ko mu Burundi hashobora kwaduka amacakubiri ashingiye ku moko

Buyoya yavuze ko mu Burundi hashobora kwaduka amacakubiri ashingiye ku moko

Ubwanditsi 03 Dec 2018
Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa

Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa

RUSHYASHYA 27 May 2026
“Nshengurwa n’icyubahiro Kagame ahabwa mu ruhando mpuzamahanga” -Tshisekedi

“Nshengurwa n’icyubahiro Kagame ahabwa mu ruhando mpuzamahanga” -Tshisekedi

Ubwanditsi 31 Mar 2024
Donald Trump yiyeguriye Imana

Donald Trump yiyeguriye Imana

Ubwanditsi 28 Jun 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Muri Emirates na KCC, ‘Visit Rwanda’ yabaye intero ku mukino wa mbere wa Arsenal muri Premier League
INKURU NYAMUKURU

Muri Emirates na KCC, ‘Visit Rwanda’ yabaye intero ku mukino wa mbere wa Arsenal muri Premier League

Ubwanditsi 13 Aug 2018
Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika
Amakuru

Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika

RUSHYASHYA 26 May 2026
Burundi: Zimwe mu mpunzi zari zatahutse zirimo gusubira mu buhungiro
POLITIKI

Burundi: Zimwe mu mpunzi zari zatahutse zirimo gusubira mu buhungiro

Ubwanditsi 13 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru