• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Azafunga Museveni na Mugabe natorerwa kuba Perezida wa USA (Donald Trump)

Azafunga Museveni na Mugabe natorerwa kuba Perezida wa USA (Donald Trump)

Editorial 04 Jan 2016 Mu Rwanda

Donald Trump, umuherwe muri Amerika, akaba arimo no kwiyamamariza kuyobora iki gihugu, yavuze ko aramutse atowe, gahunda afite ari ugufunga Perezida wa Uganda Yoweri Museveni n’uwa Zimbabwe Robert Mugabe.

Donald Trump aravuga ko aba bagabo bombi ngo ari abanyagitugu, bityo asanga bafite gahunda yo gupfira ku butegetsi.

Ubwo yiyamamarizaga i Washington, ari imbere y’abavuye ku rugerero, Donald Trump yashyize Robert Mugabe na Yoweri Museveni kuri gahunda ye ya mbere afite yo guhangana nayo.

Yagize ati “Hari abafite ibitekerezo byo kumva ko bazapfira ku butegetsi, iki nicyo gihe cyabo, ndashaka kubisubiramo ko ntazihanganira ubutegetsi bw’igitugu hirya no hino ku isi, cyane cyane cyane abagabo babiri bakuze, uwa Uganda na Zimbabwe.”

Robert Mugabe wa Zimbawe w’imyaka 91, yagiye ku butegetsi mu mwaka wa 1987, naho Yoweri Museveni wa Uganda ufite imyaka 71 yagiye ku butegetsi mu mwaka wa 1986.

Mu ijambo rya Donald Trump, yakomeje agira ati “Mugabe na Museveni bagomba gushyirwa kuri gahunda ko iminsi yabo ibaze, nzabafunga, niba abayoboye Amerika bararaniwe kubikora njye nzabyikorera.”

Donald Trump yakomeje avuga ko ngo Mugabe na Museveni bahaye isi ibibazo bikomeye, bityo ngo iki nicyo gihe ngo ibi birangire, nk’uko ikinyamakuru spectator.co.ke kibivuga.

-1620.jpg

Donald Trump

-1621.jpg

Perezida Mugabe na Perezida Museveni

Uyu mugabo ubarirwa akayabo k’amadorali miliyari 4, yunzemo ati “Niba Obama yarabatinye, ntabwo njye nzabatinya, niba Clinton na Bush barabatinye, ndetse Papa Francis akaba ashobora kugenda akabapfukama imbere, njye ntabwo nzagera kuri urwo rwego, ntabwo nzaterwa ubwoba, ndabizeza ko nzava hano ibi bibazo bya politike biri hirya no hino ku isi, ngire isi ahantu hari ubutabera.
”
Nubwo Donald Trump avuga ibi, Perezida Yoweri Museveni wa Uganda we aherutse kubwira abatavuga rumwe na we ko atazava ku butegetsi mbere y’umwaka wa 2056 kuko ari bwo bashobora kuzaba bagize ubushobozi bwo kuyobora igihugu

muhabura.rw

2016-01-04
Editorial

IZINDI NKURU

Abandi bantu barindwi bakize Coronavirus, umubare w’abanduye mu Rwanda ugera ku 126

Abandi bantu barindwi bakize Coronavirus, umubare w’abanduye mu Rwanda ugera ku 126

Editorial 13 Apr 2020
Umukandida wa FPR-INKOTANYI ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, asanga demokarasi ari amahitamo arimo ubwisanzure, kandi bushingiye ku budasa bw’ igihugu

Umukandida wa FPR-INKOTANYI ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, asanga demokarasi ari amahitamo arimo ubwisanzure, kandi bushingiye ku budasa bw’ igihugu

Editorial 22 Jun 2024
Jay Polly yakatiwe igifungo cy’amezi atanu

Jay Polly yakatiwe igifungo cy’amezi atanu

Editorial 24 Aug 2018
“Nta gihe ntabwiye Perezida Tshisekedi ko gushinja u Rwanda ibinyoma ari uguhunga inshingano ze nk’Umukuru w’Igihugu”. – Perezida Paul Kagame.

“Nta gihe ntabwiye Perezida Tshisekedi ko gushinja u Rwanda ibinyoma ari uguhunga inshingano ze nk’Umukuru w’Igihugu”. – Perezida Paul Kagame.

Editorial 23 Jun 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

FDLR  igeze mu marembera
Mu Rwanda

FDLR igeze mu marembera

Editorial 16 May 2016
Nyuma yaho Amavubi U23 asezerewe na Mali U23 yageze mu Rwanda, AS Kigali na Kiyovu SC mu makipe yitwaye neza ubwo hakinwaga umunsi wa 7
Amakuru

Nyuma yaho Amavubi U23 asezerewe na Mali U23 yageze mu Rwanda, AS Kigali na Kiyovu SC mu makipe yitwaye neza ubwo hakinwaga umunsi wa 7

Editorial 31 Oct 2022
Amatora y’uzahagararira FPR-Inkotanyi mu matora y’Umukuru w’igihugu ararimbanyije
Mu Rwanda

Amatora y’uzahagararira FPR-Inkotanyi mu matora y’Umukuru w’igihugu ararimbanyije

Editorial 29 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru