• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Bamwe mu byamamare mu Rwanda bakomeje kwishimira intsinzi y’Amavubi

Bamwe mu byamamare mu Rwanda bakomeje kwishimira intsinzi y’Amavubi

Editorial 21 Jan 2016 IMIKINO

Benshi mu byamamare hano mu Rwanda bakomeje kugaragaza ibyishimo batewe n’uko ikipe y’u Rwanda, Amavubi, yatsinze ku mukino wa mbere.

-1873.jpg

Oda Paccy

Bamwe mu bo twaganiriye, badutangarije ko nta na rimwe bari bishima kuva batangira gukunda umupira, abandi bakavuga ko babibonye nko kubonekerwa.

Oda Paccy, umuraperikazi umaze kubaka izina rikomeye hano mu Rwanda ni umwe mu bo twaganiriye. Yemeza ko kuva yatangira gukunda umupira ari ubwa mbere yishimye cyane.

Yagize ati “Kuva umupira wabaho rwose, iri joro ndaranye umunezero pe! Amavubi atangiye irushanwa neza.”

-1874.jpg

Patrick Nyamitali

Patrick Nyamitali, umwe mu baririmbye indirimbo y’iri rushanwa rya CHAN, ntiyari asanzwe akunda umupira. Ariko nk’umwe mu bahanzi baririmbye mu ndirimbo ya CHAN, yagiye gushyigikira ikipe y’Igihugu, areba umupira imbonankubone, ibintu byamunyuze cyane.

Yagize ati “Mbere na mbere nishimiye kureba umupira ndi muri stade amaso ku maso kuko ubusanzwe ntibiri mu kamenyero kanjye guhaguruka ngo ngiye kureba umupira.”

Yakomeje agira ati “Hanyuma rero ikipe y’igihugu cyanjye yatsinze, byanteye ishema cyane. Hanyuma kandi burya iyo wahagurutse ukajya mu mupira ufite ikipe ufana igatsindwa birakubabaza cyane kuruta iyo wari kuba uwurebera kuri televiziyo.”

-1876.jpg

Fazzo Big Producer

Cyiza Fabien uzwi ku izina rya Fazzo Big Producer, nubwo intsinzi y’Amavubi yamushimishije cyane, we asanga igitego kimwe kitari gihagije.

Yagize ati “ Ni byiza cyane ko Amavubi yatsinze, nabyakiriye neza cyane ariko ntibyari bihagije, twagombaga gutsinda nk’ibitego bitatu.”

-1875.jpg

Muyoboke Alex na Charly na Nina

Muyoboke Alex uzwi cyane nk’umujyanama wagiye ufasha abahanzi banyuranye, kuri ubu akaba abereye umujyanama itsinda ry’abakobwa Charly na Nina; kuri we ngo yagize intsinzi ebyiri.

Yagize ati “Mfite intsinzi ebyiri. Abakobwa banjye baririmbye neza n’Amavubi yanjye aratsinda.”

Charly na Nina, Muyoboke abereye umujyanama, bakaba ari bamwe mu bahanzi baririmbye mu birori byo gutangiza umukino wa CHAN.

Kwizera Ayabba Paulin na we yishimiye intsinzi y’Amavubi ariko ku rundi ruhande ababazwa n’uko ikipe ya Cote d’Ivoire afana kuva akiri muto cyane yatsindiwe mu gihugu cye.

M.Fils

2016-01-21
Editorial

IZINDI NKURU

Rayon Sports  izahura na  Enyimba Fc muri 1/4 cya CAF Confederation Cup

Rayon Sports izahura na Enyimba Fc muri 1/4 cya CAF Confederation Cup

Editorial 04 Sep 2018
APR FC yanganyije na Police FC 1-1, abatoza bombi bagaya imisifurire

APR FC yanganyije na Police FC 1-1, abatoza bombi bagaya imisifurire

Editorial 11 Jun 2018
Kiyovu Sports yatsinze umukino ubanza wa 1/8 cy’irangiza mu gikombe cy’Amahoro, APR FC irasura Amagaju

Kiyovu Sports yatsinze umukino ubanza wa 1/8 cy’irangiza mu gikombe cy’Amahoro, APR FC irasura Amagaju

Editorial 05 Apr 2022
AS Kigali yitegura guhagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika, yemerewe na Minisiteri ya Siporo gutangira imyitozo yubahiriza ingamba zo kwirinda Koronavirusi

AS Kigali yitegura guhagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika, yemerewe na Minisiteri ya Siporo gutangira imyitozo yubahiriza ingamba zo kwirinda Koronavirusi

Editorial 02 Aug 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Wa musazi Thomas Nahimana ngo “kuvuga gusa” ntacyo byamugejejeho, none ngo agiye kumena amaraso mu Rwanda
Amakuru

Wa musazi Thomas Nahimana ngo “kuvuga gusa” ntacyo byamugejejeho, none ngo agiye kumena amaraso mu Rwanda

Editorial 25 Aug 2022
RDB yemeje ko ibikorwa by’ubukerarugendo muri Pariki ya Nyungwe bitigeze bihungabana
UBUKERARUGENDO

RDB yemeje ko ibikorwa by’ubukerarugendo muri Pariki ya Nyungwe bitigeze bihungabana

Editorial 22 Dec 2018
Umuhanzi Yves Kana Trezzor yashyize hanze imwe mu ndirimbo izagaragara k’umuzingo w’indirimbo zizagaruka ku rukundo rwe n’umugore we baherutse kubana.
Amakuru

Umuhanzi Yves Kana Trezzor yashyize hanze imwe mu ndirimbo izagaragara k’umuzingo w’indirimbo zizagaruka ku rukundo rwe n’umugore we baherutse kubana.

Editorial 19 May 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru