• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko   |   20 Apr 2026

  • Perezida Kagame yashimiye amakipe afitanye ubufatanye na Visit Rwanda kubwo kugera muri 1/2 cya Champions League   |   16 Apr 2026

  • Diamond aritegura gutaramira i Kigali mu mpeshyi, mu gitaramo yise ‘Retro Tour’   |   15 Apr 2026

  • Amaherezo y’urubanza rwa Agathe Kanziga azaba ayahe? Azapfa adashyikirijwe ubutabera nk’umugabo we?   |   15 Apr 2026

  • Umutindi ku mutima aba arogoye ijambo rya Perezida Kagame mu Kwibuka, ati “Muribuka ibiki harya?”   |   11 Apr 2026

  • Valens Pappy na DC Clement babere Urugero abandi biyita abanyamakuru babaho ubuzima bw’ikinyoma   |   09 Apr 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Bamwe mu byamamare mu Rwanda bakomeje kwishimira intsinzi y’Amavubi

Bamwe mu byamamare mu Rwanda bakomeje kwishimira intsinzi y’Amavubi

Ubwanditsi 21 Jan 2016 IMIKINO

Benshi mu byamamare hano mu Rwanda bakomeje kugaragaza ibyishimo batewe n’uko ikipe y’u Rwanda, Amavubi, yatsinze ku mukino wa mbere.

-1873.jpg

Oda Paccy

Bamwe mu bo twaganiriye, badutangarije ko nta na rimwe bari bishima kuva batangira gukunda umupira, abandi bakavuga ko babibonye nko kubonekerwa.

Oda Paccy, umuraperikazi umaze kubaka izina rikomeye hano mu Rwanda ni umwe mu bo twaganiriye. Yemeza ko kuva yatangira gukunda umupira ari ubwa mbere yishimye cyane.

Yagize ati “Kuva umupira wabaho rwose, iri joro ndaranye umunezero pe! Amavubi atangiye irushanwa neza.”

-1874.jpg

Patrick Nyamitali

Patrick Nyamitali, umwe mu baririmbye indirimbo y’iri rushanwa rya CHAN, ntiyari asanzwe akunda umupira. Ariko nk’umwe mu bahanzi baririmbye mu ndirimbo ya CHAN, yagiye gushyigikira ikipe y’Igihugu, areba umupira imbonankubone, ibintu byamunyuze cyane.

Yagize ati “Mbere na mbere nishimiye kureba umupira ndi muri stade amaso ku maso kuko ubusanzwe ntibiri mu kamenyero kanjye guhaguruka ngo ngiye kureba umupira.”

Yakomeje agira ati “Hanyuma rero ikipe y’igihugu cyanjye yatsinze, byanteye ishema cyane. Hanyuma kandi burya iyo wahagurutse ukajya mu mupira ufite ikipe ufana igatsindwa birakubabaza cyane kuruta iyo wari kuba uwurebera kuri televiziyo.”

-1876.jpg

Fazzo Big Producer

Cyiza Fabien uzwi ku izina rya Fazzo Big Producer, nubwo intsinzi y’Amavubi yamushimishije cyane, we asanga igitego kimwe kitari gihagije.

Yagize ati “ Ni byiza cyane ko Amavubi yatsinze, nabyakiriye neza cyane ariko ntibyari bihagije, twagombaga gutsinda nk’ibitego bitatu.”

-1875.jpg

Muyoboke Alex na Charly na Nina

Muyoboke Alex uzwi cyane nk’umujyanama wagiye ufasha abahanzi banyuranye, kuri ubu akaba abereye umujyanama itsinda ry’abakobwa Charly na Nina; kuri we ngo yagize intsinzi ebyiri.

Yagize ati “Mfite intsinzi ebyiri. Abakobwa banjye baririmbye neza n’Amavubi yanjye aratsinda.”

Charly na Nina, Muyoboke abereye umujyanama, bakaba ari bamwe mu bahanzi baririmbye mu birori byo gutangiza umukino wa CHAN.

Kwizera Ayabba Paulin na we yishimiye intsinzi y’Amavubi ariko ku rundi ruhande ababazwa n’uko ikipe ya Cote d’Ivoire afana kuva akiri muto cyane yatsindiwe mu gihugu cye.

M.Fils

2016-01-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Cecafa: U Rwanda ruracakirana na Tanzania mbere yo kugaruka i Kigali

Cecafa: U Rwanda ruracakirana na Tanzania mbere yo kugaruka i Kigali

Ubwanditsi 09 Dec 2017
Tour du Rwanda: Merhawi Kudus wa ASTANA yegukanye agace Kigali-Huye

Tour du Rwanda: Merhawi Kudus wa ASTANA yegukanye agace Kigali-Huye

Ubwanditsi 25 Feb 2019
APR FC iri mu makipe 10 yemeje kuzakina CECAFA Kagame Cup 2021 izaba muri Kanama muri Tanzaniya

APR FC iri mu makipe 10 yemeje kuzakina CECAFA Kagame Cup 2021 izaba muri Kanama muri Tanzaniya

Ubwanditsi 23 Jul 2021
Mayor Murenzi Abdallah yagarutse muri Komite nshya ya Rayon Sports

Mayor Murenzi Abdallah yagarutse muri Komite nshya ya Rayon Sports

Ubwanditsi 09 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abarwayi ba Coronavirus biyongereyeho babiri bagera ku 104, bane nibo bamaze gukira
HIRYA NO HINO

Abarwayi ba Coronavirus biyongereyeho babiri bagera ku 104, bane nibo bamaze gukira

Ubwanditsi 06 Apr 2020
AMAFOTO: APR FC yegukanye igikombe cya shampiyona 2024-2025, kiba igikombe cya 6 itwaye yikurikiranya
Amakuru

AMAFOTO: APR FC yegukanye igikombe cya shampiyona 2024-2025, kiba igikombe cya 6 itwaye yikurikiranya

Ubwanditsi 29 May 2025
Hakuzimana Abdul Rashid Uzahemba abahembera inzangano n’Amacakubiri mu Banyarwanda Nawe Arakifitemo Ibisigisigi by’Ubupawa bwa MDR na MRND
Amakuru

Hakuzimana Abdul Rashid Uzahemba abahembera inzangano n’Amacakubiri mu Banyarwanda Nawe Arakifitemo Ibisigisigi by’Ubupawa bwa MDR na MRND

Ubwanditsi 24 Aug 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru