• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Bamwe mu byamamare mu Rwanda bakomeje kwishimira intsinzi y’Amavubi

Bamwe mu byamamare mu Rwanda bakomeje kwishimira intsinzi y’Amavubi

Ubwanditsi 21 Jan 2016 IMIKINO

Benshi mu byamamare hano mu Rwanda bakomeje kugaragaza ibyishimo batewe n’uko ikipe y’u Rwanda, Amavubi, yatsinze ku mukino wa mbere.

-1873.jpg

Oda Paccy

Bamwe mu bo twaganiriye, badutangarije ko nta na rimwe bari bishima kuva batangira gukunda umupira, abandi bakavuga ko babibonye nko kubonekerwa.

Oda Paccy, umuraperikazi umaze kubaka izina rikomeye hano mu Rwanda ni umwe mu bo twaganiriye. Yemeza ko kuva yatangira gukunda umupira ari ubwa mbere yishimye cyane.

Yagize ati “Kuva umupira wabaho rwose, iri joro ndaranye umunezero pe! Amavubi atangiye irushanwa neza.”

-1874.jpg

Patrick Nyamitali

Patrick Nyamitali, umwe mu baririmbye indirimbo y’iri rushanwa rya CHAN, ntiyari asanzwe akunda umupira. Ariko nk’umwe mu bahanzi baririmbye mu ndirimbo ya CHAN, yagiye gushyigikira ikipe y’Igihugu, areba umupira imbonankubone, ibintu byamunyuze cyane.

Yagize ati “Mbere na mbere nishimiye kureba umupira ndi muri stade amaso ku maso kuko ubusanzwe ntibiri mu kamenyero kanjye guhaguruka ngo ngiye kureba umupira.”

Yakomeje agira ati “Hanyuma rero ikipe y’igihugu cyanjye yatsinze, byanteye ishema cyane. Hanyuma kandi burya iyo wahagurutse ukajya mu mupira ufite ikipe ufana igatsindwa birakubabaza cyane kuruta iyo wari kuba uwurebera kuri televiziyo.”

-1876.jpg

Fazzo Big Producer

Cyiza Fabien uzwi ku izina rya Fazzo Big Producer, nubwo intsinzi y’Amavubi yamushimishije cyane, we asanga igitego kimwe kitari gihagije.

Yagize ati “ Ni byiza cyane ko Amavubi yatsinze, nabyakiriye neza cyane ariko ntibyari bihagije, twagombaga gutsinda nk’ibitego bitatu.”

-1875.jpg

Muyoboke Alex na Charly na Nina

Muyoboke Alex uzwi cyane nk’umujyanama wagiye ufasha abahanzi banyuranye, kuri ubu akaba abereye umujyanama itsinda ry’abakobwa Charly na Nina; kuri we ngo yagize intsinzi ebyiri.

Yagize ati “Mfite intsinzi ebyiri. Abakobwa banjye baririmbye neza n’Amavubi yanjye aratsinda.”

Charly na Nina, Muyoboke abereye umujyanama, bakaba ari bamwe mu bahanzi baririmbye mu birori byo gutangiza umukino wa CHAN.

Kwizera Ayabba Paulin na we yishimiye intsinzi y’Amavubi ariko ku rundi ruhande ababazwa n’uko ikipe ya Cote d’Ivoire afana kuva akiri muto cyane yatsindiwe mu gihugu cye.

M.Fils

2016-01-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda FERWAFA, ryahakanye ibyitangira rya shampiyona byatangajwe n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika CAF

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda FERWAFA, ryahakanye ibyitangira rya shampiyona byatangajwe n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika CAF

Ubwanditsi 22 Mar 2021
7 Basezerewe, Jimmy Mulisa atangazwa nk’Umutoza uyobora Amavubi, Umutoza Yves asimburwa na Sosthène

7 Basezerewe, Jimmy Mulisa atangazwa nk’Umutoza uyobora Amavubi, Umutoza Yves asimburwa na Sosthène

Ubwanditsi 18 Dec 2024
Nyuma y’imyaka itatu atoza ikipe ya Manchester United, kuri iki cyumweru umutoza Ole Gunnar Solskjær yatandukanye nayo

Nyuma y’imyaka itatu atoza ikipe ya Manchester United, kuri iki cyumweru umutoza Ole Gunnar Solskjær yatandukanye nayo

Ubwanditsi 21 Nov 2021
Nyuma yaho ikipe ya Rayon Sports itsindiye Rutsiro FC, umutoza wayo wungirije Pedro Miguel yasubiye mu gihugu cya Portugal

Nyuma yaho ikipe ya Rayon Sports itsindiye Rutsiro FC, umutoza wayo wungirije Pedro Miguel yasubiye mu gihugu cya Portugal

Ubwanditsi 18 Feb 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Madamu wa Minisitiri w’Intebe wa Etiyopiya yasuye Isange One Stop Centre
Mu Rwanda

Madamu wa Minisitiri w’Intebe wa Etiyopiya yasuye Isange One Stop Centre

Ubwanditsi 29 Apr 2017
Uko Angelo Izama yashimangiye ibisanzwe bizwi ku mugambi udacogora wa Museveni wo kwigarurira u Rwanda
ITOHOZA

Uko Angelo Izama yashimangiye ibisanzwe bizwi ku mugambi udacogora wa Museveni wo kwigarurira u Rwanda

Ubwanditsi 10 Jun 2019
Igikombe cy’Isi 2022: U Rwanda rwisanze mu itsinda rya Uganda na Kenya
IMIKINO

Igikombe cy’Isi 2022: U Rwanda rwisanze mu itsinda rya Uganda na Kenya

Ubwanditsi 22 Jan 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru