• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Ban Ki moon yasabye ibihugu guta muri yombi abakekwaho ibyaha bya Jenoside

Ban Ki moon yasabye ibihugu guta muri yombi abakekwaho ibyaha bya Jenoside

Editorial 07 Apr 2016 Mu Mahanga

Kuva kuri uyu wa Kane tariki ya 7 Mata, u Rwanda rwatangiye icyunamo cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 22, aho Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Ban Ki moon, yasabye ibihugu byo mu karere ndetse n’ibindi bigize uyu muryango gukomeza kongera imbaraga mu guta muri yombi no gushyikiriza ubutabera abakekwaho uruhare muri Jenoside ndetse no gushyira iherezo ku muco wo kudahana.

Ubu, u Rwanda ruri gukurikirana abantu 522 bakekwaho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi bakihishahisha hirya no hino ku Isi, ari nako rukora ibishoboka byose ngo batabwe muri yombi baryozwe ibyo bakoze.

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye avuga kwibukwa ku nshuro ya 22 Jenoside yakorewe Abatutsi, bikwiye kujyana no kuba hafatwa ingamba nshya zatuma ubwo bwicanyi bw’indengakamere butazongera kubaho aho ari ho hose ku Isi. Guha icyubahiro abazize jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda, ngo bivuze gukorana n’ubutabera ndetse no kumva ko buri wese hari ibyo agomba kubazwa.

Kuri we ngo kwemera ibyabaye no kugira umuhate wo gusangira ibikorwa byo kurinda abari mu kaga nibwo buryo bwiza bwatuma jenoside, guhonyora uburenganzira bwa muntu no kutica amategeko mpuzamahanga bitongera kubaho ukundi.

Ban Ki moon, yavuze ko jenoside atari igikorwa kimwe, ko ifata igihe kandi igategurwa. Yatanze urugero ku bimenyetso bigaragaza ko ishobora kubaho birimo imbwirwaruhame zikwirakwiza urwango zivugirwa mu ruhame no mu bitangazamakuru, zibasira abantu mu miryango runaka.

Yakomeje avuga ko ari ngombwa ko za guverinoma, ubutabera n’imiryango itari iya leta, bahagurukira rimwe mu kurwanya izo imvugo zibiba urwango n’abateza amacakubiri n’intambara.

-2613.jpg

Ban Ki moon na Perezida w’u Rwanda Paul Kagame muri Village Urugwiro

Ikindi kandi yavuze ko amateka y’u Rwanda yigisha amasomo akomeye arimo ubwumvikane, ubwiyunge, no kugira ubuntu mu gihe imbaraga z’ikibi zikomeza kugaragara mu miryango. Ati “Reka twite ku biduhuza nk’ikiremwamuntu bidufashe kubaka ubuzima bw’icyubahiro n’umutekano kuri bose.”

Ubwo hibukwaga Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 20, tariki 7 Mata 2014, Ban Ki Moon yari mu Rwanda, aho yavuze ko yababajwe n’ibyo yabonye mu rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi aho bitamworoheye kwihangana maze amarira amubunga mu maso kubera ubukana bw’amarorerwa yiboneye.

Umuryango w’Abibumbye wemeye ko warebereye Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yahitanye inzirakarengane zisaga miliyoni;icyo gihe Boutros Boutros-Ghali uherutse kuva ku Isi niwe wayoboraga Loni, yanaje kwemera ko umuryango yari ayoboye wagize uburangare ntugire icyo ikora ngo Jenoside yakorewe Abatutsi ireke kuba.

Ubwo yaganiraga n’umunyamakuru Karim el Fawal w’ikinyamakuru Capa cyo mu Misiri mu mwaka wa 2001, Boutros yavuze ko yumva atewe ipfunwe no kudatabara abicwaga mu Rwanda.

Yagize ati “ Iyo ntekereje ibyabaye mu Rwanda numva binteye ipfunwe. Nari umwe mu ba mbere bagerageje kubwira isi ibijyanye n’iyo Jenoside, ariko ntacyakozwe kuko ibihigu bitashatse kuyumva. Gutabaza kwanjye ntacyo byagezeho.”

2016-04-07
Editorial

IZINDI NKURU

Mu mvugo yuje icyizere, Perezida Tshisekedi yashimye amasezerano y’amahoro yasinywe n’u Rwanda na Congo muri Amerika

Mu mvugo yuje icyizere, Perezida Tshisekedi yashimye amasezerano y’amahoro yasinywe n’u Rwanda na Congo muri Amerika

Editorial 01 Jul 2025
AMAFOTO – Manchester United ndetse na Arsenal zo mu Bwongereza ziri mu makipe yageze mu mikino ya ½ cya Europa League.

AMAFOTO – Manchester United ndetse na Arsenal zo mu Bwongereza ziri mu makipe yageze mu mikino ya ½ cya Europa League.

Editorial 16 Apr 2021
Charles N. Lambert yatangije urugamba rwo kubaho bwa kabiri kwa Afurika

Charles N. Lambert yatangije urugamba rwo kubaho bwa kabiri kwa Afurika

Editorial 26 Apr 2021
Nyuma y’ibuyera n’ifatwa rye, Ruharwa Fulgence Kayishema ashobora kwisanga mu nzira igana Arusha

Nyuma y’ibuyera n’ifatwa rye, Ruharwa Fulgence Kayishema ashobora kwisanga mu nzira igana Arusha

Editorial 16 Aug 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kutumvikana na Minisitiri w’Intebe byatumye uwari ushinzwe gahunda ya ‘Brexit’ asezera
HIRYA NO HINO

Kutumvikana na Minisitiri w’Intebe byatumye uwari ushinzwe gahunda ya ‘Brexit’ asezera

Editorial 09 Jul 2018
Abaturage ba RDC baburiye Perezida wabo kutarenza igihe ntarengwa
Mu Rwanda

Abaturage ba RDC baburiye Perezida wabo kutarenza igihe ntarengwa

Editorial 20 Oct 2016
Dr. Kabera Callixte na Ngarambe Raphael bayoboye abakandida bifuza kuyobora ishyirahamwe ry’umukino w’intoki wa Volleyball mu Rwanda FRVB.
Amakuru

Dr. Kabera Callixte na Ngarambe Raphael bayoboye abakandida bifuza kuyobora ishyirahamwe ry’umukino w’intoki wa Volleyball mu Rwanda FRVB.

Editorial 19 May 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru