• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ukuri kutigeze kuvugwa muri Kongo: Umukuru w’Inteko Nshingamategeko ashinje Perezida Tshisekedi gusahura umutungo kamere w’igihugu

Ukuri kutigeze kuvugwa muri Kongo: Umukuru w’Inteko Nshingamategeko ashinje Perezida Tshisekedi gusahura umutungo kamere w’igihugu

Ubwanditsi 05 Dec 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Amagambo akarishye Perezida w’Inteko Nshingamategeko ya Kongo, Vital Kamerhe yavugiye mu nteko rusange y’abadepite, aje kuvuguruza ibirego ubutegetsi bw’icyo gihugu bwakomeje kugereka ku Rwanda, burushinja gucuruza amabuye y’agaciro rucukura rwihishwa muri Kongo.

Denise Nyakeru umugore wa Perezida TshisekediChristian Tshisekedi, murumuna wa Perezida Tshisekedi naho Anthony Tshisekedi, umuhungu wa Perezida Tshisekedi

Ibyo birego benshi mu Bakongomani babimize bunguri, ndetse na bimwe mu bihugu byemera bidasesenguye ko koko ubukungu bw’u Rwanda buzamuka kubera ibisahurano byo muri Kongo.

Ni bake cyane bibajije impamvu abo Bakongomani bo batagira n’urwara rwo kwishima, kandi bavuga ko Imana yabahundagajeho umutungo kamere abandi batagira!

Burya rero ikinyoma kirihuta, ariko ukuri kuratinda nyamara amaherezo kugatsinda. Biba ari ikibazo cy’igihe gusa.

Isaha y’ukuri rero yageze, maze Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko atanga mu ruhame ibimenetso byerekana ko ibilombe by’amabuye y’agaciro bitabarika, mu bice binyuranye bya Kongo, bicukurwa na Perezida Félix Tshisekedi, n’ikimenyimenyi bikaba bicungirwa umutekano n’ingabo zishinzwe kurinda Umukuru w’Igihugu.

Vital Kamerhe yatanze ingero, aho agira ati:” Iyo ufashe umuhanda Bunia-Kisangani ugenda ubona ibilombe byitirirwa Abashinwa n’ abanya Somalia, nyamara ni ukujijisha kuko birindwa n’abashinzwe umutekano wa Perezida wa Repubulika. Iyo urebye ibibera muri Haut Katanga na Lualaba byo ukubitwa n’inkuba…kugeza n’ubwo abajenerali [ inkoramitima za Tshisekedi] batanga impushya zo gucukura amabuye y’agaciro”.

Ibivugwa na Vital Kamerhe birashimangira ubuhamya bwasohotse mu kinyamakuru” La Libre Belgique” cyo kuwa 08/11/2024, aho amashyirahamwe atatu ashinja umugore wa Tshisekedi, Madamu Nyakeru Denise, kwigarurira ibilombe byahoze ari ibya sosiyete “GECAMINES” muri Katanga na Lualaba, afatanyije na sosiyete ya baringa y’Abashinwa. Ibyo bilombe ngo bifite agaciro k’ amamiliyoni atabarika y’amadolari.

Umutaripfana akaba n’umunyamakuru uzwiho ubucukumbuzi bwibitse kuri politiki ya Kongo, Claude Pero Luwara, abinyujije ku murongo we wa YouTube, CPL TV, na we yahishuye ko umuhungu wa Perezida Tshisekedi witwa Anthony Tshisekedi, ndetse n’umuvandimwe wa Perezida, Christian Tshisekedi, ubu aribo bacukura ibilombe hafi ya byose byo mu ntara ya Katanga na Lualaba.

Ubwo buhamya kandi buvuga ko umuryango wa Tshisekedi ariwo wari warabohoje ibilombe bya Lubaya bikungahaye kuri zahabu na coltan, ubwo ubutegetsi bwari bumaze kubyambura umushoramari Edouard Mwangacucu, bumubeshyera ko akorana n’umutwe wa M23. Mu mezi make ashize uwo mutwe waje kwirukana Tshisekedi aho i Lubaya, ubu ukaba ari wo ugenzura ibilombe byaho.

Abakurikiranira hafi ibya Kongo rero barahamya ko ukuri Kamerhe ahishuye kugiye kwatsa undi muriro hagati ye na Tshiseke, n’ubundi basanzwe babana bacengana. Murabyibuka, ubwo Tshisekedi yagirwaga Perezida wa Kongo muw’2018, yari yasezeranyije Kamerhe ko azamureka nawe akaba Perezida wa Repubulika muri manda ya 2. Aho kubahiriza isezerano, Tshisekedi yihutiye gufunga Kamerhe, amurega kunyereza amamiliyari ya Leta yari agenewe imishinga yihutirwa, yo mu minsi 100 ya mbere y’ubutegetsi bwa Tshisekedi.

Nubwo Vital Kamerhe yaje kugirwa umwere, inzika ntiyashize. Abamuba hafi bemeza ko, mu rwego rwo kwihimura, nawe ibyo azi byose byakwerekana ubujura bwa Tshisekedi atabihisha.

Icyiza ni uko uko kuri kuzatuma Abakongomani bahumuka, bakamenya umwanzi nyawe w’igihugu cyabo, aho guhora bashakisha uko begereka ibibazo byabo bwite ku Rwanda.

2024-12-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

URwanda rwashyizwe mu bihugu 20 ku Isi byarushije ibindi gufata ingamba zihamye mu guhangana n’Icyorezo cya COVID 19, Abazinenga ni za nyangabirama zibura icyo zituka Inka ngo dore igicebe cyayo.

URwanda rwashyizwe mu bihugu 20 ku Isi byarushije ibindi gufata ingamba zihamye mu guhangana n’Icyorezo cya COVID 19, Abazinenga ni za nyangabirama zibura icyo zituka Inka ngo dore igicebe cyayo.

Ubwanditsi 17 Aug 2020
Ibiganiro bihuza Abarundi bigomba gupfundikirwa bitarenze Ukwakira 2018

Ibiganiro bihuza Abarundi bigomba gupfundikirwa bitarenze Ukwakira 2018

Ubwanditsi 16 Oct 2018
Iperereza rya Loni ryagaragaje ko mu Burundi hagikorwa ibyaha byibasira inyokomuntu

Iperereza rya Loni ryagaragaje ko mu Burundi hagikorwa ibyaha byibasira inyokomuntu

Ubwanditsi 06 Sep 2018
Polisi y’u Rwanda na TI Rwanda batangije ubukangurambaga bukangurira abaturage guharanira guhabwa serivisi nziza

Polisi y’u Rwanda na TI Rwanda batangije ubukangurambaga bukangurira abaturage guharanira guhabwa serivisi nziza

Ubwanditsi 31 Dec 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunyarwandakazi Annie Tabura wakoreraga MTN-Uganda uherutse kwirukanwa muri Uganda yahishuye uko byamugendekeye
INKURU NYAMUKURU

Umunyarwandakazi Annie Tabura wakoreraga MTN-Uganda uherutse kwirukanwa muri Uganda yahishuye uko byamugendekeye

Ubwanditsi 03 Feb 2019
Minisitiri w’intebe wa Australia yasabye Papa Francis kwirukana Musenyeri wahishiriye uwasambanyije abana
POLITIKI

Minisitiri w’intebe wa Australia yasabye Papa Francis kwirukana Musenyeri wahishiriye uwasambanyije abana

Ubwanditsi 19 Jul 2018
Umuheto woshya umwambi bitazajyana, rimwe mu masomo intambara yo muri Ukraine ikwiye gusigira abizezwa inkunga mu guhungabanya umutekano w’u Rwanda!
Amakuru

Umuheto woshya umwambi bitazajyana, rimwe mu masomo intambara yo muri Ukraine ikwiye gusigira abizezwa inkunga mu guhungabanya umutekano w’u Rwanda!

Ubwanditsi 03 Mar 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru