• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ukuri kutigeze kuvugwa muri Kongo: Umukuru w’Inteko Nshingamategeko ashinje Perezida Tshisekedi gusahura umutungo kamere w’igihugu

Ukuri kutigeze kuvugwa muri Kongo: Umukuru w’Inteko Nshingamategeko ashinje Perezida Tshisekedi gusahura umutungo kamere w’igihugu

Ubwanditsi 05 Dec 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Amagambo akarishye Perezida w’Inteko Nshingamategeko ya Kongo, Vital Kamerhe yavugiye mu nteko rusange y’abadepite, aje kuvuguruza ibirego ubutegetsi bw’icyo gihugu bwakomeje kugereka ku Rwanda, burushinja gucuruza amabuye y’agaciro rucukura rwihishwa muri Kongo.

Denise Nyakeru umugore wa Perezida TshisekediChristian Tshisekedi, murumuna wa Perezida Tshisekedi naho Anthony Tshisekedi, umuhungu wa Perezida Tshisekedi

Ibyo birego benshi mu Bakongomani babimize bunguri, ndetse na bimwe mu bihugu byemera bidasesenguye ko koko ubukungu bw’u Rwanda buzamuka kubera ibisahurano byo muri Kongo.

Ni bake cyane bibajije impamvu abo Bakongomani bo batagira n’urwara rwo kwishima, kandi bavuga ko Imana yabahundagajeho umutungo kamere abandi batagira!

Burya rero ikinyoma kirihuta, ariko ukuri kuratinda nyamara amaherezo kugatsinda. Biba ari ikibazo cy’igihe gusa.

Isaha y’ukuri rero yageze, maze Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko atanga mu ruhame ibimenetso byerekana ko ibilombe by’amabuye y’agaciro bitabarika, mu bice binyuranye bya Kongo, bicukurwa na Perezida Félix Tshisekedi, n’ikimenyimenyi bikaba bicungirwa umutekano n’ingabo zishinzwe kurinda Umukuru w’Igihugu.

Vital Kamerhe yatanze ingero, aho agira ati:” Iyo ufashe umuhanda Bunia-Kisangani ugenda ubona ibilombe byitirirwa Abashinwa n’ abanya Somalia, nyamara ni ukujijisha kuko birindwa n’abashinzwe umutekano wa Perezida wa Repubulika. Iyo urebye ibibera muri Haut Katanga na Lualaba byo ukubitwa n’inkuba…kugeza n’ubwo abajenerali [ inkoramitima za Tshisekedi] batanga impushya zo gucukura amabuye y’agaciro”.

Ibivugwa na Vital Kamerhe birashimangira ubuhamya bwasohotse mu kinyamakuru” La Libre Belgique” cyo kuwa 08/11/2024, aho amashyirahamwe atatu ashinja umugore wa Tshisekedi, Madamu Nyakeru Denise, kwigarurira ibilombe byahoze ari ibya sosiyete “GECAMINES” muri Katanga na Lualaba, afatanyije na sosiyete ya baringa y’Abashinwa. Ibyo bilombe ngo bifite agaciro k’ amamiliyoni atabarika y’amadolari.

Umutaripfana akaba n’umunyamakuru uzwiho ubucukumbuzi bwibitse kuri politiki ya Kongo, Claude Pero Luwara, abinyujije ku murongo we wa YouTube, CPL TV, na we yahishuye ko umuhungu wa Perezida Tshisekedi witwa Anthony Tshisekedi, ndetse n’umuvandimwe wa Perezida, Christian Tshisekedi, ubu aribo bacukura ibilombe hafi ya byose byo mu ntara ya Katanga na Lualaba.

Ubwo buhamya kandi buvuga ko umuryango wa Tshisekedi ariwo wari warabohoje ibilombe bya Lubaya bikungahaye kuri zahabu na coltan, ubwo ubutegetsi bwari bumaze kubyambura umushoramari Edouard Mwangacucu, bumubeshyera ko akorana n’umutwe wa M23. Mu mezi make ashize uwo mutwe waje kwirukana Tshisekedi aho i Lubaya, ubu ukaba ari wo ugenzura ibilombe byaho.

Abakurikiranira hafi ibya Kongo rero barahamya ko ukuri Kamerhe ahishuye kugiye kwatsa undi muriro hagati ye na Tshiseke, n’ubundi basanzwe babana bacengana. Murabyibuka, ubwo Tshisekedi yagirwaga Perezida wa Kongo muw’2018, yari yasezeranyije Kamerhe ko azamureka nawe akaba Perezida wa Repubulika muri manda ya 2. Aho kubahiriza isezerano, Tshisekedi yihutiye gufunga Kamerhe, amurega kunyereza amamiliyari ya Leta yari agenewe imishinga yihutirwa, yo mu minsi 100 ya mbere y’ubutegetsi bwa Tshisekedi.

Nubwo Vital Kamerhe yaje kugirwa umwere, inzika ntiyashize. Abamuba hafi bemeza ko, mu rwego rwo kwihimura, nawe ibyo azi byose byakwerekana ubujura bwa Tshisekedi atabihisha.

Icyiza ni uko uko kuri kuzatuma Abakongomani bahumuka, bakamenya umwanzi nyawe w’igihugu cyabo, aho guhora bashakisha uko begereka ibibazo byabo bwite ku Rwanda.

2024-12-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida  Kagame yakomoje ku ishimutwa ry’abanyarwanda muri Uganda

Perezida Kagame yakomoje ku ishimutwa ry’abanyarwanda muri Uganda

Ubwanditsi 17 Dec 2018
Guhindura no kugoreka amateka ntibizabahanaguraho ibyaha

Guhindura no kugoreka amateka ntibizabahanaguraho ibyaha

Ubwanditsi 17 Oct 2022
DRC: Hagati ya Tshisekedi na Kabila ishyamba si ryeru

DRC: Hagati ya Tshisekedi na Kabila ishyamba si ryeru

Ubwanditsi 12 Nov 2019
Uganda: Haravugwa itabwa muri yombi ry’uwagize uruhare mu iyicwa rya AIGP Andrew Kaweesi

Uganda: Haravugwa itabwa muri yombi ry’uwagize uruhare mu iyicwa rya AIGP Andrew Kaweesi

Ubwanditsi 31 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Buholandi : Umujenosideri Yvonne Basebya yitabye Imana mu buryo butunguranye
ITOHOZA

U Buholandi : Umujenosideri Yvonne Basebya yitabye Imana mu buryo butunguranye

Ubwanditsi 27 Feb 2016
Kanyankore Yaounde atsinzwe umukino we wambere nk’umutoza wa APR FC
IMIKINO

Kanyankore Yaounde atsinzwe umukino we wambere nk’umutoza wa APR FC

Ubwanditsi 08 Aug 2016
Ibintu 10 utazi kuri Commonwealth ije i Kigali
INKURU NYAMUKURU

Ibintu 10 utazi kuri Commonwealth ije i Kigali

Ubwanditsi 21 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru