• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Champions League: FC Barcelone yasezereye Man Utd iyinyagiye, Juventus ikurwamo na Ajax (Amafoto)

Champions League: FC Barcelone yasezereye Man Utd iyinyagiye, Juventus ikurwamo na Ajax (Amafoto)

Ubwanditsi 17 Apr 2019 IMIKINO

Ibitego bibiri bya Lionel Messi n’icya Philippe Coutinho byashyize iherezo ku rugendo rwa Manchester United muri UEFA Champions League uyu mwaka, isezererwa na FC Barcelone ku bitego 4-0 mu mikino yombi. Juventus de Turin ikinamo Cristiano Ronaldo yo yasezerewe na Ajax yo mu Buholandi yayitsindiye mu rugo ibitego 2-1.

Iyi yari imikino yombi yo kwishyura muri ¼ cy’iri rushanwa rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo ku mugane w’u Burayi. FC Barcelone yari yakiriye uyu mukino, yagaruye abakinnyi bayo bose nyuma yo kubaruhutsa mu mukino wa shampiyona banganyijemo na Huesca ubusa ku busa ku wa Gatandatu.

Manchester United yari ifite amakuru meza yigaruka rya Alexis Sànchez wari ugiye guhura n’ikipe yanyuzemo ndetse na Nemanja Matić wari umaze iminsi afite imvune. Aba bombi babanje ku ntebe y’abasimbura muri uyu mukino wabereye kuri Camp Nou.

Umukino wo kuri uyu wa Kabiri watangiye Manchester United igerageza gukina neza, ikihagararaho cyane mu bwugarizi, aho umutoza wayo Ole Gunnar Solskjaer yahisemo gukoresha Phil Jones, Chris Smalling, Victor Lindelof na Ashley Young mu bwugarizi kuko yari adafite myugariro w’ibumoso Luke Shaw ufite amakarita abiri y’umuhondo.

Marcus Rashford yahushije uburyo bwabonetse mu masegonda ya mbere, bwari guha icyizere gikomeye iyi kipe yomu Bwongereza, yari yatsindiwe iwayo igitego 1-0 mu mukino ubanza, ariko umupira yateye ufata umutambiko w’izamu ukomeza hejuru. Uyu rutahizamu ukiri muto yateye undi mupira udakomeye ufatwa n’umunyezamu Marc- André Ter Stegen.

Ku makosa ya Ashley Young na Fred, FC Barcelone yafunguye amazamu ku munota wa 16 w’umukino, igitego cyatsinzwe na Lionel Messi ku mupira yatereye inyuma gato y’urubuga rw’amahina, ugenda hasi, umunyezamu David De Gea ntiyabasha kuwugarura.

Nyuma y’iminota ine gusa, Messi yongeye guhindukiza Fred na Jones, atera ishoti ridakomeye cyane, umunyezamu David De Gea aryamiye umupira umuca mu kwaha, ukomeza mu izamu. Messi yaherukaga gutsinda igitego muri ¼ mu 2013 atsinda Paris Saint Germain.

Kugeza ku munota wa 20, inzozi z’abongereza zo kuba bakora amateka nk’ayabereye i Paris cyangwa ibyo bakoreye kuri iki kibuga mu 1999, zari zimaze gushyirwaho akadomo.

FC Barcelone yakomeje gushaka ibindi bitego, ibona uburyo burimo umupira w’umuterekano watewe na Lionel Messi, ushyizweho umutwe na Rakitić ufatwa na De Gea. Messi yakabaye yatsinze igitego cya gatatu mbere y’uko amakipe yombi ajya kuruhuka, ariko umunyezamu n’abakinnyi ba United birwanaho mu buryo bukomeye, bakuraho umupira.

Philippe Coutinho yatsindiye Barcelone igitego cya gatatu ku munota wa 61, ku ishoti yatereye muri metero nka 25 ubwo yari ahawe umupira na Jordi Alba. Mu minota yari isigaye y’umukino, Manchester United yakoze impinduka ishyiramo Diogo Dalot, Romelu Lukaku na Alexis Sànchez mu mwanya wa Anthony Martial, Marcus Rashford na Jesse Lingard ariko ntacyo byahinduye ku mukino.

FC Barcelone yaherukaga muri ½ mu 2015 yakomeje itsinze ibitego 3-0 bikaba 4-0 mu mikino yombi, aho itegereje ikipe iza kurokoka hagati ya FC Porto na Liverpool kuri uyu wa Gatatu. Liverpool yari yatsinze ibitego 2-0 mu mukino ubanza wabereye mu Bwongereza.

Undi mukino wa ¼ waraye ubaye, Cristiano Ronaldo yasezerewe muri UEFA Champions League bwa mbere mu myaka ine, ubwo ikipe ye Juventus yatsindirwaga mu rugo na Ajax ibitego 2-1 mu gihe umukino ubanza wari warangiye amakipe yombi anganyije igitego 1-1.

N’ubwo Cristiano Ronaldo yari yatsindiye Juventus ku munota wa 28, Ajax yishyuriwe na Donny van de Beek ku munota wa 34, ku wa 67 Matthijs de Ligt atsinda igitego cyashyize mu gahinda abataliyani .

Muri ½ Ajax izahura n’ikipe ikomeza hagati ya Manchester City na Tottenham Hotspur. Umukino ubanza wahuje aya makipe yombi yo mu Bwongereza warangiye Tottenham itsinzeMan City igitego 1-0.

Philippe Coutinho yatsinze igitego cya gatatu ku ishoti rikomeye

David De Gea ntiyabahashije kugarura umupira watewe na Lionel Messi ku gitego cya kabiri

De Gea yashinjwe kugira uruhare mu gitego cya kabiri

Fred yananiwe guhagarika Messi ku gitego cya mbere

Lionel Messi yatsinze ibitego bibiri bimufasha kuzuza ibitego 110 mu mikino 133 akina UEFA Champions League

Marcus Rashford yahushije igitego mu minota ya mbere y’umukino

Messi atsinda igitego cya kabiri

Nyuma yo gusezerera Real Madrid, Ajax yakomeje gukora amateka muri Champions League ikurikizaho Juventus

Rakitic akinira nabi Pogba mu gice cya mbere cy’umukino

Messi na Coutinho bishimira igitego cya mbere

Cristiano Ronaldo yari yabanje gufungura amazamu ya Ajax muri uyu mukino

Ku myaka 19, Matthijs de Ligt yababaje Juventus imbere y’abafana bayo

Ronaldo yababajwe no kubona ikipe ye itsindirwa mu rugo

Van de Beek ashimirwa na bagenzi be nyuma yo kwishyurira Ajax
Src : IGIHE.COM

2019-04-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ikipe ya As Muhanga yirukanye umutoza wayo Nduwantare Ismael kubera umusaruro muke.

Ikipe ya As Muhanga yirukanye umutoza wayo Nduwantare Ismael kubera umusaruro muke.

Ubwanditsi 13 May 2021
Champions League: Tottenham yasezerewe, RB Leipzig na Atalanta zibimburira izindi muri ¼

Champions League: Tottenham yasezerewe, RB Leipzig na Atalanta zibimburira izindi muri ¼

Ubwanditsi 11 Mar 2020
Umutoza wungirije wa APR FC Pablo Morchón Yamaze Kuhasesekara

Umutoza wungirije wa APR FC Pablo Morchón Yamaze Kuhasesekara

Ubwanditsi 16 Aug 2020
#TdRwanda: Umunyamerika yabahize i Rusizi, Ndayisenga agumana umuhondo

#TdRwanda: Umunyamerika yabahize i Rusizi, Ndayisenga agumana umuhondo

Ubwanditsi 16 Nov 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rwatangiye neza rutsinda Liban mu mikino wo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026
Amakuru

U Rwanda rwatangiye neza rutsinda Liban mu mikino wo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026

Ubwanditsi 19 Aug 2024
The Ben agiye gukora ibitaramo bidasanzwe mu Rwanda, aho kwinjira bizaba ari ubuntu
IMIKINO

The Ben agiye gukora ibitaramo bidasanzwe mu Rwanda, aho kwinjira bizaba ari ubuntu

Ubwanditsi 27 Jan 2017
Apple na Google zigiye gukora porogaramu ya telefoni yifashishwa mu gutahura uwanduye Coronavirus
IKORANABUHANGA

Apple na Google zigiye gukora porogaramu ya telefoni yifashishwa mu gutahura uwanduye Coronavirus

Ubwanditsi 13 Apr 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru