• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Champions League: FC Barcelone yasezereye Man Utd iyinyagiye, Juventus ikurwamo na Ajax (Amafoto)

Champions League: FC Barcelone yasezereye Man Utd iyinyagiye, Juventus ikurwamo na Ajax (Amafoto)

Ubwanditsi 17 Apr 2019 IMIKINO

Ibitego bibiri bya Lionel Messi n’icya Philippe Coutinho byashyize iherezo ku rugendo rwa Manchester United muri UEFA Champions League uyu mwaka, isezererwa na FC Barcelone ku bitego 4-0 mu mikino yombi. Juventus de Turin ikinamo Cristiano Ronaldo yo yasezerewe na Ajax yo mu Buholandi yayitsindiye mu rugo ibitego 2-1.

Iyi yari imikino yombi yo kwishyura muri ¼ cy’iri rushanwa rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo ku mugane w’u Burayi. FC Barcelone yari yakiriye uyu mukino, yagaruye abakinnyi bayo bose nyuma yo kubaruhutsa mu mukino wa shampiyona banganyijemo na Huesca ubusa ku busa ku wa Gatandatu.

Manchester United yari ifite amakuru meza yigaruka rya Alexis Sànchez wari ugiye guhura n’ikipe yanyuzemo ndetse na Nemanja Matić wari umaze iminsi afite imvune. Aba bombi babanje ku ntebe y’abasimbura muri uyu mukino wabereye kuri Camp Nou.

Umukino wo kuri uyu wa Kabiri watangiye Manchester United igerageza gukina neza, ikihagararaho cyane mu bwugarizi, aho umutoza wayo Ole Gunnar Solskjaer yahisemo gukoresha Phil Jones, Chris Smalling, Victor Lindelof na Ashley Young mu bwugarizi kuko yari adafite myugariro w’ibumoso Luke Shaw ufite amakarita abiri y’umuhondo.

Marcus Rashford yahushije uburyo bwabonetse mu masegonda ya mbere, bwari guha icyizere gikomeye iyi kipe yomu Bwongereza, yari yatsindiwe iwayo igitego 1-0 mu mukino ubanza, ariko umupira yateye ufata umutambiko w’izamu ukomeza hejuru. Uyu rutahizamu ukiri muto yateye undi mupira udakomeye ufatwa n’umunyezamu Marc- André Ter Stegen.

Ku makosa ya Ashley Young na Fred, FC Barcelone yafunguye amazamu ku munota wa 16 w’umukino, igitego cyatsinzwe na Lionel Messi ku mupira yatereye inyuma gato y’urubuga rw’amahina, ugenda hasi, umunyezamu David De Gea ntiyabasha kuwugarura.

Nyuma y’iminota ine gusa, Messi yongeye guhindukiza Fred na Jones, atera ishoti ridakomeye cyane, umunyezamu David De Gea aryamiye umupira umuca mu kwaha, ukomeza mu izamu. Messi yaherukaga gutsinda igitego muri ¼ mu 2013 atsinda Paris Saint Germain.

Kugeza ku munota wa 20, inzozi z’abongereza zo kuba bakora amateka nk’ayabereye i Paris cyangwa ibyo bakoreye kuri iki kibuga mu 1999, zari zimaze gushyirwaho akadomo.

FC Barcelone yakomeje gushaka ibindi bitego, ibona uburyo burimo umupira w’umuterekano watewe na Lionel Messi, ushyizweho umutwe na Rakitić ufatwa na De Gea. Messi yakabaye yatsinze igitego cya gatatu mbere y’uko amakipe yombi ajya kuruhuka, ariko umunyezamu n’abakinnyi ba United birwanaho mu buryo bukomeye, bakuraho umupira.

Philippe Coutinho yatsindiye Barcelone igitego cya gatatu ku munota wa 61, ku ishoti yatereye muri metero nka 25 ubwo yari ahawe umupira na Jordi Alba. Mu minota yari isigaye y’umukino, Manchester United yakoze impinduka ishyiramo Diogo Dalot, Romelu Lukaku na Alexis Sànchez mu mwanya wa Anthony Martial, Marcus Rashford na Jesse Lingard ariko ntacyo byahinduye ku mukino.

FC Barcelone yaherukaga muri ½ mu 2015 yakomeje itsinze ibitego 3-0 bikaba 4-0 mu mikino yombi, aho itegereje ikipe iza kurokoka hagati ya FC Porto na Liverpool kuri uyu wa Gatatu. Liverpool yari yatsinze ibitego 2-0 mu mukino ubanza wabereye mu Bwongereza.

Undi mukino wa ¼ waraye ubaye, Cristiano Ronaldo yasezerewe muri UEFA Champions League bwa mbere mu myaka ine, ubwo ikipe ye Juventus yatsindirwaga mu rugo na Ajax ibitego 2-1 mu gihe umukino ubanza wari warangiye amakipe yombi anganyije igitego 1-1.

N’ubwo Cristiano Ronaldo yari yatsindiye Juventus ku munota wa 28, Ajax yishyuriwe na Donny van de Beek ku munota wa 34, ku wa 67 Matthijs de Ligt atsinda igitego cyashyize mu gahinda abataliyani .

Muri ½ Ajax izahura n’ikipe ikomeza hagati ya Manchester City na Tottenham Hotspur. Umukino ubanza wahuje aya makipe yombi yo mu Bwongereza warangiye Tottenham itsinzeMan City igitego 1-0.

Philippe Coutinho yatsinze igitego cya gatatu ku ishoti rikomeye

David De Gea ntiyabahashije kugarura umupira watewe na Lionel Messi ku gitego cya kabiri

De Gea yashinjwe kugira uruhare mu gitego cya kabiri

Fred yananiwe guhagarika Messi ku gitego cya mbere

Lionel Messi yatsinze ibitego bibiri bimufasha kuzuza ibitego 110 mu mikino 133 akina UEFA Champions League

Marcus Rashford yahushije igitego mu minota ya mbere y’umukino

Messi atsinda igitego cya kabiri

Nyuma yo gusezerera Real Madrid, Ajax yakomeje gukora amateka muri Champions League ikurikizaho Juventus

Rakitic akinira nabi Pogba mu gice cya mbere cy’umukino

Messi na Coutinho bishimira igitego cya mbere

Cristiano Ronaldo yari yabanje gufungura amazamu ya Ajax muri uyu mukino

Ku myaka 19, Matthijs de Ligt yababaje Juventus imbere y’abafana bayo

Ronaldo yababajwe no kubona ikipe ye itsindirwa mu rugo

Van de Beek ashimirwa na bagenzi be nyuma yo kwishyurira Ajax
Src : IGIHE.COM

2019-04-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda n’ikipe ya Bayern Munich yo mu Budage bongereye amasezerano y’ubufatanye azageza 2028

U Rwanda n’ikipe ya Bayern Munich yo mu Budage bongereye amasezerano y’ubufatanye azageza 2028

Ubwanditsi 08 Aug 2025
Mushikiwabo yagarutse ku myitwarire igomba kuranga Abanyarwanda mu gihe cya CHAN

Mushikiwabo yagarutse ku myitwarire igomba kuranga Abanyarwanda mu gihe cya CHAN

Ubwanditsi 11 Jan 2016
Muri Belgique: Umuhanzi Janvier Gakunzi ni umwe mu mubahesheje ishema u Rwanda

Muri Belgique: Umuhanzi Janvier Gakunzi ni umwe mu mubahesheje ishema u Rwanda

Ubwanditsi 17 Dec 2016
Ubusambanyi bwa Wema Sepetu na Kalisah bwatumye nyirakuru yiyahura

Ubusambanyi bwa Wema Sepetu na Kalisah bwatumye nyirakuru yiyahura

Ubwanditsi 02 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko  Moise Katumbi yafashije Kabila kugera ku butegetsi n’uko yahemukiwe nyuma
POLITIKI

Uko Moise Katumbi yafashije Kabila kugera ku butegetsi n’uko yahemukiwe nyuma

Ubwanditsi 18 Apr 2019
Urugiye kera ruhinyuza intwari : Perezida Mugabe yeguye nyuma y’imyaka 37 ku butegetsi
HIRYA NO HINO

Urugiye kera ruhinyuza intwari : Perezida Mugabe yeguye nyuma y’imyaka 37 ku butegetsi

Ubwanditsi 21 Nov 2017
Padiri Mudahinyuka waririmbye “u Rwanda rw’ejo” yatabarutse
Mu Rwanda

Padiri Mudahinyuka waririmbye “u Rwanda rw’ejo” yatabarutse

Ubwanditsi 27 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru