• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Champions League: FC Barcelone yasezereye Man Utd iyinyagiye, Juventus ikurwamo na Ajax (Amafoto)

Champions League: FC Barcelone yasezereye Man Utd iyinyagiye, Juventus ikurwamo na Ajax (Amafoto)

Ubwanditsi 17 Apr 2019 IMIKINO

Ibitego bibiri bya Lionel Messi n’icya Philippe Coutinho byashyize iherezo ku rugendo rwa Manchester United muri UEFA Champions League uyu mwaka, isezererwa na FC Barcelone ku bitego 4-0 mu mikino yombi. Juventus de Turin ikinamo Cristiano Ronaldo yo yasezerewe na Ajax yo mu Buholandi yayitsindiye mu rugo ibitego 2-1.

Iyi yari imikino yombi yo kwishyura muri ¼ cy’iri rushanwa rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo ku mugane w’u Burayi. FC Barcelone yari yakiriye uyu mukino, yagaruye abakinnyi bayo bose nyuma yo kubaruhutsa mu mukino wa shampiyona banganyijemo na Huesca ubusa ku busa ku wa Gatandatu.

Manchester United yari ifite amakuru meza yigaruka rya Alexis Sànchez wari ugiye guhura n’ikipe yanyuzemo ndetse na Nemanja Matić wari umaze iminsi afite imvune. Aba bombi babanje ku ntebe y’abasimbura muri uyu mukino wabereye kuri Camp Nou.

Umukino wo kuri uyu wa Kabiri watangiye Manchester United igerageza gukina neza, ikihagararaho cyane mu bwugarizi, aho umutoza wayo Ole Gunnar Solskjaer yahisemo gukoresha Phil Jones, Chris Smalling, Victor Lindelof na Ashley Young mu bwugarizi kuko yari adafite myugariro w’ibumoso Luke Shaw ufite amakarita abiri y’umuhondo.

Marcus Rashford yahushije uburyo bwabonetse mu masegonda ya mbere, bwari guha icyizere gikomeye iyi kipe yomu Bwongereza, yari yatsindiwe iwayo igitego 1-0 mu mukino ubanza, ariko umupira yateye ufata umutambiko w’izamu ukomeza hejuru. Uyu rutahizamu ukiri muto yateye undi mupira udakomeye ufatwa n’umunyezamu Marc- André Ter Stegen.

Ku makosa ya Ashley Young na Fred, FC Barcelone yafunguye amazamu ku munota wa 16 w’umukino, igitego cyatsinzwe na Lionel Messi ku mupira yatereye inyuma gato y’urubuga rw’amahina, ugenda hasi, umunyezamu David De Gea ntiyabasha kuwugarura.

Nyuma y’iminota ine gusa, Messi yongeye guhindukiza Fred na Jones, atera ishoti ridakomeye cyane, umunyezamu David De Gea aryamiye umupira umuca mu kwaha, ukomeza mu izamu. Messi yaherukaga gutsinda igitego muri ¼ mu 2013 atsinda Paris Saint Germain.

Kugeza ku munota wa 20, inzozi z’abongereza zo kuba bakora amateka nk’ayabereye i Paris cyangwa ibyo bakoreye kuri iki kibuga mu 1999, zari zimaze gushyirwaho akadomo.

FC Barcelone yakomeje gushaka ibindi bitego, ibona uburyo burimo umupira w’umuterekano watewe na Lionel Messi, ushyizweho umutwe na Rakitić ufatwa na De Gea. Messi yakabaye yatsinze igitego cya gatatu mbere y’uko amakipe yombi ajya kuruhuka, ariko umunyezamu n’abakinnyi ba United birwanaho mu buryo bukomeye, bakuraho umupira.

Philippe Coutinho yatsindiye Barcelone igitego cya gatatu ku munota wa 61, ku ishoti yatereye muri metero nka 25 ubwo yari ahawe umupira na Jordi Alba. Mu minota yari isigaye y’umukino, Manchester United yakoze impinduka ishyiramo Diogo Dalot, Romelu Lukaku na Alexis Sànchez mu mwanya wa Anthony Martial, Marcus Rashford na Jesse Lingard ariko ntacyo byahinduye ku mukino.

FC Barcelone yaherukaga muri ½ mu 2015 yakomeje itsinze ibitego 3-0 bikaba 4-0 mu mikino yombi, aho itegereje ikipe iza kurokoka hagati ya FC Porto na Liverpool kuri uyu wa Gatatu. Liverpool yari yatsinze ibitego 2-0 mu mukino ubanza wabereye mu Bwongereza.

Undi mukino wa ¼ waraye ubaye, Cristiano Ronaldo yasezerewe muri UEFA Champions League bwa mbere mu myaka ine, ubwo ikipe ye Juventus yatsindirwaga mu rugo na Ajax ibitego 2-1 mu gihe umukino ubanza wari warangiye amakipe yombi anganyije igitego 1-1.

N’ubwo Cristiano Ronaldo yari yatsindiye Juventus ku munota wa 28, Ajax yishyuriwe na Donny van de Beek ku munota wa 34, ku wa 67 Matthijs de Ligt atsinda igitego cyashyize mu gahinda abataliyani .

Muri ½ Ajax izahura n’ikipe ikomeza hagati ya Manchester City na Tottenham Hotspur. Umukino ubanza wahuje aya makipe yombi yo mu Bwongereza warangiye Tottenham itsinzeMan City igitego 1-0.

Philippe Coutinho yatsinze igitego cya gatatu ku ishoti rikomeye

David De Gea ntiyabahashije kugarura umupira watewe na Lionel Messi ku gitego cya kabiri

De Gea yashinjwe kugira uruhare mu gitego cya kabiri

Fred yananiwe guhagarika Messi ku gitego cya mbere

Lionel Messi yatsinze ibitego bibiri bimufasha kuzuza ibitego 110 mu mikino 133 akina UEFA Champions League

Marcus Rashford yahushije igitego mu minota ya mbere y’umukino

Messi atsinda igitego cya kabiri

Nyuma yo gusezerera Real Madrid, Ajax yakomeje gukora amateka muri Champions League ikurikizaho Juventus

Rakitic akinira nabi Pogba mu gice cya mbere cy’umukino

Messi na Coutinho bishimira igitego cya mbere

Cristiano Ronaldo yari yabanje gufungura amazamu ya Ajax muri uyu mukino

Ku myaka 19, Matthijs de Ligt yababaje Juventus imbere y’abafana bayo

Ronaldo yababajwe no kubona ikipe ye itsindirwa mu rugo

Van de Beek ashimirwa na bagenzi be nyuma yo kwishyurira Ajax
Src : IGIHE.COM

2019-04-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umuyobozi mukuru wungirije muri RDB, Nelly Mukazayire yahuye n’umuyobozi wa PSG Nasser Al-Khelaifi mu kwishimira umubano w’impande zombi

Umuyobozi mukuru wungirije muri RDB, Nelly Mukazayire yahuye n’umuyobozi wa PSG Nasser Al-Khelaifi mu kwishimira umubano w’impande zombi

Ubwanditsi 01 Jun 2023
Degaule mu baziyamamariza kuyobora FERWAFA

Degaule mu baziyamamariza kuyobora FERWAFA

Ubwanditsi 12 Dec 2017
FERWACY yatangaje amatariki azaberaho isiganwa ry’amagare rizenguruka igihugu rizwi nka “Tour du Rwanda”

FERWACY yatangaje amatariki azaberaho isiganwa ry’amagare rizenguruka igihugu rizwi nka “Tour du Rwanda”

Ubwanditsi 05 Oct 2022
Nyuma yo kuyobora itsinda mu mukino wo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026, Amavubi yakiranywe ibyishimo

Nyuma yo kuyobora itsinda mu mukino wo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026, Amavubi yakiranywe ibyishimo

Ubwanditsi 13 Jun 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kiziba : Impunzi 23 z’Abanye-Congo zatawe muri yombi
INKURU NYAMUKURU

Kiziba : Impunzi 23 z’Abanye-Congo zatawe muri yombi

Ubwanditsi 02 May 2018
Kuri uyu wa Kabiri  muri Amerika haratangira urubanza k’Umugogo  wa Kigeli, humvwa Abatangabuhamya
ITOHOZA

Kuri uyu wa Kabiri muri Amerika haratangira urubanza k’Umugogo wa Kigeli, humvwa Abatangabuhamya

Ubwanditsi 02 Jan 2017
Gukumira ibyaha mu Ntara y’Amajyaruguru: Abayobozi b’inzego z’ibanze basabwe guhanahana amakuru ku gihe
Mu Mahanga

Gukumira ibyaha mu Ntara y’Amajyaruguru: Abayobozi b’inzego z’ibanze basabwe guhanahana amakuru ku gihe

Ubwanditsi 11 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru